Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 27:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Hanyuma Dawudi aza kwibwira ati «Ibyo ari byo byose, umunsi umwe Sawuli azanyica nta kabuza. Nta kindi nakora, atari uko nahungira mu gihugu cy’Abafilisiti. Bityo, Sawuli ntazongera kunshaka mu gihugu cyose cya Israheli kandi nzaboneraho kurokoka ikiganza cye.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Hanyuma Dawidi yibwira mu mutima we ati “Nta kibuza, hariho umunsi Sawuli azanyica. Nta nama iruta ko ncikira mu gihugu cy'Abafilisitiya, byatuma Sawuli arambirwa kongera kunshakira ku nkiko za Isirayeli zose. Uko ni ko nzamucika nkamukira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nyuma y'ibyo Dawidi aribwira ati: “Umunsi umwe Sawuli azanyica. Icyiza ni uko nahungira mu gihugu cy'Abafilisiti. Nindenga umupaka w'Abisiraheli bizaca Sawuli intege ye gukomeza kunkurikirana, bityo mbe mukize.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nyuma y'ibyo Dawidi aribwira ati: “Umunsi umwe Sawuli azanyica. Icyiza ni uko nahungira mu gihugu cy'Abafilisiti. Nindenga umupaka w'Abisiraheli bizaca Sawuli intege ye gukomeza kunkurikirana, bityo mbe mukize.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 27:1
29 Iomraidhean Croise  

Yerobowamu aribwira, ati «Uko mbona ibintu biteye, ubwami bushobora kuzasubira mu nzu ya Dawudi.


Umwami Yerobowamu yigira inama akora amashusho abiri y’inyana za zahabu, abwira abantu, ati «Mwakabije kuzamuka i Yeruzalemu! None rero, Israheli, ngizi imana zawe zagukuye mu gihugu cya Misiri.»


Eliya abyumvise arahaguruka, agenda agira ngo akize amagara ye. Agera i Berisheba ho muri Yuda, maze ahasiga umugaragu we.


Amasiya, umwami wa Yuda, yigira inama maze yohereza intumwa kuri Yowasi mwene Yowakazi, mwene Yehu, umwami wa Israheli, kumubwira ziti «Ngwino turwane!»


Nuko ndavuga nti «Iyaba nari mfite amababa nk’ay’inuma, kugira ngo nigurukire, nshake aho mpungira.


Nta bwo twari twarakubwiriye mu Misiri tuti ’Tureke tube abagaragu b’Abanyamisiri, kuko ikiruta ari uko twaba abagaragu b’Abanyamisiri, aho kugwa mu butayu?’»


Iyo umutima utabonye icyo wifuza urarwara, wakibona, kikawubera nk’igiti cy’ubuzima.


Ni jyewe, ni jye ubwanjye ubahumuriza: ni iki cyatuma utinya uwagenewe gupfa, mwene muntu, umeze nk’icyatsi?


Ni kuki Uhoraho atujyanye muri kiriya gihugu ngo tuzaharimburirwe n’inkota? Abagore bacu n’abana bacu bazabanyaga. Ese ikiruta kuri twebwe si uko twakwisubirira mu Misiri?»


Ako kanya Yezu arambura ukuboko, aramusingira, ati «Wa mwemera gato we, ni iki cyatumye ushidikanya?»


Hanyuma arababwira ati «Icyabateye ubwo bwoba ni iki? Mbese ntimuragira ukwemera?»


Mu by’ukuri, kuva twagera muri Masedoniya, nta gahenge twigeze tugira, ahubwo twahuye n’ingorane zitabarika, ari intambara zo hanze, ari n’inkeke zo ku mutima.


Uhoraho abwira Samweli, ati «Uzakomeza kuririra Sawuli kugeza ryari, kandi nanjye ubwanjye naramuzinutswe, akaba atazongera kuba umwami wa Israheli? Uzuza amavuta ihembe ryawe maze ugende! Nkohereje kwa Yese w’i Betelehemu, kuko nabonye umwami nshaka mu bahungu be.»


Samweli afata ihembe ry’amavuta, amusigira hagati y’abavandimwe be, maze umwuka w’Imana wuzura muri Dawudi guhera uwo munsi. Samweli akomeza urugendo agana i Rama.


Dawudi agerekaho indahiro, ati «So azi neza ko turi incuti, bigatuma atekereza, ati ’Yonatani nta cyo akwiye kumenya, kugira ngo atababara.’ Ariko ndagatuma utabaho, nkurahiye Uhoraho ko urupfu rundi bugufi.»


Umuhanuzi Gadi aza kubwira Dawudi, ati «Wiguma mu buhungiro bwawe, ahubwo genda, ujye mu gihugu cya Yuda.» Nuko Dawudi arahava, ajya mu ishyamba ry’i Hereti.


Aramubwira ati «Humura! Ikiganza cya data Sawuli ntigiteze kugushyikira. Ni wowe uzategeka Israheli, naho jyewe nkazakungiriza, ndetse na data Sawuli arabizi neza.»


Igihe Uhoraho azakuzurizamo ibyiza byose yakuvuzeho, azakugira umutware wa Israheli.


None rero, Nyagasani, mutegetsi wanjye, ndakwinginze ngo utege amatwi umugaragu wawe. Niba ari Uhoraho wakunteje, niyakire impumuro y’igitambo; ariko niba ari abantu bakunteza, nibavumwe imbere y’Uhoraho, kubera ko banciye kandi bakampeza ku murage w’Uhoraho bambwira ngo ’Genda, ujye gukorera izindi mana.’


Abatware b’Abafilisiti bagendaga imbere y’ingabo zabo, uko zari zigabanyijwe mu mitwe y’abantu amagana n’ibihumbi, naho Dawudi n’ingabo ze bakabakurikira bari kumwe na Akishi.


Abatware b’Abafilisiti baravuga bati «Abo Bahebureyi se kandi bo ni ab’iki?» Akishi arabasubiza ati «Uyu ni we Dawudi, umugaragu wa Sawuli, umwami wa Israheli! Tumaranye imyaka igera kuri ibiri kandi nta kibi namubonyeho kugeza uyu munsi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan