Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 15:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 «Ndicuza icyatumye mpa Sawuli ubwami, kuko yantengushye ntakurikize amategeko yanjye.» Nuko Samweli biramubabaza cyane, arara atakambira Uhoraho ijoro ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 “Nicujije icyatumye nimika Sawuli kuko yateshutse akanga kunyoboka, ntasohoze amategeko yanjye.” Samweli abyumvise ararakara, akesha ijoro atakambira Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 “Nicujije icyatumye nimika Sawuli, kuko yancumuyeho ntakurikize amabwiriza namuhaye.” Samweli arababara cyane, maze akesha ijoro atakambira Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 “Nicujije icyatumye nimika Sawuli, kuko yancumuyeho ntakurikize amabwiriza namuhaye.” Samweli arababara cyane, maze akesha ijoro atakambira Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 15:11
44 Iomraidhean Croise  

Uhoraho yicuza kuba yarashyize umuntu ku isi, maze arababara mu mutima we.


Ni ko kuvuga, ati «Ngiye gutsemba ku isi abantu naremye; kandi hamwe na bo nzatsembe amatungo n’ibikoko, ndetse n’ibiguruka mu kirere, kuko nicuza icyatumye mbirema.»


Umumalayika aramburira ikiganza kuri Yeruzalemu kugira ngo ayirimbure, ariko Uhoraho yisubiraho; ni ko kubwira uwo mumalayika wariho arimbura imbaga, ati «Ibyo birahagije. Ubu ngubu hina ukuboko.» Ubwo kandi uwo mumalayika w’Uhoraho yari bugufi bw’imbuga ya Arawuna w’Umuyebuzi.


Uhoraho arakarira Salomoni, kuko yari yarayobeje umutima we awutanya n’Uhoraho, Imana ya Israheli, yari yaramubonekeye kabiri


Sawuli yapfuye atyo kubera ko yahemukiye Uhoraho, ntiyumvire ijambo rye, kandi no kubera ko yagiye guhanuza ku mushitsikazi,


Imana yohereza malayika i Yeruzalemu kugira ngo ayirimbure. Nk’aho yayirimbuye, Uhoraho arabireba maze agira impuhwe. Abwira malayika w’umurimbuzi, ati «Birahagije! Ubu ngubu hina ukuboko!» Ubwo malayika w’Uhoraho yarahagaze ku mbuga ya Orunani w’Umuyebuzi.


kuko baba baranze kuyikurikira, bakirengagiza inzira zayo,


Umubano mwiza nabagiriye bawitura ibirego, nyamara jyewe nkavuga amasengesho mbasabira.


Uhoraho yarabirahiriye, kandi ntazisubiraho na gato, ati «Uri umuherezabitambo iteka ryose, ku buryo bwa Malekisedeki.»


Amarira arashoka mu maso yanjye, kuko badakurikiza amabwiriza yawe.


Naho abakurikiye inzira zigoramanze, Uhoraho urabigizeyo, kimwe n’abateza abandi ibyago! Amahoro arakaba kuri Israheli!


Iyo yirebye yibwira ko ari indakemwa, ntabashe kubona amafuti ye ngo ayange.


Bongeye kwinja Imana, no gushavuza Nyir’ubutagatifu wa Israheli,


barayitengushye kimwe n’abasekuruza babo, basa n’umuheto uregutse ugatetereza nyirawo.


Musa yurura Uhoraho Imana ye, avuga ati «Mbese Uhoraho, kuki uburakari bwawe bwagurumanira umuryango wawe, wivaniye ubwawe mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bukaze bw’ukuboko kwawe?


Nuko Uhoraho yisubiraho, areka inabi yari yashatse kugirira umuryango we.


Basubiye mu bicumuro by’abakurambere babo banze gutega amatwi amagambo yanjye: na bo birukanka inyuma y’izindi mana kugira ngo baziyoboke. Uko ni ko abantu ba Israheli n’aba Yuda batatiye isezerano nari naragiranye n’abasekuruza babo.


Nimudatega amatwi, nzigunga mu mfuruka yanjye, maze kubera ako kababaro, amaso yanjye azengemo kandi ahongoboke amarira, kuko ubushyo bw’Uhoraho bujyanywe bunyago!


Nyuma ariko, mwageze aho mwisubiraho, musuzugura izina ryanjye, buri muntu asubirana abacakara be, abagabo n’abagore mwari mwararekuye, murongera mubakoresha nk’abacakara banyu.


Ubonye ngo mbe ndafite akaruri k’abagenzi mu butayu, maze ngo ntererane umuryango wanjye njye kuhatura! Bose ni abasambanyi, ni agatsiko k’abagambanyi. (Uhoraho:)


Induru y’amaganya iturutse i Siyoni igira iti «Turashize, ikimwaro kiradukoze! Tugomba kwimuka mu gihugu: ingo zacu barazishenye.»


Ariko se niba uwari intungane aretse ubutungane bwe, agakora icyaha akurikiza amahano yose umugiranabi akora, ubwo se murabona yazabaho? Ntibazibuka ukundi ko yakurikizaga ubutabera, ahubwo kubera ubuhemu bwe n’ibyaha yakoze, azapfa.


Uhoraho yisubiraho, arasubiza ati «Ntibizabaho.»


Imana ibonye ibyo bakoraga, n’uko bahinduye bakareka imigenzereze yabo mibi, na yo ihindura imigambi, icyago yari yabateguje ntiyakibateza.


Yambaza Uhoraho, avuga ati «Si ibi nari navuze igihe nari nkiri mu gihugu cyanjye? Ni cyo cyatumye mbanza guhungira i Tarishishi. Nari nzi nyine ko uri Imana y’impuhwe n’ibambe, utinda kurakara kandi ukungahaye ubudahemuka, ntukomeza umugambi wo kugira nabi.


Nzatsemba abirengagije Uhoraho, batakimushakashaka kandi ntibamugishe inama.


Ariko uzakomera kugeza ku ndunduro, uwo ni we uzarokoka.


Jyeweho ndababwira ngo ’Nimukunde ababanga, musabire ababatoteza’.


Muri iyo minsi, Yezu ajya ku musozi gusenga, ijoro arikesha asenga Imana.


Intungane yanjye izabeshwaho n’ukwemera; nyamara niba inyuze ukwayo, ntizongera guhimbaza umutima wanjye.»


«Nimwumve uko ikoraniro ryose ry’Uhoraho rivuga: Ubwo buhemu ni ubw’iki mugirira Imana ya Israheli, mukaba uyu munsi mwitandukanyije n’Uhoraho, mwiyubakira urutambiro kandi mukanamwigomekaho?


Naho ku binyerekeyeko, nti bikabeho ko ncumura kuri Uhoraho, nkarorera kubasabira. Nzabayobora inzira nziza kandi itunganye.


Samweli abwira Sawuli, ati «Wahubutse! Ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Nyamara, Uhoraho yari gukomeza ubwami bwawe kuri Israheli iteka ryose.


Uhoraho ni ko kubwira Samweli muri aya magambo ati


Ubu rero genda urimbure Amaleki, uzarimbure ibyo batunze byose, ntuzagire na kimwe usigaza. Uzice abagabo n’abagore, abana bato n’abakiri ku ibere, inka n’intama, ingamiya n’indogobe.’»


Kuva ubwo Samweli ntiyongera kubonana na Sawuli kugeza ubwo apfuye; ahubwo yakomeje kumuririra, kuko Uhoraho yicuzaga ko yagize Sawuli umwami wa Israheli.


Ariko Sawuli n’ingabo ze, ntibagira icyo batwara Agagi n’amatungo meza yo mu mashyo ye. Ibyari byiza byose, ari amatungo magufi, ari amaremare, byo ntibagira icyo babitwara. Nyamara ibindi bintu byose bidafite agaciro, barabirimbura.


Uhoraho abwira Samweli, ati «Uzakomeza kuririra Sawuli kugeza ryari, kandi nanjye ubwanjye naramuzinutswe, akaba atazongera kuba umwami wa Israheli? Uzuza amavuta ihembe ryawe maze ugende! Nkohereje kwa Yese w’i Betelehemu, kuko nabonye umwami nshaka mu bahungu be.»


Ibyo bibabaza cyane Samweli, ubwo bavugaga bati «Twimikire umwami ajye atuyobora.» Nuko Samweli atakambira Uhoraho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan