Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 26:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 None rero, Nyagasani, mutegetsi wanjye, ndakwinginze ngo utege amatwi umugaragu wawe. Niba ari Uhoraho wakunteje, niyakire impumuro y’igitambo; ariko niba ari abantu bakunteza, nibavumwe imbere y’Uhoraho, kubera ko banciye kandi bakampeza ku murage w’Uhoraho bambwira ngo ’Genda, ujye gukorera izindi mana.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 None ndakwinginze Nyagasani Mwami, umva amagambo y'umugaragu wawe. Niba Uwiteka ari we wakunterereje, niyemere igitambo. Kandi niba ari abantu nibavumirwe imbere y'Uwiteka, kuko ubu banciye ngo ndafatana na gakondo y'Uwiteka, bakavuga ngo ningende nkorere izindi mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 None nyagasani, wumve icyo nkubwira. Niba Uhoraho ari we wakunteje, nzamuha ituro ryo kwiyunga na we, ariko niba ari abantu bakunteje Uhoraho abavume. Banciye mu gihugu cy'Uhoraho bagira ngo njye aho ndamya izindi mana,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 None nyagasani, wumve icyo nkubwira. Niba Uhoraho ari we wakunteje, nzamuha ituro ryo kwiyunga na we, ariko niba ari abantu bakunteje Uhoraho abavume. Banciye mu gihugu cy'Uhoraho bagira ngo njye aho ndamya izindi mana,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 26:19
32 Iomraidhean Croise  

Nuko Yuda aramwegera, maze aravuga ati «Nyamuneka, shobuja, ndakwinginze ngo wemerere umugaragu wawe agire icyo abwira databuja. Wirakarira umugaragu wawe, n’ubwo uri nka Farawo ubwe.


Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


wenda azakora icyo umuja we yamusabye, amukize umuntu washakaga kumuvutsa ku murage w’Imana, kimwe n’umuhungu wanjye.’


Umwami aravuga ati «Mpuriye he namwe, bene Seruya? Niba amvuma kandi akaba ari Uhoraho wamubwiye ati ’Genda uvume Dawudi’, ni nde wakubahuka kumubwira ati ’Kuki ukora ibyo ngibyo?’»


Dawudi abwira Abishayi n’abagaragu be bose, ati «Niba umuhungu wanjye, uwo nibyariye, ashaka kunyica, uriya Mubenyamini we ntiyagombye kurushaho? Nimumureke avumane, niba Uhoraho yabimubwiye.


Uyu mugi wacu si wo munyamahoro kandi w’indahemuka mu yindi yose ya Israheli? Naho wowe, urashaka kuwurimbura, kandi ari umurwa mukuru muri Israheli! Urashakira iki koreka umurage w’Uhoraho?»


Dawudi abaza Abagibewoni, ati «Nabagenzereza nte, cyangwa se ni ku buhe buryo nabigororaho, kugira ngo muvuge neza umurage w’Uhoraho?»


Uhoraho yongera kurakarira Abayisraheli, maze abateza Dawudi, ati «Genda ubarure Israheli na Yuda.»


Iramusubiza iti ’Nzagenda mpinduke umwuka w’ibinyoma mu kanwa k’abahanuzi be bose.’ Uhoraho arayibwira ati ’Uzamushukashuke, kandi uzabishobora, genda ugenze utyo.’


Sekibi atera Israheli, yoshya Dawudi kubarura Abayisraheli.


Mbega ibyago ngira byo gutura mu banyamahanga, no gutura rwagati mu bagome!


Aribuke amaturo yawe yose, ashime igitambo cyawe gitwikwa!


Ntuzasebye umugaragu kuri shebuja, hato atazakuvuma bikakokama.


Nuko uzabirebe maze unezerwe, umutima wawe wisimbize, utaratswe n’ibyishimo, kuko ari wowe bazazanira ubukire bwo hakurya y’inyanja, n’umutungo w’amahanga ukazataha iwawe.


Imigi yanyu nzayizimya, amasengero yanyu nzayangize, noye kuzongera guhumurirwa n’imibavu yanyu ukundi.


Bityo buri Muyisraheli azagumana umunani wo mu nzu yo kwa se, hoye kugira umunani uva mu muryango ngo ujye mu wundi.


Nta munani uzashobora kuva mu muryango ngo ujye mu wundi, ahubwo buri muryango w’Abayisraheli uzagumana umunani wawo.»


Niba rero umuvandimwe wawe atewe agahinda n’icyo uriye, ntuba ukigengwa n’urukundo. Irinde kugira icyo urya cyagusha uwo Kristu yapfiriye.


Mbese abo babatera guhagarika umutima, bakwishahuye bakamaraho!


maze icyo kimenyetso cyangwa icyo gitangaza yari yakubwiye kikaba koko– nuko akakoshya agira ati «Reka tuyoboke imana zindi, tuzisenge», imana utigeze umenya,


Alegisanderi w’umucuzi yangiriye nabi cyane; Nyagasani azamwitura ibihwanye n’ibikorwa bye.


Bukeye, umwuka mubi uturutse ku Mana ufata Sawuli, atangira gusaragurika mu nzu ye. Ubwo Dawudi akaba aracuranga inanga ye, nk’uko yabigenzaga mu yindi minsi, naho Sawuli afite icumu rye mu ntoki.


Hanyuma Dawudi asohoka mu buvumo, ahamagara Sawuli, ati «Mwami, Mutegetsi wanjye!» Sawuli ngo akebuke inyuma, Dawudi arunama kugeza ku butaka, aramupfukamira.


Agwa ku birenge bye maze aramubwira ati «Mutegetsi wanjye, iki cyaha kibe ari jye kibarwaho! Ndakwinginze ngo utege amatwi umuja wawe, wumve ugutakamba kwe.


Hanyuma Dawudi aza kwibwira ati «Ibyo ari byo byose, umunsi umwe Sawuli azanyica nta kabuza. Nta kindi nakora, atari uko nahungira mu gihugu cy’Abafilisiti. Bityo, Sawuli ntazongera kunshaka mu gihugu cyose cya Israheli kandi nzaboneraho kurokoka ikiganza cye.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan