Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 11:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Nuko bukeye bwaho, Sawuli agabanya abantu mo amatsinda atatu. Binjira mu ngando butari bwacya, bica Abahamoni kugeza ku manywa y’ihangu. Abacitse ku icumu baratatana, ntibongera guhura ukundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Bukeye bwaho, Sawuli agabanya abantu mo imitwe itatu basesekara mu rugerero rw'Abamoni mu museke. Banesha Abamoni kugeza ku manywa y'ihangu maze abacitse ku icumu baratatana, haba ngo wabona na babiri bakiri hamwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Sawuli agabanya ingabo mo imitwe itatu. Bujya gucya zitera inkambi y'Abamoni, zirabica kugeza ku gasusuruko. Abacitse ku icumu baratatana, umwe aca ukwe undi ukwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Sawuli agabanya ingabo mo imitwe itatu. Bujya gucya zitera inkambi y'Abamoni, zirabica kugeza ku gasusuruko. Abacitse ku icumu baratatana, umwe aca ukwe undi ukwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 11:11
14 Iomraidhean Croise  

Aho hantu Abrahamu ahita Hareba — Uhoraho; ni cyo gituma na n’ubu bakivuga ngo ’Ku musozi Uhoraho areberwaho’.


Hanyuma Dawudi agabanya ingabo ze mu byiciro bitatu; icya mbere agiha Yowabu, icya kabiri agiha Abishayi mwene Seruya, murumuna wa Yowabu, naho icya gatatu agiha Itayi w’Umugiti. Umwami abwira imbaga, ati «Nanjye ubwanjye niteguye gutabarana namwe.»


Igenewe umuririmbisha. Ni indirimbo y’abahungu ba Kore, ikaririmbwa banihiriza ijwi.


Ngo bigere mu museke, Uhoraho arebera ingabo z’Abanyamisiri muri ya nkingi y’umuriro n’agacu, maze atera impagarara mu ngabo z’Abanyamisiri;


kuko, uko muzaba mwaziciye, ni ko muzazicirwa, n’igipimisho muzageresha, ni cyo namwe muzagererwamo.


Koko rero, urubanza ntirugira impuhwe ku muntu utaragize impuhwe; nyamara impuhwe zisesa urubanza.


Adoni‐Bezeki aravuga ati «Abami mirongo irindwi bari baraciwe ibikumwe by’ibiganza n’iby’ibirenge, batoraguraga ibisigazwa byo mu nsi y’ameza yanjye. Ibyo nabakoreye, Imana irabinyituye.» Bamuzana i Yeruzalemu, ari na ho yaguye.


Baraki akurikirana amagare n’ingabo kugera i Harosheti‐Goyimu; ingabo zose za Sisera azimarira ku nkota; ntiyasigaza n’umwe.


Ba bantu uko ari magana atatu, Gideyoni abacamo amatsinda atatu. Buri muntu amuha ihembe n’ikibindi kirimo ubusa, muri buri kibindi hashinzemo ifumba y’umuriro.


Nuko ya matsinda uko ari atatu avuza ihembe, amenagura n’ibibindi; mu kiganza cy’ibumoso bari bafashe ifumba y’umuriro, naho mu cy’iburyo bafashe amahembe bayavuza, maze bagatera hejuru bati «Ku bw’Uhoraho no ku bwa Gideyoni!»


Nuko Abimeleki afata ingabo ze, azicamo amatsinda atatu, bajya kwihisha ku gasozi. Ngo arabukwe abaturage basohotse mu mugi, abagwa gitumo arabica.


Nahashi w’Umuhamoni arabasubiza ati «Ndemera ko tugirana isezerano, buri wese muri mwe niyemera ko munogoramo ijisho ry’iburyo, maze ngakoza isoni Israheli yose.»


Sawuli yamaze kuba umwami wa Israheli, ashyamirana n’abanzi be b’impande zose, arwana na Mowabu, n’Abahamoni n’Abanyedomu, n’umwami w’i Shoba, n’Abafilisiti, kandi aho yaganaga hose yabagiriraga nabi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan