Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 13:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Samweli abwira Sawuli, ati «Wahubutse! Ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Nyamara, Uhoraho yari gukomeza ubwami bwawe kuri Israheli iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Maze Samweli abwira Sawuli ati “Wafuditse, ntiwumviye itegeko ry'Uwiteka Imana yawe yagutegetse, none Uwiteka aba akomeje ubwami bwawe mu Isirayeli iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Samweli abwira Sawuli ati: “Wakoze iby'ubucucu, ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Iyo urikurikiza, Uhoraho yajyaga guha ingoma yawe kuzaramba mu Bisiraheli!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Samweli abwira Sawuli ati: “Wakoze iby'ubucucu, ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Iyo urikurikiza, Uhoraho yajyaga guha ingoma yawe kuzaramba mu Bisiraheli!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 13:13
23 Iomraidhean Croise  

Ntiwaretse mpobera abahungu n’abakobwa banjye. Rwose wagenjeje nk’umupfu!


Dawudi ngo amare kubarura imbaga, yumva umutima we udiha. Ni ko kubwira Uhoraho, ati «Ni icyaha gikomeye nakoze. None rero, Uhoraho, ndakwinginze ngo wirengagize icyaha cy’umugaragu wawe, kuko nakoze nk’umusazi.»


Eliya aramusubiza ati «Si jye wateje ibyago, ahubwo ni wowe n’inzu ya so, kuko mwirengagije amategeko y’Uhoraho mukiyegurira Behali.


Akabu abwira Eliya, ati «Urambonye, mwanzi wanjye!» Undi aramusubiza ati «Ndakubonye kuko watinyutse gukora ibyo Uhoraho yanga.


Sawuli yapfuye atyo kubera ko yahemukiye Uhoraho, ntiyumvire ijambo rye, kandi no kubera ko yagiye guhanuza ku mushitsikazi,


kuko Uhoraho ahanga amaso ku isi yose kugira ngo arengere abafite umutima umutunganiye. Ubu noneho wagenjeje nk’umupfu; ni yo mpamvu guhera ubu uzahora mu ntambara.»


Yehu mwene Hanani umushishozi aramusanganira, maze abaza umwami Yozafati ati «Mbese byari ngombwa gufasha umugome ukaba wakunda abanzi b’Uhoraho? Ngicyo igitumye Uhoraho akurakarira.


Ni we ubwira umwami, ati ’Nta cyo umaze’, akabwira ibikomangoma ati ’Muri abagome.’


Umuntu ashimirwa ko ashyira mu gaciro, naho uw’umutima w’ibinyoma akabigayirwa.


Ubusazi bw’umuntu ni bwo bumuyobya, n’umutima we ukarakarira Uhoraho.


Nuko Izayi abwira Hezekiya ati «Umva ijambo ry’Uhoraho, Umugaba w’ingabo!


ariko bakwanga kumva ijwi ryanjye, ahubwo bagakora ikibi nanga, nkisubiraho nkareka ibyiza nari niyemeje kubakorera.


Ariko Ana ntiyazamukana na bo, ahubwo abwira umugabo we, ati «Ntegereje ko umwana acuka: ni bwo nzamujyana, tumwegurire Uhoraho, maze abe ariho azaguma.»


ndibwira nti ’Ubu ngubu Abafilisiti bagiye kumfatira i Giligali, kandi ntari nurura Uhoraho.’ Nuko niyemeza kumutura igitambo gitwikwa.»


«Ndicuza icyatumye mpa Sawuli ubwami, kuko yantengushye ntakurikize amategeko yanjye.» Nuko Samweli biramubabaza cyane, arara atakambira Uhoraho ijoro ryose.


Ariko Samweli aramubwira ati «Ugira ngo Uhoraho yishimira ibitambo bitwikwa n’ibindi bitambo, nk’uko ashimishwa n’uwumvira amategeko ye? Oya da! Kumvira biruta igitambo icyo ari cyo cyose, no kwitonda bigasumba kure ibinure bya za rugeyo.


Samweli aramubwira ati «Uhoraho uyu munsi yakunyaze ubwami bwa Israheli, abuha undi yihitiyemo ukuruta ubwiza.


Uhoraho abwira Samweli, ati «Uzakomeza kuririra Sawuli kugeza ryari, kandi nanjye ubwanjye naramuzinutswe, akaba atazongera kuba umwami wa Israheli? Uzuza amavuta ihembe ryawe maze ugende! Nkohereje kwa Yese w’i Betelehemu, kuko nabonye umwami nshaka mu bahungu be.»


Sawuli aravuga ati «Nacumuye. Garuka, Dawudi mwana wanjye, sinzongera kukugirira nabi, kuko uyu munsi wubahirije ubugingo bwanjye. Ni byo koko, nahubutse nk’umusazi kandi nibeshye bikabije.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan