Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nta we uhwanyije ubutungane n’Uhoraho, nta wundi wundi uretse wowe, nta rutare rwagereranywa n’Imana yacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Nta wera nk'Uwiteka, Kuko nta yindi mana itari wowe, Kandi nta gitare kimeze nk'Imana yacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Uhoraho, ni wowe muziranenge wenyine, nta yindi mana ibaho uretse wowe, Mana yacu, ni wowe wenyine rutare twegamira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Uhoraho, ni wowe muziranenge wenyine, nta yindi mana ibaho uretse wowe, Mana yacu, ni wowe wenyine rutare twegamira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 2:2
37 Iomraidhean Croise  

Imana ni yo rutare rwanjye n’ingabo inkingira, intwaro yanjye n’inkingi yanjye; ni yo buhungiro bwanjye n’Umukiza wanjye, ni na yo inkiza abanyamaboko.


Ni nde Mana itari wowe? Ni nde rutare nk’Imana yacu?


Koko uri intagereranywa, Nyagasani Uhoraho, nta wundi muhwanye, kandi uretse wowe nta yindi Mana ibaho, duhereye ku byo twiyumviye n’amatwi yacu byose!


aravuga ati «Uhoraho, Mana ya Israheli, nta Mana iriho ari mu ijuru, ari no ku isi ihwanye nawe, yakomereza nkawe Isezerano n’impuhwe abagaragu bawe bagenda imbere yawe n’umutima wabo wose.


Uhoraho yazaniye umuryango we ikiwubohora, agena rimwe rizima imiterere y’Isezerano rye. Izina rye ni ritagatifu, kandi rigatera ubwoba.


Uhoraho, ndagukunda, wowe mbaraga zanjye!


Inzira y’Imana ntihinyurwa na gato, ijambo ry’Uhoraho ntirikemangwa; ni we ngabo ikingira abamuhungiraho bose.


Mana, ubudahemuka bwawe burahebuje, wowe wakoze ibintu by’agatangaza, Mana, ni nde uhwanye nawe?


Umbere urutare negamira, nshobora guhungiramo buri gihe; wiyemeje kunkiza, wowe rutare rwanjye rw’intamenwa.


Ni nde wundi ngira mu ijuru wo kuntabara? Nta kindi kindi nakwifuza hano ku isi, kandi ngufite!


Nyagasani, nta mana n’imwe muhwanye! Ibikorwa byawe ntibigereranywa.


Uhoraho, ijuru niryamamaze ibitangaza byawe, n’ubudahemuka bwawe mu ikoraniro ry’intungane.


Uhoraho ni igihangange mu ikoraniro ry’intungane, arusha igitinyiro ibyegera bye byose.


Nibarate izina ryawe ry’impangare kandi ritinyitse: koko uri Nyir’ubutagatifu.


Nimusingize Uhoraho, Imana yacu, nimupfukame imbere y’akabaho k’ibirenge bye, kuko ari Nyir’ubutagatifu!


Nimurate Uhoraho, Imana yacu, maze mupfukame imbere y’umusozi we mutagatifu, kuko Uhoraho, Imana yacu, ari Nyir’ubutagatifu.


Uhoraho, mbese ni iyihe mana yahwana nawe? Ni iyihe ihwanye nawe, wowe urabagirana ubutungane? Ugatera ubwoba mu byo ukora bitangaje? Ugakora ibintu bihebuje?


Imana mwayinganya na nde, ni ikihe se mwayigereranya?


Avuze atya Uhoraho, Umwami wa Israheli, uwayicunguye, Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Ni jye ntangiriro, nkaba n’iherezo, nta yindi mana ibaho, itari jye.


Mwihinda umushyitsi, kandi mwitinya! Narabibabwiye, mbibamenyesha kuva kera! Si mwebwe se bagabo bo kubihamya? Hari indi mana yindi ibaho, itari jye? Kandi nta rundi Rutare rubaho, naba ntazi!


Kuko avuze atya, Usumba byose, agahoraho iteka, n’izina rye rikaba ritagatifu: Jyewe ndi Nyir’ubutagatifu ngasumba byose, nkaba no hafi y’uwicuza n’uwiyoroshya, kugira ngo nsubize ubuzima abasuzuguwe, mpembure imitima yashengutse.


Nuko bakikiranya amajwi bavuga bati «Nyirubutagatifu, Nyirubutagatifu, Nyirubutagatifu! Ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, isi yose yuzuye ikuzo rye!»


Uhoraho, nta n’umwe muhwanye! Uri igihangange, n’izina ryawe ni ikirangirire, kubera ibigwi byaryo.


Ndi Uhoraho Imana yanyu, muzisukure mube abatagatifu nk’uko nanjye ndi umutagatifu. Mwebwe ubwanyu, ntimuzihumanye ku mpamvu ya turiya dusimba tujagata ku butaka.


Ndi Uhoraho, wabakuye mu gihugu cya Misiri kugira ngo mbabere Imana. Mugomba rero kuba abatagatifu kuko nanjye ndi umutagatifu.


«Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Muzabe intungane, kuko jyewe Uhoraho Imana yanyu ndi intungane.


Koko rero ibyanditswe kera byose, byandikiwe kutubera inyigisho kugira ngo tugire icyizere, twihangane kandi duhumurizwe na byo.


Hahirwa umuntu Nyagasani adashinja icyaha.»


«Uhoraho Mana, watangiye kwereka umugaragu wawe ubuhangange bwawe n’ububasha bw’ukuboko kwawe. Ese mu ijuru cyangwa ku isi hari indi mana muhwanya ibikorwa n’ububasha?


Nuko aravuga ati «Ngiye kubahisha amaso, nzarebe iherezo ryabo uko rizamera, kuko ari inyoko yandavuye, abana umuntu atashobora kwizera.


Noneho rero ubu nimurebe: Ni jyewe ubwanjye, nta wundi. Nta yindi mana indi iruhande! Ni jye wica kandi nkabeshaho, uwo mfashe ntanyikura.


Ni urutare, ibyo akora biba bitunganye rwose, uburyo bwe bwose buraboneye. Ni Imana izira guhemuka, kandi itarenganya, ni intabera n’intagorama.


Woweho warabyeretswe, kugira ngo umenyereho ko Uhoraho ari we Mana, ko nta yindi Mana ibaho uretse we.


Uyu munsi rero ubimenye kandi ujye ubizirikana mu mutima wawe: Uhoraho ni we Mana mu ijuru no ku isi, nta yindi ibaho.


kuko byanditswe ngo «Nimube intungane, kuko ndi intungane.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan