Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 26:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Dawudi ni ko kubaza Ahimeleki w’Umuhiti na Abishayi mwene Seruya, umuvandimwe wa Yowabu, ati «Ni nde ushaka ko tujyana mu ngando ya Sawuli?» Abishayi aramusubiza ati «Turajyana.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Maze Dawidi aterura amagambo, abaza Ahimeleki w'Umuheti na Abishayi mwene Seruya murumuna wa Yowabu ati “Ni nde turi bujyane aho Sawuli agerereje?” Abishayi aravuga ati “Ni jye turi bujyane.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Dawidi abaza Ahimeleki w'Umuheti, na Abishayi mukuru wa Yowabu mwene Seruya ati: “Ni nde turi bumanukane tukajyana aho Sawuli n'ingabo ze baraye?” Abishayi aramusubiza ati: “Ni jye turi bujyane.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Dawidi abaza Ahimeleki w'Umuheti, na Abishayi mukuru wa Yowabu mwene Seruya ati: “Ni nde turi bumanukane tukajyana aho Sawuli n'ingabo ze baraye?” Abishayi aramusubiza ati: “Ni jye turi bujyane.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 26:6
22 Iomraidhean Croise  

Kanahani yabyaye Sidoni imfura ye, abyara na Heti.


Abaheti, Abaperezi, Abarefayimu,


Hanyuma arahaguruka, ava ku murambo we ngo ajye kumvikana na bene Heti.


Ezawu amaze imyaka mirongo ine, arongora Yudita umukobwa wa Beri w’Umuheti, arongora na Basemata mwene Eloni w’Umuheti na we.


Ni nde wishe Abimeleki mwene Yerubehali? Nta bwo ari umugore wamuteye ingasire, ari hejuru y’inkike y’umugi agapfa atyo aguye i Tebesi? Ni kuki mwasatiriye cyane inkike?’ uzamusubize uti ’Umugaragu wawe Uriya na we yapfuye.’»


Nuko abanyamiheto barasira abagaragu bawe hejuru y’inkike y’umugi, hapfa abantu benshi mu bagaragu b’umwami, ndetse n’umugaragu wawe Uriya w’Umuhiti na we yarapfuye.»


Dawudi aherako atuma kuri Yowabu, ati «Nyoherereza Uriya w’Umuhiti.» Yowabu rero yohereza Uriya kwa Dawudi.


Ni iki cyatumye usuzugura ijambo ry’Uhoraho, ugakora ibitamushimisha? Wicishije inkota Uriya w’Umuhiti, ufata umugore we umugira uwawe, naho we umwicisha inkota y’Abahamoni.


Umwami ategeka Yowabu, Abishayi na Itayi, ati «Mumbabarire, mwitondere uwo mwana Abusalomu!» Imbaga yose yumva iryo tegeko umwami ahaye abatware bose, ku byerekeye Abusalomu.


Yowabu mwene Seruya n’abagaragu ba Dawudi, na bo barasohoka. Nuko bahurira ku kidendezi cy’i Gibewoni, baca ingando bamwe hakurya abandi hakuno y’icyo kidendezi.


Aho kandi hakaba abahungu batatu ba Seruya, ari bo Yowabu, Abishayi na Asaheli. Uwo Asaheli akagira akarenge kabuhiriye, boshye ingeragere yo mu gasozi.


Abishayi, murumuna wa Yowabu, mwene Seruya, yategekaga abitwa «Ba Mirongo Itatu b’imena».» Yakaraze icumu rye yica abantu magana atatu icyarimwe, bituma aba ikirangirire muri za Ntwari mirongo itatu.


Elifeleti mwene Ahasibayi w’i Betimaka, Eliyamu mwene Ahitofeli w’i Gilo,


na Uriya w’Umuhiti. Bose bakaba mirongo itatu na barindwi.


Barihaga amasikeli magana atandatu ya feza ku igare rimwe ryavaga mu Musuri, n’ijana na mirongo itanu ku ifarasi imwe. Ni na byo biciro byatangwaga n’abami bose b’Abaheti n’ab’Aramu babigura n’abacuruzi babibazaniye.


Koko rero, Uhoraho yari yateje Abaramu kumva urusaku rw’amagare, urw’amafarasi n’urw’ingabo nyinshi, noneho Abaramu barabwirana bati «Umwami wa Israheli yaguriye abami b’Abaheti n’abami ba Misiri kugira ngo badutere.»


Nuko Yozuwe aravuga ati «Ibi ni byo muzamenyeraho ko Imana Nyir’ubuzima iri muri mwe, kandi ko izamenesha mubyirebera Umukanahani, Umuheti, Umuhivi, Umuperezi, Umugirigashi, Umuhemori, Umuyebuzi:


Dawudi na Abishayi baragenda, bagera muri za ngabo nijoro. Sawuli yari aryamye kandi asinziriye hagati yazo, icumu rye rishinze ku butaka hafi y’umusego we. Abuneri n’ingabo ze na bo baryamye bamukikije.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan