Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 15:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Samweli abyuka mu gitondo cya kare, kugira ngo ajye gusanganira Sawuli. Baza kumubwira bati «Sawuli yageze i Karumeli ahishingira urwibutso, hanyuma aramanuka, akomeza ajya i Giligali.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Maze Samweli azinduka kare mu gitondo ngo ahure na Sawuli. Babwira Samweli bati “Sawuli yasohoye i Karumeli kandi yishingiye urwibutso nyuma arahindukira, arakomeza amanukana i Gilugali.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Bukeye arazinduka ajya gusanganira Sawuli, ariko bamubwira ko Sawuli yagiye i Karumeli, akahashinga ibuye ryo kwibuka gutsinda kwe, kandi ko avuyeyo yamanutse akajya i Gilugali.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Bukeye arazinduka ajya gusanganira Sawuli, ariko bamubwira ko Sawuli yagiye i Karumeli, akahashinga ibuye ryo kwibuka gutsinda kwe, kandi ko avuyeyo yamanutse akajya i Gilugali.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 15:12
12 Iomraidhean Croise  

Abrahamu arazinduka cyane, yenda umugati n’isaho y’uruhu irimo amazi, abiha Hagara amuhekesha umwana ku bitugu, aramusezerera. Aragenda ajya kuzerera mu butayu bwa Berisheba.


Nyamara Abusalomu akiri muzima, yari yashingishije inkingi y’ibuye ho urwibutso mu kibaya cy’umwami, kuko yibwiraga ati «Nta muhungu mfite bazibukiraho izina ryanjye.» Nuko iyo nkingi ayita izina rye, ndetse na n’ubu bayita «Inkingi y’urwibutso rwa Abusalomu.»


Hesirayi w’i Karumeli, Parayi w’i Arabi,


Akabu ajya kurya no kunywa, naho Eliya ajya mu mpinga y’umusozi wa Karumeli, maze arapfukama, umutwe awukoza ku mavi ye.


Hanyuma yubaka iminara mu butayu, afukura n’amariba menshi, kuko yari afite amatungo menshi mu kibaya no mu mirambi, no ku misozi akahagira abahinzi benshi bitaga ku mirima ye, ku mizabibu ye no ku biti bye by’imbuto; koko rero yakundaga iby’ubuhinzi.


Mawoni, Karumeli, Zifu, Yuta,


ndibwira nti ’Ubu ngubu Abafilisiti bagiye kumfatira i Giligali, kandi ntari nurura Uhoraho.’ Nuko niyemeza kumutura igitambo gitwikwa.»


Samweli ashyiranzira ava i Giligali. Sawuli ajyana n’abari basigaranye na we, bava i Giligali berekeza i Geba yo kwa Benyamini, kugira ngo bahasange ingabo ze zindi. Ubwo Sawuli abara abantu basigaranye na we, asanga bagera kuri magana atandatu.


Nuko Dawudi azinduka mu gitondo cya kare, amatungo ayasigaho undi mushumba, afata izo ngemu, aragenda nk’uko Yese yabimutegetse. Agera mu ngando mu gihe ingabo zari zigiye kurwana zavuzaga urwamo rw’intambara.


Hakaba umugabo w’i Mawoni wari umukungu cyane, umutungo we wose ukaba i Karumeli. Yari atunze intama ibihumbi bitatu, n’ihene igihumbi. Ubwo yari yaje i Karumeli kogoshesha ubwoya bw’amatungo ye.


Maze Samweli afata ibuye, arishinga bukingi hagati ya Misipa na Yeshana; aryita Ebenezeri, ari byo bisobanura ngo ’Ibuye ry’Ubuvunyi’. Ati «Uhoraho yatuvunnye kugeza aha ngaha.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan