Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 22:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nuko iruhande rwe hateranira abanyabyago, abanyamyenda n’abarenganywa, bose ababera umutware. Abari kumwe na we bari bageze kuri magana ane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Kandi abari mu makuba bose n'abarimo imyenda bose n'abinubaga bose bateranira aho ari, aba umutware wabo. Nuko abari kumwe na we bari abantu nka magana ane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abantu bose bari mu kaga, abarimo imyenda n'abashavuye, na bo baramusanga ababera umutware. Abari kumwe na we bose bageraga ku bantu magana ane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abantu bose bari mu kaga, abarimo imyenda n'abashavuye, na bo baramusanga ababera umutware. Abari kumwe na we bose bageraga ku bantu magana ane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 22:2
22 Iomraidhean Croise  

Nuko Hushayi arakomeza, ati «Ubwawe uzi so n’ingabo ze: ni intwari kandi ubu bafite uburakari nk’ubw’ikirura cyajimije umwana wacyo mu gasozi. So kandi ni umuntu w’umurwanyi, nta bwo ari burare hamwe n’imbaga.


Kera, igihe Sawuli yari akiri umwami wacu, ni wowe watabaranaga na Israheli kandi ugatabarukana na yo. Kandi rero, Uhoraho yarakubwiye ati ’Ni wowe uzaragira umuryango wanjye Israheli, kandi ni wowe uzaba umutware wa Israheli.’»


«Subirayo ubwire Hezekiya, umutware w’umuryango wanjye, uti ’Jyewe, Uhoraho, Imana ya sokuruza Dawudi, numvise amasengesho yawe, mbona n’amarira yawe, none ngiye kugukiza: ndetse mu minsi itatu uzashobora kuzamuka ujye mu Ngoro y’Uhoraho.


Umugore w’umwe mu bagize itorero ry’abahanuzi asanga Elisha, amutakambira agira ati «Umugaragu wawe ari we mugabo wanjye yarapfuye, kandi uzi ko yubahaga Uhoraho. None uwo yari abereyemo umwenda yaje gufata abahungu banjye babiri, ngo abajyane bajye kumukorera imirimo y’uburetwa.»


Inzoga ihiye, mujye muyiha uri burimbuke, divayi na yo muyihe ufite intimba ku mutima;


Guhera igihe cya Yohani Batisita kugeza ubu, Ingoma y’ijuru iraharanirwa, ab’ibyihare ni bo bayikukana.


Nimungane mwese, abarushye n’abaremerewe, jye nzabaruhura.


Mu by’ukuri, byari bikwiye ko Imana, Yo irema byose ikabibeshaho, igira ikirenga Umwana wayo — ari we uburokorwe bwose buturukaho —, imunyujije mu bubabare, ngo ibonereho kwigarurira abana batabarika basangira ikuzo ryayo.


Yefute ahungira kure abavandimwe be atura mu gihugu cya Tobi. Abantu b’imburamukoro bifatanya na Yefute, maze bakajya bagaba ibitero hamwe na we.


Abadani baramubwira bati «Ntitwongere kukumva! Cyangwa se abanyamujinya muri twe baguhitane, maze upfe n’abo mu rugo rwawe bose.»


Ana ashenguwe n’ishavu, asengana Uhoraho amarira menshi.


Dawudi yongera kuva aho ngaho ajya i Misipa y’i Mowabu, abwira umwami w’i Mowabu, ati «Ndakwinginze ngo wemerere data na mama baze mubane, kugeza igihe nzamenyera icyo Imana izangenera.»


Nuko Dawudi n’ingabo ze zigeze kuri magana atandatu bashyira nzira, bava i Keyila bahungira ahandi. Hanyuma baza kubwira Sawuli ko Dawudi yahunze, areka umugambi we wo gutera i Keyila.


Dawudi abwira ingabo ze, ati «Buri wese niyambare inkota ye!» Nuko buri muntu yambara inkota ye, Dawudi na we yambara iye. Ingabo zigera ku bantu magana ane zizamukana na Dawudi, naho abandi bantu magana abiri basigara ku bintu byabo.


Dawudi agira agahinda kenshi cyane, kuko abantu be bendaga kumutera amabuye: buri wese yari ababaye, atekereza abahungu be n’abakobwa be. Ariko Dawudi yishyiramo akanyabugabo ku bw’Uhoraho, Imana ye.


«Ejo kuri iyi saha, nzakoherereza umugabo wo mu gihugu cya Benyamini, uzamusige amavuta y’ubutore abe umutware w’umuryango wanjye Israheli, kandi azawukize ikiganza cy’Abafilisiti. Kuko namaze kwitegereza umuryango wanjye, kandi ugutakamba kwawo kukaba kwangezeho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan