Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 18:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Sawuli yahise atinya Dawudi kuko Uhoraho yari kumwe na we, naho Sawuli, Uhoraho akaba yaramwitaruye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Nuko Sawuli atinya Dawidi kuko Uwiteka yari kumwe na we, kandi akaba atandukanye na Sawuli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Sawuli yatinyaga Dawidi kuko Uhoraho yari kumwe na we, naho Sawuli Uhoraho yaramuzinutswe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Sawuli yatinyaga Dawidi kuko Uhoraho yari kumwe na we, naho Sawuli Uhoraho yaramuzinutswe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 18:12
23 Iomraidhean Croise  

Dawudi akajya arushaho gukomera, kandi Uhoraho Imana Umugaba w’ingabo yari kumwe na we.


Uhoraho abana na Yozafati kuko yakurikizaga inzira se yabanje kugenderamo, kandi ntiyita kuri za Behali.


Renza amaso ibyaha nakoze, ibicumuro byanjye byose ubimpanagureho.


Koko abo bagizi ba nabi ni ibiburabwenge, bo bihaye kurya imitsi y’umuryango wanjye, barya icyari kiwutunze, kandi ntibarushye basenga Imana!


Ndetse n’iyo babyirura abahungu, nababagomwa bataraba abagabo; ni koko, bazabona ishyano nimara kwitandukanya na bo!


Hanyuma azabwire n’ab’ibumoso, ati ’Nimumve iruhande, mwa bivume mwe, mujye mu muriro w’iteka wagenewe Sekibi n’abamalayika be;


kubera ko Herodi yatinyaga Yohani bigatuma amurengera, abitewe n’uko yari azi ko ari umuntu w’intabera kandi w’intungane. Iyo yabaga yamwumvise yabunzaga imitima cyane, nyamara yakundaga kumwumva.


Nuko abaturage bose bo mu gihugu cy’Abanyageraza basaba Yezu ngo abavire aho, kuko bari bafite ubwoba bwinshi. Yezu yurira ubwato aragenda.


Ariko ngo ikiganiro kigere ku byerekeye ubutabera, ukwifata n’urubanza ruzaza, Feligisi agira ubwoba, ni ko kuvuga ati «Ba urekeye aho wigendere, ninongera kubona igihe nzagutumaho.»


Abo basekuruza bacu bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha, ajyanwa mu Misiri. Ariko Imana yari kumwe na we,


Uhoraho yari kumwe na Yuda, ubwo yigaruriraga akarere k’imisozi miremire. Nyamara ntibashoboye kwirukana abatuye mu kibaya, kuko bari bafite amagare y’ibyuma.


Dalila aramubwira ati «Urapfuye Samusoni we, Abafilisiti baragufashe.» Samusoni akanguka yibwira ati «Birangendekera nk’uko bisanzwe, maze mbakire», ariko ntiyari azi ko Uhoraho yamwitaruye.


Bukeye, umwe muri bo aramubwira ati «Nabonye umuhungu wa Yese w’i Betelehemu, azi gucuranga neza; ni umusore w’intwari kandi uzi kurwana, avugana ubwitonzi kandi akaba umuntu w’igikundiro. Uhoraho ari kumwe na we.»


Samweli agenza uko Uhoraho yamubwiye. Ageze i Betelehemu, abakuru b’umugi bamusanganira badagadwa, maze baramubaza bati «Mbese uzanywe n’amahoro?»


Nuko Sawuli abonye ibyo bikorwa byose kandi bikomeye, aramutinya.


Hanyuma ariko, Mikali umukobwa wa Sawuli aza kubenguka Dawudi; babibwiye Sawuli biramushimisha.


Nuko Sawuli arushaho gutinya Dawudi, kandi arushaho kumwanga.


icyo gihe Uhoraho azabimpore! Nanone kandi ninsanga atekereza kukugirira nabi, na bwo nzabikumenyesha, ngusezerere wigendere mu mahoro. Kandi Uhoraho azakomeze kuba kumwe nawe nk’uko yabanaga na data!


Sawuli aramubaza ati «Ni iki cyatumye muhuza umugambi wo kungambanira, wowe na mwene Yese? Wamuhaye imigati n’inkota, wasiganuje Uhoraho kubera we, kugira ngo ampagurukire kandi antege imitego nk’uko bimeze uyu munsi.»


Nuko Samweli abaza Sawuli, ati «Ni iki cyaguteye kumbuza uburyo, ugatuma ngomba kuzamuka?» Sawuli aramusubiza ati «Ubu ndi mu kaga gakomeye, Abafilisiti barampagurukiye kandi Imana yaranyitaruye ntikinsubiza, ndetse habe no mu bahanuzi cyangwa se mu nzozi. Naguhamagaye rero kugira ngo umenyeshe icyo ngomba gukora.»


Samweli arakura. Uhoraho yari kumwe nawe, kandi ntiyatuma hagira ijambo rye na rimwe riba impfabusa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan