Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 26:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Dawudi aravuga ati «Ndahiye Uhoraho ko ari we ubwe uzamwiyicira igihe cye nikigera, cyangwa se yazajya mu ntambara akayigwamo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Dawidi aravuga ati “Nk'uko Uwiteka ahoraho, Uwiteka ni we uzamwiyicira cyangwa igihe cye cyo gutanga kizasohora, cyangwa se azamanuka ajya mu ntambara ayigwemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Ndahiye Uhoraho, Uhoraho azabe ari we umwiyicira, yapfa igihe cye kigeze cyangwa akagwa ku rugamba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Ndahiye Uhoraho, Uhoraho azabe ari we umwiyicira, yapfa igihe cye kigeze cyangwa akagwa ku rugamba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 26:10
23 Iomraidhean Croise  

Israheli yumvise ko igihe cye cyo gupfa kigeze, ahamagara umwana we Yozefu, aramubwira ati «Niba unkunda koko, shyira ikiganza cyawe mu nsi y’ikibero cyanjye, ungirire ubuntu n’ubudahemuka, unsezeranire ko utazampamba mu Misiri.


— ariko se, iyo umuntu yapfuye, yakongera kubaho? — nzihangana mu minsi nkiri ku gihe, kugeza ubwo hazaza unkura.


Ubwo rero iminsi ye ibaze, ukaba uzi amezi azamara ariho, kandi waramugeneye igihe ntarengwa,


Hano ku isi, kubaho k’umuntu ni nko kurwana intambara, kandi ubuzima bwe nta ho butaniye n’ubw’umucancuro.


Hasigaye igihe gito, maze umugiranabi akavaho; uzamushakira aho yari atuye, usange atakiharangwa.


Ariko Nyagasani aramugaya, kuko aba aruzi umunsi we wegereje.


yabituye ububisha bwabo, maze abarimbuza ubugome bwabo, Uhoraho, Imana yacu, arabatsemba!


Hari igihe cyo kubyara, n’igihe cyo gupfa; hari igihe cyo gutera urugemwe, n’igihe cyo kururandura;


Imana se ni Yo yarangarana intore zayo, ntizirengere kandi ziyitakambira amanywa n’ijoro?


Ntimukihorere ubwanyu, nkoramutima zanjye, ahubwo muhe akanya uburakari bw’Imana nk’uko byanditswe ngo «Kumara inzigo ni ibyanjye, ni jye uzatanga inyiturano», uwo ari Nyagasani ubivuga.


Nuko Uhoraho abwira Musa, ati «Dore igihe cyawe cyo gupfa kiregereje. None hamagara Yozuwe, mujyane ku ihema ry’ibonaniro, maze muhe amabwiriza yanjye.» Musa na Yozuwe baragenda, bahagarara ku ihema ry’ibonaniro.


Kumara inzigo no gutanga inyiturano ni jye nyirabyo, nkabizigamira igihe ibirenge byabo bizateshuka inzira; koko rero umunsi w’ibyago uri bugufi, ibihano byabateganyirijwe ntibigitinze.»


Ntituyobewe, Uwavuze ati «Uguhora ni ukwanjye; ni jye kandi utanga ibihembo», akongera ati «Nyagasani azacira urubanza umuryango we.»


Nk’uko kandi umuntu wese yagenewe gupfa rimwe rizima, nyuma agacirwa urubanza,


Kubera ibyo, ibyorezo byawugenewe bizawugwirira umunsi umwe : urupfu, icyunamo, n’inzara kandi uzasenywe n’umuriro, kuko Nyagasani Imana, ari Nyirububasha, akaba yawuciriye urubanza.»


Itegereze, Mubyeyi wanjye! Reba aka gatambaro ko ku gishura cyawe mfite mu ntoki zanjye. Ubwo nashoboye gukeba agatambaro ku gishura cyawe kandi sinkwice, umenyereho ko nta bubi bundimo cyangwa ubwigomeke, kandi ko nta cyo nagucumuyeho. Ahubwo ni wowe umpiga kugira ngo uncuze ubugingo bwanjye.


Mbese uwo umwami wa Israheli yiruka inyuma ni nde? Uwo ahiga ni nde? Ariruka inyuma y’imbwa yapfuye cyangwa se ni inyuma y’imbaragasa!


Nyamara, mutegetsi wanjye, ndahiye Uhoraho nawe ubwawe, ko ari Uhoraho ubwe wakubujije kumena amaraso no kwihorera n’ikiganza cyawe. Ndetse abanzi bawe n’abandi bose bashaka kugirira nabi umutegetsi wanjye, na bo barakaba nka Nabali!


Hashize iminsi igera ku icumi, Uhoraho akubita Nabali arapfa.


Dawudi aza kumenya ko Nabali yapfuye, aravuga ati «Haragasingizwa Uhoraho wamburaniye mu bitutsi byose Nabali yantukaga, kandi akabuza umugaragu we kugira nabi, none Uhoraho akaba yituye Nabali inabi ye.» Dawudi atuma kuri Abigayila, kumubaza ko ashobora kumubera umugore.


Ni ko kubwira umutwaje intwaro, ati «Kura inkota yawe maze unsogote, hato bariya bantu batagenywe bataza kunsogota, bakanankiniraho.» Ariko uwo mugaragu we aranga kuko yari afite ubwoba bwinshi. Nuko Sawuli afata inkota ayishitaho.


Sawuli n’abahungu be batatu, uwamutwazaga intwaro ndetse n’ingabo ze zose, bapfira icyarimwe uwo munsi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan