Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 20:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Dawudi agerekaho indahiro, ati «So azi neza ko turi incuti, bigatuma atekereza, ati ’Yonatani nta cyo akwiye kumenya, kugira ngo atababara.’ Ariko ndagatuma utabaho, nkurahiye Uhoraho ko urupfu rundi bugufi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Dawidi ararahira ati “So azi neza ko nkugiraho ubuhake, ni ko kwibwira ati ‘Reka Yonatani atabimenya akababara.’ Ni ukuri mba ntuma utabaho, nkurahiye Uwiteka uhoraho, hasigaye intambwe imwe ngapfa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Dawidi arongera aramubwira ati: “So azi neza ko unkunda cyane, ni yo mpamvu yabiguhishe kugira ngo utababara. Icyakora ndahiye Uhoraho ndetse nawe ndakurahiye, urupfu rurangera amajanja!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Dawidi arongera aramubwira ati: “So azi neza ko unkunda cyane, ni yo mpamvu yabiguhishe kugira ngo utababara. Icyakora ndahiye Uhoraho ndetse nawe ndakurahiye, urupfu rurangera amajanja!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 20:3
18 Iomraidhean Croise  

Itayi asubiza umwami, ati «Ndahiye Uhoraho n’umwami umutegetsi wanjye, ko aho umwami umutegetsi wanjye azaba ari, haba mu rupfu cyangwa mu buzima, ni ho umugaragu wawe azaba.»


Bakigenda, Eliya abwira Elisha, ati «Ndakwinginze, sigara hano kuko Uhoraho anyohereje i Beteli.» Elisha aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho n’ubuzima bwawe, ko ntagusiga!» Nuko baramanukana bajya i Beteli.


Eliya abwira nanone Elisha, ati «Elisha, ndakwinginze sigara hano, kuko Uhoraho anyohereje i Yeriko.» Aramusubiza ati «Nkurahiye Uhoraho n’ubuzima bwawe ko ntagusiga.» Nuko bagera i Yeriko.


Eliya yongera kubwira Elisha, ati «Sigara hano ndakwinginze, kuko Uhoraho anyohereje kuri Yorudani.» Undi aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho nawe bwite, ko ntazagutererana!» Ubwo barajyana.


Umwami Sedekiya amurahira biherereye, ati «Ndahiye mu izina ry’Uhoraho Nyir’ubuzima, sinzakwica cyangwa ngo nkwegurire aba bantu bashaka kukwambura ubuzima.»


Niba kandi urahiye mu izina ry’Uhoraho muzima, ukabikora mu kuri, mu buryo butunganye no mu butabera, ubwo amahanga yose azamperwamo umugisha kandi azakurizwa muri jye.


Ubugingo bwawe buzahora buregetse, uhore udagadwa ijoro n’amanywa, uhore ushidikanya ko ukiriho.


Uzatinye Uhoraho Imana yawe, abe ari we uyoboka, izina rye abe ari ryo urahira.


Ubusanzwe abantu barahirira imbere y’ubaruta, maze kugira ngo bakemure impaka bakishingikiriza iyo ndahiro.


Ana ati «Umbabarire, shobuja! Uhorane ubugingo, shobuja! Ni jye wa mugore wari iruhande rwawe, aha ngaha, nsenga Uhoraho.


Ubwo Dawudi yajyaga kurwana n’Umufilisiti, Sawuli yaramwitegerezaga, maze abaza Abuneri, umugaba w’ingabo ze, ati «Uriya muhungu ni uwa nde, Abuneri we?» Abuneri aramusubiza ati «Ndagatuma utabaho, Nyagasani, nta bwo muzi.»


Yonatani aramusubiza ati «Ibyo ntibikavugwe! Nta bwo uteze gupfa. Data nta cyo ashobora gukora atambwiye; ni kuki se data yaba yarampishe ibyo ngibyo? Ndumva bidashoboka!»


Yonatani aramubwira ati «Icyo uzashaka cyose nzagikora.»


Nyamara, mutegetsi wanjye, ndahiye Uhoraho nawe ubwawe, ko ari Uhoraho ubwe wakubujije kumena amaraso no kwihorera n’ikiganza cyawe. Ndetse abanzi bawe n’abandi bose bashaka kugirira nabi umutegetsi wanjye, na bo barakaba nka Nabali!


Hanyuma Dawudi aza kwibwira ati «Ibyo ari byo byose, umunsi umwe Sawuli azanyica nta kabuza. Nta kindi nakora, atari uko nahungira mu gihugu cy’Abafilisiti. Bityo, Sawuli ntazongera kunshaka mu gihugu cyose cya Israheli kandi nzaboneraho kurokoka ikiganza cye.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan