Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 24:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Uyu munsi wa none, wiboneye neza ko Uhoraho yakweguriye ibiganza byanjye, igihe wari mu buvumo. Ariko nanze kukwica nakubabariye, kandi ubwo bambwiraga kukwica, navuze nti ’Sinzakoza ikiganza cyanjye ku Mutegetsi wanjye, kuko ari uwasizwe amavuta w’Uhoraho.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Aho ntiwirebeye ko Uwiteka yari agutanze mu maboko yanjye uyu munsi, ubwo wari uri mu buvumo? Ndetse hariho abambwiye kukwica ariko ndakubabarira, ndavuga nti ‘Sindi burambure ukuboko kwanjye kuri databuja, kuko ari we Uwiteka yimikishije amavuta.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Mubyeyi, itegereze aka gatambaro mfite mu ntoki, nagakebye ku mwitero wawe. Ubwo nagakebye sinkwice, umenye kandi wemere ko ntashaka kukugirira nabi cyangwa kukwigomekaho. Sinigeze ngucumuraho, ahubwo wowe wirirwa umpīga kugira ngo unyice.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Mubyeyi, itegereze aka gatambaro mfite mu ntoki, nagakebye ku mwitero wawe. Ubwo nagakebye sinkwice, umenye kandi wemere ko ntashaka kukugirira nabi cyangwa kukwigomekaho. Sinigeze ngucumuraho, ahubwo wowe wirirwa umpīga kugira ngo unyice.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 24:11
22 Iomraidhean Croise  

Dawudi aramubaza ati «Wabitewe n’iki rero, kugira ngo ube utatinye kurambura ikiganza cyawe, ukica uwo Uhoraho yasize amavuta y’ubwami?»


Abagaragu baramusanga, bamubwira bati «Mubyeyi! Iyaba umuhanuzi yagutegetse gukora ikintu gikomeye, ntuba wagikoze? Nkanswe kukubwira ngo genda wiyuhagire urakira!»


Iyo ngize ngo ndashingashinga, urampiga nk’intare, maze si ukunyigambaho, ukivayo.


Ibikomangoma biranyikomye nta mpamvu, ariko amagambo yawe yonyine ni yo mfitiye igitinyiro.


Barakanyagirwa n’amakara yaka, barohwe mu muriro, mu nyenga batazashobora kuvamo!


Banteze umutego banziza ubusa, bancukurira urwobo nta mpamvu.


Nkiza abagiranabi, unkure mu maboko y’abantu b’imenamaraso.


niba narituye inabi uwangiriye neza, nkareka umubisha akabaho,


Igisubizo cyiza gicubya uburakari, ariko ijambo risesereza rikabyutsa umujinya.


Baratugenzuraga aho twajyaga hose, bakatubuza guhurira mu bibuga byacu. Twari tugiye gushira, akacu kari kashobotse, mbese igihe cyacu cyari cyageze.


Uzababwire uti «Nyagasani Uhoraho aravuze ngo biyimbire abo bagore badoda ibipfuko byo ku bikonjo, bakaboha ibitambaro byo gupfuka imitwe y’abantu b’ikigero icyo ari cyo cyose, kugira ngo babonereho uburyo bwo kubayobya! Murayobya se abantu bo mu muryango wanjye, ngo mukunde mukize ubugingo bwanyu bwite?


Nta ndahemuka ikirangwa mu gihugu, nta ntungane ikiboneka mu bantu! Bose bararikiye kumena amaraso, buri muntu arashandikira umuvandimwe we umutego.


Ibyo rero byabaye kugira ngo ibyanditswe mu Mategeko byuzuzwe ngo ’Banyanze bampora ubusa.’


Ngaha ndi hano! Nimunshinje imbere y’Uhoraho n’imbere y’uwo yasize: ni nde naba naranyaze ikimasa cye cyangwa indogobe ye? Ni nde nariganyije cyangwa nakandamije? Ni nde naba narahatiye kumpa ibiguzi ngo mbonereho kwirengagiza ibibi yakoze? Nihagira uboneka, nzabimuriha.»


Dawudi arahaguruka ajyana n’ingabo ze ku rugamba, yica abantu magana abiri mu Bafilisiti. Nuko Dawudi azanira umwami ibinyita byakebwe ku Bafilisiti, babibarira imbere y’umwami, kugira ngo Dawudi abe umukwe we. Nuko Sawuli amushyingira umukobwa we Mikali.


Dawudi aguma mu bihanamanga no mu misozi y’ubutayu bw’i Zifu. Sawuli yakomeje kumushakashaka ubudahwema, ariko Imana ntiyamumugabiza.


Muzarebe ahantu hose yashobora kwihisha, maze muhitegereze; nimumara kuhamenya neza, muzagaruke kumbwira tuzajyana. Kandi niba ari hagati mu gihugu, nzamushakashaka mu mazu yose ya Yuda kugeza ubwo mubonye.»


kandi ndakwinginze ngo ubabarire umuja wawe icyaha cye. Uhoraho ntazabura kubakira umutegetsi wanjye inzu ihamye, kuko umutegetsi wanjye arwana intambara z’Uhoraho, kandi ikibi ntikikakurangweho iminsi yose y’ubugingo bwawe.


Dawudi aramubaza ati «Ni mpamvu ki rero, mutegetsi wanjye, yatumye ukurikirana umugaragu wawe? Mbese nakoze iki cyangwa se icyo nagucumuyeho ni ikihe?


Maze rero, Uhoraho ntiyemere ko amaraso yanjye amenerwa kure ye, kuko umwami wa Israheli yazanywe no gushaka ubuzima bwanjye, nk’uko bahiga inkware ku gasozi.»


Uhoraho azitura buri wese akurikije ubutungane bwe n’umurava we. Ni we wakugabije ibiganza byanjye uyu munsi, ariko nanze gukoza ikiganza cyanjye ku uwo Uhoraho yiyimikiye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan