Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 10:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Nuko Samweli afata urwabya rw’amavuta, ayasuka ku mutwe wa Sawuli, aramuhobera, maze aravuga ati «Mbese aho si Uhoraho wagusize, ngo ube umutware w’umuryango we?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nuko Samweli yenda imperezo y'amavuta ayamusuka ku mutwe, aramusoma aravuga ati “Mbese ibyo si byo byerekana ko Uwiteka akwimikishije amavuta, ngo ube umutware wa gakondo ye?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nuko Samweli afata agacupa k'amavuta ayasuka ku mutwe wa Sawuli, maze aramuhobera agira ati: “Uhoraho yakwimikishije amavuta kugira ngo ube umuyobozi w'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nuko Samweli afata agacupa k'amavuta ayasuka ku mutwe wa Sawuli, maze aramuhobera agira ati: “Uhoraho yakwimikishije amavuta kugira ngo ube umuyobozi w'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 10:1
38 Iomraidhean Croise  

Dawudi aramubaza ati «Wabitewe n’iki rero, kugira ngo ube utatinye kurambura ikiganza cyawe, ukica uwo Uhoraho yasize amavuta y’ubwami?»


Umwami aramusubiza ati «Kimuhamu nakomeze kujyana nanjye, kandi nzamukorera icyo ushaka, n’icyo uzansaba cyose nzakigukorera.»


Uyu mugi wacu si wo munyamahoro kandi w’indahemuka mu yindi yose ya Israheli? Naho wowe, urashaka kuwurimbura, kandi ari umurwa mukuru muri Israheli! Urashakira iki koreka umurage w’Uhoraho?»


Kera, igihe Sawuli yari akiri umwami wacu, ni wowe watabaranaga na Israheli kandi ugatabarukana na yo. Kandi rero, Uhoraho yarakubwiye ati ’Ni wowe uzaragira umuryango wanjye Israheli, kandi ni wowe uzaba umutware wa Israheli.’»


Aho ni ho umuherezabitambo Sadoki n’umuhanuzi Natani bari bumusigire amavuta amwimikira kuba umwami wa Israheli, naho mwe muvuze impanda, murangurura amajwi muti ’Harakabaho umwami Salomoni!’


Ariko nzasiga muri Israheli abantu ibihumbi birindwi batapfukamiye Behali, ntibanamuramye.»


«Subirayo ubwire Hezekiya, umutware w’umuryango wanjye, uti ’Jyewe, Uhoraho, Imana ya sokuruza Dawudi, numvise amasengesho yawe, mbona n’amarira yawe, none ngiye kugukiza: ndetse mu minsi itatu uzashobora kuzamuka ujye mu Ngoro y’Uhoraho.


Umuhanuzi Elisha ahamagara umwe wo mu itorero ry’abahanuzi, aramubwira ati «Kenyera, ufate aka kabya k’amavuta mu ntoki, maze ujye i Ramoti y’i Gilihadi.


Baramubwira bati «Uratubeshya! Tubwire uko byagenze!» Arabasubiza ati «Dore ibyo yambwiye byose: ngo Uhoraho yavuze ngo ’Nkwimikishije aya mavuta ngo ube umwami w’Abayisraheli.’»


Koko Uhoraho yihitiyemo Yakobo, Israheli ayigira inyarurembo ye.


naho ubundi yarakara, mukarimbukira mu nzira, kuko uburakari bwe budatindiganya! Hahirwa abamuhungiraho bose.


amuvana inyuma y’intama zonsa, kugira ngo aragire Yakobo, umuryango we, na Israheli, umurage we.


«Ushake imibavu y’indobanure: uburemere bw’amasikeli magana atanu ya manemane y’umushongi; igice cy’ubwo buremere ari byo kuvuga amasikeli magana abiri na mirongo itanu ya sinamomu; n’amasikeli magana abiri na mirongo itanu y’imbingo zihumura cyane;


Naho Imana, yo mugabane wa Yakobo si uko iteye! Yo, ni umuremyi wa byose; Israheli ikaba ari umuryango yeguriweho umugabane; Uhoraho Umugaba w’ingabo, ni ryo zina rye. (Yeremiya:)


Wari wisesuyeho imitamirizo ya zahabu n’umuringa, wambaye imyenda y’ihariri y’akataraboneka n’indi itatse amabara yose, ugatungwa n’ifu y’inono, ubuki n’amavuta; bityo ugenda urushaho kugira uburanga maze umera nk’umwamikazi.


Na n’ubu baracyakomeza gucumura: bikoreye ibishushanyo mu cyuma gishongeshejwe, feza yabo bayikoramo ibigirwamana bihimbiye, kandi ibyo byose ari ibikorwa by’umunyabukorikori! Nuko bakavuga bati «Nimubiture ibitambo», naho abantu bakunamira ibimasa!


Ni bwo basabye umwami, Imana ibaha Sawuli mwene Kishi wo mu muryango wa Benyamini, amara imyaka mirongo ine ku ngoma.


Koko rero, ingarigari y’Uhoraho ni uwo muryango we, bene Yakobo bakaba umunani yegukanye.


Muramukanye n’abavandimwe bose mu muhoberano mutagatifu.


Mu by’ukuri, byari bikwiye ko Imana, Yo irema byose ikabibeshaho, igira ikirenga Umwana wayo — ari we uburokorwe bwose buturukaho —, imunyujije mu bubabare, ngo ibonereho kwigarurira abana batabarika basangira ikuzo ryayo.


Ngo amare kwakira igitabo, bya Binyabuzima bine n’Abakambwe makumyabiri na bane, bapfukama imbere ya Ntama. Buri wese yari afite inanga n’ibyotezo bya zahabu byuzuyemo imibavu, ari yo masengesho y’abatagatifu.


Ngaha ndi hano! Nimunshinje imbere y’Uhoraho n’imbere y’uwo yasize: ni nde naba naranyaze ikimasa cye cyangwa indogobe ye? Ni nde nariganyije cyangwa nakandamije? Ni nde naba narahatiye kumpa ibiguzi ngo mbonereho kwirengagiza ibibi yakoze? Nihagira uboneka, nzabimuriha.»


Ariko noneho, ubwami bwawe ntibuzaramba. Uhoraho yamaze kwishakira undi muntu ashyizeho umutima, kandi ni we yashyizeho ngo abe umwami w’umuryango we, kuko utumviye icyo Uhoraho yagutegetse.»


Samweli abwira Sawuli, ati «Ni jyewe Uhoraho yohereje kugusiga, ngo ube umwami wa Israheli, umuryango we. Tega amatwi rero ijwi ry’Uhoraho n’amagambo ye.


Nuko Samweli aravuga ati «N’ubwo wigaya nawe ubwawe, ese ubundi nturi umutware w’imiryango ya Israheli? Uhoraho yagusigiye kuba umwami wa Israheli.


Uhoraho abwira Samweli, ati «Uzakomeza kuririra Sawuli kugeza ryari, kandi nanjye ubwanjye naramuzinutswe, akaba atazongera kuba umwami wa Israheli? Uzuza amavuta ihembe ryawe maze ugende! Nkohereje kwa Yese w’i Betelehemu, kuko nabonye umwami nshaka mu bahungu be.»


Samweli afata ihembe ry’amavuta, amusigira hagati y’abavandimwe be, maze umwuka w’Imana wuzura muri Dawudi guhera uwo munsi. Samweli akomeza urugendo agana i Rama.


Uhoraho, abanzi be bazarimburwa, aho ari mu ijuru azabahindishaho inkuba. Uhoraho azacira isi yose urubanza, azahe ububasha umwami yiyimikiye, kandi akuze uwo yisigiye amavuta y’ubutore.»


Ariko nyuma y’ibyo, Dawudi yumva umutima we uradiha, kuko yari akebye agatambaro ku gishura cya Sawuli.


Uhoraho azabimpore, nindamuka nkojeje ikiganza ku uwo yiyimikiye! None rero, fata ririya cumu riri ku musego we n’igicuma cy’amazi, maze twigendere.»


Nuko Dawudi aramusubiza ati «Sigaho kumwica! Ni nde ushobora gukoza ikiganza ku uwo Uhoraho yasize amavuta, maze ntabiryozwe?»


Ariko iyo mbaga yanga kumvira Samweli, baravuga bati «Icyo dushaka ni umwami,


None rero, umva icyo bakubwira; ariko kandi unabasobanurire neza uburyo uwo mwami bashaka azabategeka.»


«Ejo kuri iyi saha, nzakoherereza umugabo wo mu gihugu cya Benyamini, uzamusige amavuta y’ubutore abe umutware w’umuryango wanjye Israheli, kandi azawukize ikiganza cy’Abafilisiti. Kuko namaze kwitegereza umuryango wanjye, kandi ugutakamba kwawo kukaba kwangezeho.»


Bakimanuka ku rubibi rw’umugi, Samweli abwira Sawuli, ati «Bwira umugaragu wawe atambuke.» Nuko abajya imbere. Arongera ati «Naho wowe, ba uhagaze, nkubwire ijambo ry’Imana.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan