Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 10:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Hanyuma uzagera i Gibeya ku musozi w’Imana, aho abatware b’Abafilisiti batuye. Niwinjira aho mu mugi, uzahahurira n’itorero ry’abahanuzi bariho bahanura; baherekejwe n’inanga, ingoma, imyirongi n’imiduri, bava ahirengeye gusenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Maze uragera ku musozi w'Imana, aho ingabo z'Abafilisitiya ziganditse. Nugera muri uwo mudugudu, urahurirayo n'umutwe w'abahanuzi bamanukana na nebelu n'ishako, n'imyironge n'inanga bibagiye imbere bava mu rusengero rwo ku kanunga, urasanga bahanura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nyuma y'ibyo uragera i Gibeya-Elohimu, aho ingabo z'Abafilisiti zikambitse. Niwinjira mu mujyi urahura n'itsinda ry'abahanuzi, bamanutse bava ahasengerwa Imana bahanura. Imbere yabo haraba hari abacuranga inanga y'indoha n'inanga nyamuduri, n'abavuza ingoma n'imyirongi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nyuma y'ibyo uragera i Gibeya-Elohimu, aho ingabo z'Abafilisiti zikambitse. Niwinjira mu mujyi urahura n'itsinda ry'abahanuzi, bamanutse bava ahasengerwa Imana bahanura. Imbere yabo haraba hari abacuranga inanga y'indoha n'inanga nyamuduri, n'abavuza ingoma n'imyirongi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 10:5
27 Iomraidhean Croise  

Amanywa arangiye, bakomeza guhanura kugeza igihe cyo gutura igitambo cya nimunsi. Ariko ntihagira ijwi ryumvikana, cyangwa ijambo, cyangwa se ikindi kimenyetso cy’uko bitaweho.


Abahanuzi bo mu itorero ry’i Yeriko bamurebaga bamwitegeye, baravuga bati «Umwuka w’ubuhanuzi bwa Eliya winjiye muri Elisha.» Nuko baramusanganira, baramupfukamira, bakoza umutwe ku butaka.


Abahanuzi bo mu itorero ry’i Beteli basanga Elisha, baramubaza bati «Uzi ko uyu munsi Uhoraho ajyana shobuja mu ijuru, hejuru yawe?» Arabasubiza ati «Nanjye ndabizi, nimuceceke!»


Abahanuzi bari i Yeriko basanga Elisha, baramubaza bati «Uzi ko uyu munsi Uhoraho ajyana shobuja mu ijuru, hejuru yawe?» Arabasubiza ati «Nanjye ndabizi, nimuceceke!»


Abantu mirongo itanu bo mu itorero ry’abahanuzi barabakurikira, ariko bahagarara bareba Yorudani, Eliya na Elisha bari bahagaze bombi ku nkombe y’uruzi.


None ubu nzanira umucuranzi!» Mu gihe wa mucuranzi yacurangaga, ikiganza cy’Uhoraho kiza kuri Elisha.


Elisha asubira i Giligali, ubwo inzara yacaga ibintu mu gihugu. Kubera ko abahanuzi bo mu itorero ry’aho bari bicaye imbere ye, yabwiye umugaragu we, ati «Shyira inkono nini ku ziko, maze uteke isupu y’abahanuzi.»


Abahanuzi babwira Elisha, bati «Umwanya twicaramo hano imbere yawe ni muto cyane.


Ubwo Dawudi yari mu buhungiro, naho igico cy’Abafilisiti kiri i Betelehemu.


Dawudi n’Abayisraheli bose babyinanaga imbaraga zabo zose imbere y’Imana baherekejwe n’indirimbo, imiduri, inanga, ingoma, ibinyuguri n’amakondera.


Kandi, Hemani na Yedutuni bari kumwe na bo bafite amakondera n’ibyuma birangira n’ibyuma biherekeza indirimbo z’Imana. Bene Yedutuni bari bashinzwe irembo.


Abo ni aba: Asafu w’umutware, Zekariya, umufasha we; hagakurikiraho Uziyeli, Shemiramoti, Yehiyeli, Matatiya, Eliyabu, Benayahu, Obededomu na Yehiyeli. Bari bafite inanga ntoya n’inini, naho Asafu yacurangaga ibyuma birangira.


Umunwa wanjye ugiye kuvuga amagambo y’ubuhanga, n’umutima wanjye uzirikane ibiboneye.


kwamamaza ineza yawe kuva mu gitondo, n’ubudahemuka bwawe ijoro ryose,


Ngaho rero nimukurikirane urukundo, kandi muharanire ingabire za Roho, cyane cyane iy’ubuhanuzi.


Nuko ageze i Gibeya, itorero ry’abahanuzi riza rimusanga. Umwuka w’Uhoraho umwuzuramo, maze na we aratwarwa, atangira guhanura hamwe na bo.


Bazakuramutsa kandi baguhe n’imigati ibiri: uzayakire.


Bukeye yitoranyiriza abantu ibihumbi bitatu muri Israheli: ibihumbi bibiri bari kumwe na we i Mikimasi no ku musozi wa Beteli, abandi igihumbi bari kumwe na Yonatani i Gibeya yo kwa Benyamini. Naho rubanda basigaye arabasezerera, buri muntu ataha iwe.


Yonatani atsinda umwe mu batware bategekera Abafilisiti wari utuye i Gibeya, nuko Abafilisiti barabimenya. Hanyuma Sawuli ategeka ko bavuza ihembe mu gihugu cyose, agira ati «Abahebureyi babyumve!»


Nuko Sawuli yoherezayo intumwa gufata Dawudi. Ngo zigereyo, za ntumwa zihasanga itorero ry’abahanuzi bariho bahanura, na Samweli ahagaze imbere yabo. Ubwo umwuka w’Imana uzizamo, na zo ziratwarwa zitangira guhanura.


Abo bakobwa barabasubiza bati «Arahari, ndetse ari aho imbere yanyu. Nimwihute kuko uyu munsi ari bwo akigera mu mugi, none abantu bakaba bagiye kujyana na we mu isengero ry’ahirengeye gutura ibitambo ku mugaragaro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan