Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 17:34 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

34 Dawudi asubiza Sawuli, ati «Jyewe, umugaragu wawe, nari umushumba w’amatungo ya data; iyo habaga haje intare cyangwa ikirura, maze igatwara intama imwe mu mukumbi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

34 Dawidi asubiza Sawuli ati “Umugaragu wawe naragiraga intama za data, iyo zaterwaga n'intare cyangwa idubu zigakura umwana w'intama mu mukumbi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

34 Dawidi aramusubiza ati: “Jywe umugaragu wawe, ndagira amatungo ya data. Iyo haje intare cyangwa indi nyamaswa nk'ikirura igafata itungo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

34 Dawidi aramusubiza ati: “Jywe umugaragu wawe, ndagira amatungo ya data. Iyo haje intare cyangwa indi nyamaswa nk'ikirura igafata itungo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 17:34
18 Iomraidhean Croise  

Sinigeze nkugarurira itungo ryabaga ryakomeretse, nararikurihaga! Kandi iryibwe, ari ku manywa, ari nijoro, wararinyishyuzaga!


Nuko Hushayi arakomeza, ati «Ubwawe uzi so n’ingabo ze: ni intwari kandi ubu bafite uburakari nk’ubw’ikirura cyajimije umwana wacyo mu gasozi. So kandi ni umuntu w’umurwanyi, nta bwo ari burare hamwe n’imbaga.


Benayahu mwene Yehoyada, umugabo w’intwari, wabarirwaga mu bakoze ibikorwa bikomeye, akaba akomoka i Kabuseli. Ni we wishe abahungu bombi ba Ariyeli Umumowabu; kandi aramanuka yica intare yari mu mwobo igihe cy’urubura.


Benaya mwene Yehoyada, umwana w’umugabo w’intwari ukomoka i Kabuseli, yagaragaje ubutwari bwe kenshi. Ni we wishe abahungu bombi ba Ariyeli w’i Mowabu, ni na we wamanutse yicira intare ku iriba, ku munsi w’urubura.


Ndibuka iminsi yo hambere, nkazirikana ibyo wakoze byose, ngatekereza ibikorwa by’amaboko yawe,


Uko umushumba yita ku matungo ye igihe aba ari hagati y’intama zibyagiye, nanjye ni ko nzita ku ntama zanjye, nzivane ahantu hose zatatanirijwe ku munsi w’ibihu n’umwijima.


Uhoraho avuze atya: Nk’uko umushumba ashikanuza amaguru abiri cyangwa igice cy’ugutwi mu rwasaya rw’intare, ni ko Abayisraheli bazarokorwa, bo batengamaye i Samariya mu ntebe nziza no mu mariri anepa.


Koko rero, dore ngiye kuzana umushumba muri iki gihugu: intama yazimiye ntazayitaho; iyatannye ntazayishakashaka; iyakomeretse ntazayomora n’imerewe neza ntazayikenura. Ahubwo azarya amatungo y’imishishe, ayasature n’ibinono.


Nzavana amaraso mu kanwa ke, muvane mu menyo ibiribwa bizira, bityo na we azabe uwasigaye w’Imana yacu. Azagira uruhare mu muryango wa Yuda, na Ekironi izamere nk’Umuyebuzi.


Muri ako karere hari abashumba barariraga amatungo yabo ku gasozi.


Ni jye mushumba mwiza. Umushumba mwiza yigurana intama ze.


ukwihangana kugatera kudahemuka, ukudahemuka na ko kugatera kwizera,


Ukwemera kwabo kwatumye batsinda amahanga, bategekana ubutabera, buzurizwa amasezerano, bazibiranya urwasaya rw’intare,


Igikoko nabonaga cyasaga n’ingwe, amaguru yacyo ameze nk’ay’ikirura, n’urwasaya rwacyo ari nk’urw’intare. Nuko cya Gikoko gihabwa ububasha bwacyo, intebe yacyo n’ubutegetsi burambuye na cya Kiyoka.


Umwuka w’Uhoraho umwinjiramo; ako kanya Samusoni utari ufite intwaro mu ntoki, ashwanyuza ya ntare, ayitanyuramo ibisate bibiri nk’uko batanyura umwana w’ihene, ariko ntiyabwira ababyeyi be ibyo yakoze.


Ariko Dawudi uko yajyaga kwa Sawuli, yagarukaga n’i Betelehemu kuragira amatungo ya se.


Sawuli abwira Dawudi, ati «Ntiwashobora kurwana n’uriya Mufilisiti, kuko ukiri muto, naho we akaba ari umugabo wamenyereye intambara kuva mu busore bwe.»


narayikurikiranaga, nkayikubita, maze nkayiyambura; yaba impindukiranye nkayifata ubwoya, nkayitura hasi maze nkayica.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan