Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 19:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Yemeye guhara ubugingo bwe, arwana n’Umufilisiti aramutsinda, Uhoraho yuzuriza muri we igikorwa gikomeye muri Israheli. Ibyo warabyiboneye kandi biragushimisha. Noneni kuki ushaka gucumura, umena amaraso y’umwere Dawudi, ushaka kumwica nta mpamvu?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Yahaze amagara ye yica wa Mufilisitiya, Uwiteka atanga agakiza gakomeye mu Bisirayeli bose, ubibonye urabyishimira. None ni iki gituma ushaka gucumura ukavusha amaraso y'utacumuye, ugahora Dawidi ubusa?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Yahaze amagara ye yica wa Mufilisiti, maze Uhoraho aha Abisiraheli gutsinda bikomeye, nawe warabibonye urabyishimira. Dawidi ko ari umwere, ni kuki wahemuka ukamwica umuhoye ubusa?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Yahaze amagara ye yica wa Mufilisiti, maze Uhoraho aha Abisiraheli gutsinda bikomeye, nawe warabibonye urabyishimira. Dawidi ko ari umwere, ni kuki wahemuka ukamwica umuhoye ubusa?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 19:5
26 Iomraidhean Croise  

ariko we arakomeza yica Abafilisiti, kugeza ubwo ikiganza cye kinanirwa cyumirana n’inkota, maze uwo munsi Uhoraho amuha ugutsinda gukomeye. Imbaga yose iramugarukira, ariko ari ukugira ngo bitwarire iminyago gusa.


Eleyazari uwo ahagarara hagati mu murima, arawurinda, maze atsinsura Abafilisiti. Bityo Uhoraho atsindira Israheli bikomeye.


Ba batatu banyura mu ngando y’Abafilisiti barwana, bavoma amazi mu iriba riri ku irembo rya Betelehemu, barayajyana, bayashyikiriza Dawudi. We ariko yanga kuyanywa ahubwo ayaturaho Uhoraho ituro riseswa.


Ineza mbagirira bayitura inabi, ubucuti mbagaragariza bakabwitura urwango.


Amagara yanjye asa nahora ancika, ariko sinibagirwe amategeko yawe.


Ntihakagire n’umwe mu bakwiringira ukorwa n’ikimwaro, ahubwo abaguhemukaho nta mpamvu bazabe ari bo bakorwa n’isoni!


Singishobora no gutabaza, umuhogo wanjye wasaraye; amaso yanjye yaruhijwe no gutegereza Imana yanjye.


Bibasira ubuzima bw’intungane, bagacira urwo gupfa umuziranenge.


Musa rero abwira rubanda, ati «Mwigira ubwoba! Nimukomere, maze muze kwirebera uko Uhoraho abarokora uyu munsi! Koko rero Abanyamisiri muruzi none, nta bwo muzongera kubabona ukundi.


Cyakora nimuramuka munyishe, mumenye ko mwebwe, kimwe n’uyu mugi n’abaturage bawo, muraba mwihamije icyaha cyo kwica umwere, kuko mu by’ukuri, Uhoraho ari we wanyohereje kuvuga aya magambo yose kugira ngo muyumve.»


Nuko Pilato abonye ko nta cyo byunguye, ahubwo ko urusaku rurushaho kwiyongera, afata amazi akarabira imbere ya rubanda, avuga ati «Ndi umwere w’ayo maraso, muzigorerwe.»


«Nacumuye, ngambanira amaraso y’umuntu w’umwere.» Baramusubiza, bati «Bidutwaye iki? Ni wowe uzigorerwa!»


Ibyo rero byabaye kugira ngo ibyanditswe mu Mategeko byuzuzwe ngo ’Banyanze bampora ubusa.’


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristu, yitanga atizigamye kugira ngo abasimbure mu byo mutari mubashije kumfasha.


Twebwe rero twazarokoka dute niba turangaranye umukiro wa bene ako kageni, wabanje kwamamazwa na Nyagasani ubwe, nyuma natwe abawumvise tukawuhamya,


Mbonye ko mutankijije, nemera guhara amagara yanjye nambuka umupaka w’Abahamoni; nuko Uhoraho arabangabiza. Ni mpamvu ki rero uyu munsi mwampagurukiye, kugira ngo mundwanye?»


Koko rero data yarabarwaniriye, ahara amagara ye maze abarokora ikiganza cya Madiyani.


Ariko Sawuli arababwira ati «Nta muntu uri bwicwe kuri uyu munsi, kuko uyu munsi Uhoraho yatabaruye Israheli.»


Rubanda babwira Sawuli, bati «Mbese Yonatani yapfa ate, kandi ari we watabaruye Israheli? Ibyo byaba ishyano kuri Uhoraho. Nuko rero, nta gasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi, kuko ibyo yakoze uyu munsi byose yabikoze afatanyije n’Imana.» Uko ni ko rubanda bakijije Yonatani, maze ntiyapfa.


Sawuli ngo yumve amagambo ya Yonatani, aramurahira ati «Ndahiye Uhoraho ko ntazamwica!»


Yonatani asubiza Sawuli, ati «Ni kuki agomba gupfa? Ikibi yakoze ni ikihe?»


Ahimeleki asubiza umwami, ati «Mbese mu bagaragu bawe bose, hari n’umwe ukwiye kwiringirwa nka Dawudi? Ni umukwe w’umwami, ni we ukurwanaho kandi yubahwa n’urugo rwawe rwose!


Hanyuma wa mugore asanga Sawuli, abonye ko yazahaye cyane, aramubwira ati «Dore jyewe umuja wawe nakumviye, nemera no guhara amagara yanjye, ariko numvira amategeko yawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan