Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ntimukongere kuvuga amagambo menshi y’ubwirasi, ubutukanyi ntibugasohoke mu munwa wanyu, kuko Uhoraho ari Imana izi byose, kandi agacira imanza ibikorwa by’abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ntimukongere kuvuga iby'ubwibone bikabije bityo, Ntimukabe abanyagasuzuguro mu byo muvuga, Kuko Uwiteka ari Imana izi byose, Kandi ari yo imenya urugero rw'ibyo abantu bakora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 “Ntimugasukiranye amagambo y'ubwirasi, ntimukavugane agasuzuguro, koko Uhoraho ni Imana izi byose, ni we uzi impamvu z'ibikorwa byose by'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 “Ntimugasukiranye amagambo y'ubwirasi, ntimukavugane agasuzuguro, koko Uhoraho ni Imana izi byose, ni we uzi impamvu z'ibikorwa byose by'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 2:3
26 Iomraidhean Croise  

wowe uzumvire mu ijuru aho utuye, ugire impuhwe, maze uhe buri muntu ibihuje n’imigenzereze ye, kuko uba uzi umutima we. Koko kandi ni wowe umenya imitima ya bose,


Imana ninsuzume uko bikwiye, maze imenyereho umurava wanjye!


Umutima wabo wapfukiranywe n’ibinure, umunwa wabo ukavugana agasuzuguro.


Uhoraho, ntunkoze isoni kandi ari wowe niyambaje, ahubwo abagome abe ari bo bakorwa n’ikimwaro, baruce barumire nk’abagiye ikuzimu!


Mbese iyo tuba twaribagiwe izina ry’Imana yacu, tugategera ibiganza imana z’inyamahanga,


Nabwiye abirasi nti ’Nimurekere aho kwirata!’ n’abagiranabi nti ’Mutongera gushinga ijosi;


Bihaye kuvuga bihandagaje, abo bagizi ba nabi, bafite uruvugiro.


Inzira za muntu zose, ahora abona zimunogeye, ariko Uhoraho ni we ugenzura ikiri ku mutima.


Ntuzavuge ngo «Ariko ntitwari tubizi!» Upima imitima se ntabyumva? Uwakubumbye arabizi, kandi azitura buri muntu akurikije imyifatire ye.


Kubaha Uhoraho, ni ukwanga ikibi. Nanga ubwirasi, agasuzuguro, imyifatire mibi n’umunwa wuzuye ubugome.


Inzira y’umuntu w’intungane iraboneye, nawe Uhoraho, urayimutunganyiriza.


Ni nde watutse ukamwandagaza? Ni nde wavugishije umurebana agasuzuguro? Ni Nyir’ubutagatifu wa Israheli!


Ni jye Uhoraho ucengera ibitekerezo, nkagenzura imitima, kandi ngahembera buri wese imyifatire ye, nkurikije imbuto z’ibikorwa bye.


Agasuzuguro wanyeretse karakabije, n’amagambo atagira ingano mwamvuze byose narabyumvise.


Muravuga amagambo ansesereza, uwo ni Uhoraho ubivuga, hanyuma mukabaza muti «Ese amagambo twakuvuze ni ayahe?»


Koko Ijambo ry’Imana ni irinyabuzima, ni irinyabushobozi, kandi riratyaye kurusha inkota y’amugi abiri. Riracengera kugeza aho umutima n’ubwenge bitandukanira, hagati y’ingingo n’imisokoro; rigasobanura ibyifuzo n’ibitekerezo byihishe muri muntu.


«Uhoraho, Imana isumba izindi zose, arabizi kandi na Israheli ibimenye! Niba ari ubwigomeke, bikaba ubuhemu ku Uhoraho, uyu munsi ntimudukize.


Abana be nzabagabiza urupfu, maze Kiliziya zose zimenye ko ari jyewe usesengura imitima n’impyiko, kandi ko nzitura buri wese nkurikije ibikorwa bye.


Zebuli aramusubiza ati «Ka karimi kawe se kagannye he? Si wowe wahoze uvuga ngo ’Mbese Abimeleki yaba ari muntu ki kuri Sikemu, kugira ngo adutegeke? ’Sohoka noneho maze umurwanye.»


Uhoraho abwira Samweli, ati «Ntukangwe n’imisusire ye cyangwa n’igihagararo cye; jye si we natoye, simushaka: kuko Uhoraho atareba nk’abantu, bo bareba imisusire, naho Uhoraho akareba umutima.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan