Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 2:30 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

30 Ni yo mpamvu — Uwo ni Uhoraho Imana ya Israheli ubivuga — n’ubwo nari nagize nti ’Umuryango wawe n’umuryango wa so izahorane nanjye iteka’, none ubu — Uwo ni Uhoraho ubivuga — ishyano riraguye! Kuko nubaha abanyubaha, naho abansuzugura bagasuzugurwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

30 Ni cyo gitumye Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuga iti ‘Ni ukuri nari navuze yuko ab'inzu yawe n'ab'inzu ya so bazajya bagendera imbere yanjye iteka ryose’, ariko none Uwiteka aravuze ngo: Ntibikabeho kuko abanyubaha ari bo nzubaha, ariko abansuzugura bazasuzugurwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

30 Jyewe Uhoraho Imana y'Abisiraheli nari nasezeranyije urugo rwawe ndetse n'abazagukomokaho bose ko muzambera abatambyi iteka ryose, ariko noneho mvuze ko atari ko bikimeze. Abanyubaha nzabakuza, naho abansuzugura nzabakoza isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

30 Jyewe Uhoraho Imana y'Abisiraheli nari nasezeranyije urugo rwawe ndetse n'abazagukomokaho bose ko muzambera abatambyi iteka ryose, ariko noneho mvuze ko atari ko bikimeze. Abanyubaha nzabakuza, naho abansuzugura nzabakoza isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 2:30
39 Iomraidhean Croise  

Uhoraho abwira Salomoni, ati «Kubera ko wagenjeje utyo, ukaba utarakurikije Isezerano ryanjye n’amategeko nari naguhaye, ngiye kukunyaga ubwami mbugabire umwe mu bagaragu bawe.


Nuko Salomoni yambura Abiyatari imirimo y’ubuherezabitambo bw’Uhoraho, bityo ijambo Uhoraho yavugiye i Silo ku nzu ya Heli rirasohora.


Ubwo se Dawudi ashobora kongera kugira icyo akubwira, kandi wowe uzi neza umugaragu wawe wakujije, Nyagasani Uhoraho?


asohoka asanganira Asa, maze aramubwira ati «Nimunyumve, Asa namwe Bayuda n’Ababenyamini! Uhoraho azabana namwe, niba namwe mubanye na we. Nimumushakashaka azabiyereka, ariko nimumutererana, azabatererana.


Babuza umwami Hoziya, bamubwira bati «Si umurimo wawe, Hoziya, wo gutwikira imibavu Uhoraho, ahubwo ni uw’abaherezabitambo bene Aroni batagatifurijwe ayo maturo! Sohoka mu Ngoro, kuko wacumuye kandi si byo bizaguhesha agaciro imbere y’Uhoraho Imana!»


arangobotora, anshyira ahantu hisanzuye, nuko arankiza, kuko ankunda.


Uw’indahemuka, umubera indahemuka, uw’indakemwa, ukamubera indakemwa.


Untura ibisingizo ho igitambo, ni we umpa ikuzo, kandi aba aciye inzira nzamwerekeramo umukiro w’Imana.»


Nk’uko umuntu arota inzozi yakanguka akazibagirwa, nawe Nyagasani, uzabasuzugure, woye no kwibuka uko basa.


«Ubwo yanyiziritseho nzamuzigura, nzamurinda, kuko azi izina ryanjye.


Nanyiyambaza, nzamwitaba, nzamuba hafi mu gihe cy’amage, nzamurokora, maze nzamuheshe ikuzo.


Aroni n’abahungu be bazajya bayambara igihe bazaba binjiye mu ihema ry’ibonaniro, cyangwa igihe bagiye ku rutambiro gukora imirimo yo mu Ngoro nyirizina, kugira ngo batazikururira igicumuro maze bagapfa. Iryo tegeko ni indakuka, kuri we no ku bazamukomokaho.


Uzabakindikirishe umukandara, ubambike n’ingofero zibahesha icyubahiro. Nuko ubuherezabitambo buzababere umurage w’umwihariko, ku bw’itegeko ridakuka. Nguko rero uko uzegurira Aroni n’abahungu be umurimo bashinzwe.


Umuntu ashimirwa ko ashyira mu gaciro, naho uw’umutima w’ibinyoma akabigayirwa.


Uzabupfumbate, buzagukuza; nubuhobera buzaguhesha icyubahiro.


Jyewe nkunda abankunda, kandi abanshaka bose barambona.


Uhoraho aravuga ati «Uyu muryango unyubahisha ururimi gusa, bakampesha ikuzo iminwa misa, ariko umutima wabo ukaba kure yanjye. Icyubahiro bampa ni icyahimbwe n’abantu, kimeze nk’isomo bigishijwe.


nzamuhagurukira, we n’abamukomokaho. Nta n’umwe muri bo uzagira umwanya muri uyu muryango wanjye kugira ngo anezezwe n’ibyiza nzawukorera. Uwo ni Uhoraho ubivuze! None se si we watoje abantu kwivumbura kuri Uhoraho?’»


Ni koko, nzagutesha agaciro mu mahanga, ngusuzuguze mu bantu.


Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Dore ngiye kwibasira abo bashumba, nzabanyaga amatungo yanjye kandi kuva ubu mbabuze kundagirira, bityo na bo baherukire aho kongera kwiragira ubwabo. Nzavana intama zanjye mu kanwa kabo, ntibazongera kuzirya ukundi.»


Umwana yubaha se, umugaragu akubaha shebuja. None se, niba ndi so, icyubahiro mumpa ni ikihe? Niba se ndi shobuja, igitinyiro kinkwiye kiri hehe? Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubibabwira, mwebwe baherezabitambo, musuzugura izina ryanjye. Murabaza muti «Izina ryawe twarisuzuguye dute?»


Dore ngiye kubaca ukuboko, mbatere mu maso amayezi y’amatungo mutura ku minsi mikuru, maze muzayoranwe na yo.


ahubwo muzazirya ukwezi kose kugeza ubwo zizajya zibaca mu mazuru, kugeza ubwo zizabatera iseseme. Ibyo byose kuko mwitandukanyije n’Uhoraho mukamwinuba muvuga ngo: Ni kuki rwose twimutse mu Misiri?»


Ntuzanduze igihugu mutuyemo. Ndi Uhoraho, kandi ubwanjye ntuye mu Bayisraheli rwagati.»


Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari na ho umugaragu wanjye azaba. Byongeye, ungaragira, Data azamwubahiriza.


kugira ngo bose bubahe Mwana nk’uko bubaha Data. Utubaha Mwana ntiyubaha na Data wamwohereje.


Mwashobora mute kwemera, kandi buri wese amaranira guhabwa ikuzo na mugenzi we, mudashaka ikuzo mwahabwa n’Imana yonyine?


Yezu arasubiza ati «Simpanzweho na Sekibi, ahubwo nubaha Data, naho mwe ntimunyubahe.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Uko zahabu bayiyungururisha umuriro, ni na ko bya bigeragezo bigenewe gusukura ukwemera kwanyu gutambukije kure agaciro iyo zahabu y’akanya gato, kugira ngo nikumara guhama, kuzabaheshe ibisingizo, ikuzo n’icyubahiro, igihe Yezu Kristu azaba yigaragaje.


Ibiti bibwira umutini, biti ’Ngwino utubere umwami!’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan