Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 2:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Uhoraho arica kandi akabeshaho, yohereza ikuzimu kandi akavanayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Uwiteka arica, agakiza, Ashyira ikuzimu kandi agakurayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Uhoraho arica kandi akabeshaho, ni we ujyana abantu ikuzimu, kandi ni we ubakurayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Uhoraho arica kandi akabeshaho, ni we ujyana abantu ikuzimu, kandi ni we ubakurayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 2:6
20 Iomraidhean Croise  

Uhoraho yumva ijwi rya Eliya, maze umwuka w’umwana umugarukamo, asubirana ubuzima.


Umwami amaze gusoma urwo rwandiko, ashishimura imyambaro ye, avuga ati «Ese ndi Imana yica kandi igakiza, kubona uriya mugabo anyoherereza umuntu ngo muvure ibibembe? Nimumenye neza kandi mubirebe: arashaka kunyendereza!»


Koko rero ni we ukomeretsa, kandi ni we womora, arababaza, ariko ibiganza bye birakiza.


Uhoraho, wanzamuye ikuzimu, maze ungarurira kure nenda gupfa.


Nyagasani aragahora asingizwa iminsi yose! Iyo Mana ni yo dukesha gutsinda. (guceceka akanya gato)


Ku mpamvu yawe nemeye amakuba n’ibyago; nyamara uzangarukira umbesheho, maze unzikure mu nyenga y’ikuzimu.


hari igihe cyo kwica, n’igihe cyo gukiza; hari igihe cyo gusenya, n’igihe cyo kubaka;


Abawe bapfuye bazongera kubaho, imirambo yabo izazuka. Mwebwe abari mu mukungugu, nimukanguke, nimusabwe n’ibyishimo! Kuko ikime cy’Uhoraho ari urumuri rutonyanga ku isi, bityo abari barapfuye bazagaruke imusozi.


Ni yo mpamvu rero ugomba guhanura, ubabwira uti ’Dore ibyo Nyagasani Uhoraho avuze. Ngiye gukingura imva zanyu nzabavanemo, mwebwe muryango wanjye, maze nzabagarure ku butaka bwa Israheli.


Uhoraho arambaza ati «Mwana w’umuntu, aya magufa se yabasha kongera kuba mazima ?» Ndamusubiza nti «Nyagasani Uhoraho, ni wowe wabimenya.»


Nk’uko Yonasi yamaze mu nda y’igifi iminsi itatu n’amajoro atatu, ni na ko Umwana w’umuntu azamara mu nda y’isi iminsi itatu n’amajoro atatu.


Yezu aramubwira ati «Ni jye zuka n’ubugingo; unyemera, n’aho yaba yarapfuye, azabaho.


Noneho rero ubu nimurebe: Ni jyewe ubwanjye, nta wundi. Nta yindi mana indi iruhande! Ni jye wica kandi nkabeshaho, uwo mfashe ntanyikura.


kandi n’Uriho; narapfuye none dore ndi muzima uko ibihe bihora bisimburana iteka, mfite imfunguzo z’urupfu n’iz’Ikuzimu.


Dawudi agerekaho indahiro, ati «So azi neza ko turi incuti, bigatuma atekereza, ati ’Yonatani nta cyo akwiye kumenya, kugira ngo atababara.’ Ariko ndagatuma utabaho, nkurahiye Uhoraho ko urupfu rundi bugufi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan