Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 21:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Nuko umuherezabitambo amuha imigati akuye mu Ngoro kuko nta yindi yari ibonetse, uretse iyari iteguye ku meza y’Uhoraho, isimbuzwa ishyushye ku munsi bayikuyeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Nuko umutambyi amuha imitsima yejejwe, kuko hatariho undi mutsima, keretse imitsima yo kumurikwa yakuwe imbere y'Uwiteka, bagasubizaho ishyushye ubwo bayikuragaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Ubwo hakaba hari umutware w'abashumba ba Sawuli wari imbere y'Inzu y'Uhoraho, witwaga Dowegi w'Umwedomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Ubwo hakaba hari umutware w'abashumba ba Sawuli wari imbere y'Inzu y'Uhoraho, witwaga Dowegi w'Umwedomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 21:7
21 Iomraidhean Croise  

Abashumba b’i Gerari batonganira ayo mazi n’abashumba ba Izaki, bavuga bati «Ni ayacu.» Iryo riba Izaki aryita Eseki (ari byo kuvuga ngo ’Impaka’.)


Shiturayi w’i Saroni yari ashinzwe amatungo maremare yarishaga mu mibande.


Yazizi muri bene Haguri yari ashinzwe amatungo magufi. Abo bose bacungaga ibintu by’umwami Dawudi.


Hanyuma yubaka iminara mu butayu, afukura n’amariba menshi, kuko yari afite amatungo menshi mu kibaya no mu mirambi, no ku misozi akahagira abahinzi benshi bitaga ku mirima ye, ku mizabibu ye no ku biti bye by’imbuto; koko rero yakundaga iby’ubuhinzi.


Nuko bakagusanga ari imbaga, umuryango wanjye ukicara imbere yawe, bagatega amatwi amagambo yawe, ariko ntibayakurikize. Ibyo bashyize imbere ni ibinyoma biri mu kanwa kabo, n’umutima wabo ukihambira ku rwunguko ruturutse ku buriganya.


Umuntu wese utari umuherezabitambo azirinde kurya ibiribwa bitagatifu. Umushyitsi w’umuherezabitambo cyangwa umukozi, na bo ntibazabiryeho.


Cyakora hari ubwo umukobwa w’umuherezabitambo ashobora gupfakara cyangwa agasendwa n’umugabo nta mwana arabyara. Icyo gihe, iyo agiye kwa se agasubira uko yahoze akiri inkumi, ubwo aba ashobora kurya ku biribwa bya se, n’ubwo nta wundi muri rubanda ubiryaho.


Uzafate agafu, uzatekemo utugati cumi na tubiri, buri kose gakozwe n’ifu yuzuye utwibo tubiri.


Buri gihe uko isabato itashye, uzajye utereka utwo tugati imbere y’Uhoraho, uzirikana ko ugirira Abayisraheli bose. Iryo ni isezerano rizahoraho iteka.


muvuga ngo «Mbese imboneka z’ukwezi zizarangira ryari, kugira ngo dushobore kugurisha ingano, na sabato izashira ryari, ngo dushobore gufungura imifuka y’ingano twahunitse, tugabanye igipimo twunguriramo n’igiciro, tubeshyeshye iminzani y’ubuhendanyi,


’Uyu muryango unyubahisha ururimi gusa, naho imitima yabo indi kure.


Ako kanya Sawuli aza akurikiye ibimasa bye abivanye mu murima, arabaza ati «Aba bantu bararizwa n’iki?» Bamutekerereza ibyo abo bantu b’i Yabeshi bari bamaze kubabwira.


Sawuli yamaze kuba umwami wa Israheli, ashyamirana n’abanzi be b’impande zose, arwana na Mowabu, n’Abahamoni n’Abanyedomu, n’umwami w’i Shoba, n’Abafilisiti, kandi aho yaganaga hose yabagiriraga nabi.


Uwo munsi kandi, hari umwe mu bagaragu ba Sawuli wari watinze mu Ngoro, imbere y’Uhoraho. Yitwaga Dowegi Umunyedomu, akaba yari umutware w’abashumba ba Sawuli.


Nuko Ahimeleki asiganuza Uhoraho ibimwerekeyeho, amuha n’ibyo kurya. Yamuhaye kandi n’inkota ya Goliyati, Umufilisiti.»


Dawudi abwira Abiyatari, ati «Urya munsi nari nzi ko Dowegi Umunyedomu ahari, ntekereza ko atazabura kubibwira Sawuli. Ni jyewe watumye urugo rwa so rwose rurimbuka.


Ubwo Dowegi w’Umunyedomu yari ahagaze hamwe n’abagaragu ba Sawuli, asubiza umwami, ati «Mperutse kubona mwene Yese; yari i Nobu kwa Ahimeleki mwene Ahitobi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan