Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 24:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Itegereze, Mubyeyi wanjye! Reba aka gatambaro ko ku gishura cyawe mfite mu ntoki zanjye. Ubwo nashoboye gukeba agatambaro ku gishura cyawe kandi sinkwice, umenyereho ko nta bubi bundimo cyangwa ubwigomeke, kandi ko nta cyo nagucumuyeho. Ahubwo ni wowe umpiga kugira ngo uncuze ubugingo bwanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Kandi data, dore n'ikinyita cy'umwambaro wawe, ndagifite mu ntoki, ubwo nageshe ikinyita cy'umwambaro wawe sinkwice. Nuko umenye kandi urebe ko nta kibi cyangwa ubugome bindiho, kandi sinagucumuyeho nubwo uhigira ubugingo bwanjye kubukuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Uhoraho abe ari we uducira urubanza kandi azampōrere, icyakora jyewe nta cyo nzagutwara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Uhoraho abe ari we uducira urubanza kandi azampōrere, icyakora jyewe nta cyo nzagutwara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 24:12
17 Iomraidhean Croise  

Nuko Sarayi abwira Abramu, ati «Ni wowe utera aka gasuzuguro ngirirwa! Ni jye waguhaye umuja wanjye. None aho amariye kubona atwite, sinkigira agaciro kuri we. Ngaho Uhoraho naducire urubanza twembi!»


Imana ya Abrahamu, ikaba n’Imana ya Nahori, iratubere umucamanza!» — Kwari ukurahiza Imana y’abasekuruza babo — Naho Yakobo arahiza Imana, Umubyeyi wa se Izaki.


Iyi Mana yamporeye abanzi banjye, yatumye abanyamahanga, bampfukamira.


Asohoka abasanganira, nuko arababwira ati «Niba muzanywe n’amahoro mukaba muje kuntabara, ndabakirana umutima wanjye wose; ariko niba muzanywe no kungambanira ku banzi banjye, kandi nta bugome nigeze, Imana y’abasokuruza bacu ibirebe kandi ibacire urubanza!»


Iyaba ari jyewe, nakwisunga Imana, ngatakambira Uhoraho.


Iri mu zo bitirira Dawudi. Uhoraho, nawe shinja ibyaha ababindega, urwanye abihaye kundwanya.


Mana yanjye, ndenganura, unkiranure n’inyoko y’abagomeramana; maze unkize abahendanyi n’abagome.


Uhoraho, Mana ihora inzigo, Mana ihora inzigo, igaragaze!


Ntimukihorere ubwanyu, nkoramutima zanjye, ahubwo muhe akanya uburakari bw’Imana nk’uko byanditswe ngo «Kumara inzigo ni ibyanjye, ni jye uzatanga inyiturano», uwo ari Nyagasani ubivuga.


agatukwa, ariko ntasubize igitutsi, mu bubabare bwe ntagire uwo akangara, ahubwo akiragiza umucamanza w’intabera;


Bavugaga mu ijwi riranguruye, bati «Nyagasani, Nyirubutagatifu na Nyirukuri, uzahereza he kudacira urubanza abatuye isi no guhorera amaraso bamennye?»


Ku bwanjye ndabona ntaragucumuyeho, ahubwo ari wowe ungirira nabi, ukandwanya. Uhoraho ni we mucamanza, akiranure Abayisraheli n’Abahamoni.»


Nuko Dawudi ahunga ava i Nayoti h’i Rama. Araza abaza Yonatani, ati «Nakoze iki, ikosa ryanjye ni irihe cyangwa se nacumuye iki kuri so, kugira ngo abe ashaka kunyambura ubuzima?»


Mbese uwo umwami wa Israheli yiruka inyuma ni nde? Uwo ahiga ni nde? Ariruka inyuma y’imbwa yapfuye cyangwa se ni inyuma y’imbaragasa!


Uhoraho azitura buri wese akurikije ubutungane bwe n’umurava we. Ni we wakugabije ibiganza byanjye uyu munsi, ariko nanze gukoza ikiganza cyanjye ku uwo Uhoraho yiyimikiye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan