Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 5:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Murabe maso, mumenye kwiramira, kuko umwanzi wanyu Sekibi ariho azerera nk’intare itontoma, ashaka uwo yaconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Mwirinde ibisindisha mube maso, kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Mwirinde gutegekwa n'inda kandi mube maso, kuko umwanzi wanyu Satani akora hirya no hino nk'intare itontoma ishaka uwo iconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Mwirinde gutegekwa n'inda kandi mube maso, kuko umwanzi wanyu Satani akora hirya no hino nk'intare itontoma ishaka uwo iconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 5:8
61 Iomraidhean Croise  

Uhoraho abaza Sekibi, ati «Uturutse he?» Sekibi asubiza Uhoraho ati «Mvuye kuzerera isi no kuyitambagira.»


ibyana by’intare bigatontoma bishaka icyo bifata, maze bigasaba Imana icyo birya.


«Mushakire umugome umuhagarara iburyo, maze amushinje!


Uburakari bw’umwami ni nk’imitontomo y’intare, ariko ineza ye ikamera nk’ikime cyatonze ku byatsi.


Uburakari bw’umwami ni nk’imitontomo y’intare, umurakaje aba yihemukiye ubwe.


Umutware mubi ukandamiza imbaga y’abanyantege nke, ni nk’intare itontoma cyangwa ikirura gishonje.


None se ko undenganura ari hafi, ni nde watinyuka kumburanya ? Naze tujyane imbere y’umucamanza! Ni nde uzanshinja mu rubanza ? Ngaho niyigaragaze, maze anyegere!


Ibibwana by’intare birabwejagura biyitontomera. Israheli yahindutse umwirare, imigi yayo yaratwitswe, nta muturage ukiyirangwamo.


Igihe bo bazaba bakoranye, batontoma nk’intare z’ibisore, bagahuma nk’ibyana by’intare z’ingore,


Nuko irimbura ingoro z’abantu, isenya n’imigi yabo, igihugu n’abagituye bakuka umutima, kubera urusaku rw’umutontomo wayo.


Abatware bagutuye bameze nk’intare itontoma, itanyaguza umuhigo wayo; bariye rubanda, bigabiza ubukire n’ibintu by’agaciro, bakugwizamo abapfakazi.


Bazaza bakurikiye Uhoraho uzaba yivuga nk’intare; natangira kwivuga abana bazahinda umushyitsi, baze baturuka mu burengerazuba.


Nabateye nk’ikirura bacuje ibyana byacyo, mbamenagura agatuza; nabaconshomeye nk’intare y’ingore, n’inyamaswa z’ishyamba zirabatanyagura.


Yaravuze ati «Uhoraho yivugiye kuri Siyoni, arangururira ijwi rye i Yeruzalemu; inzuri z’abashumba ziri mu kababaro, n’ibitwa bya Karumeli birumirana.»


Mbese hari ubwo intare itontoma mu ishyamba itabonye icyo ihiga? Icyana cy’intare se cyomonganya ijwi mu ndiri yacyo nta cyo cyafashe?


Intare itontomye, ni nde utatinya? Nyagasani Uhoraho avuze, ni nde utahanura?


Nimwumve amaganya y’abashumba, kuko ikuzo ryabo ryahindutse ubusa; mwumve umutontomo w’ibyana by’intare, kuko ubwirasi bwa Yorudani bwatsiratsijwe.


Hanyuma Uhoraho anyereka Yozuwe, umuherezabitambo mukuru, wari uhagaze imbere y’umumalayika w’Uhoraho, ariko Sekibi akaba ahagaze iburyo bwe kugira ngo amurege.


umwanzi warubibye ni Sekibi; isarura ni iherezo ry’isi; abasaruzi ni abamalayika.


Nuko rero murabe maso, kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azaziraho.


Hanyuma azabwire n’ab’ibumoso, ati ’Nimumve iruhande, mwa bivume mwe, mujye mu muriro w’iteka wagenewe Sekibi n’abamalayika be;


Hanyuma Yezu ajyanwa na Roho Mutagatifu mu butayu kugira ngo ashukwe na Sekibi.


Umushukanyi amusiga aho. Ubwo abamalayika baramwegera, baramuhereza.


Hari rero abari iruhande rw’inzira aho iryo Jambo ribibwa. Bamara kuryumva, ako kanya Sekibi akaza, akabakuramo iryo jambo ryababibwemo.


Mwitonde rero, hato imitima yanyu itazatwarwa n’ubusambo, n’isindwe, n’uducogocogo tw’ubuzima, maze uwo munsi ukazabagwa gitumo.


Mube maso kandi musenge igihe cyose, kugira ngo muzabone intege zo guhunga ibyo bintu byose bizaza, no kugira ngo muzashobore gutunguka mu maso y’Umwana w’umuntu.»


Nuko Yezu aravuga ati «Simoni, Simoni! Dore Sekibi yabasabye ngo abashungure nk’ingano,


Ubabyara koko ni Sekibi, none murashaka gukora ibyo so yifuza. Kuva mu ntangiriro yamye ari umwicanyi, kandi ntiyigeze aba mu kuri, kuko atigeze atunga ukuri. Igihe avuga ibinyoma, aba avuga ibiri ibye, kuko yamye ari umubeshyi, ndetse akaba na Sekinyoma.


ngo tudaha Sekibi urwaho; imigambi yayo ntituyiyobewe.


Ntimugahe Sekibi urwaho.


Nimwambare intwaro zikomoka ku Mana, kugira ngo mubashe guhangara imitego ya Sekibi.


Nyamara ariko azakizwa no kuba umubyeyi, apfa gusa guhorana ubwiyoroshye kandi akaba indacogora mu kwemera, mu rukundo no mu butungane.


Abagore na bo bagomba kugira imyifatire ikwiriye bakarimbana ubwiyoroshye, nta kurata ubukire, nta kuboha imisatsi, nta mitako ya zahabu, nta masaro cyangwa imyambaro y’igiciro,


N’abagore ni uko: bagomba kuba ari inyangamugayo, ntibabe abanyamazimwe, ntibagire inda nini, kandi bakaba indahemuka muri byose.


Ariko rero, umwepiskopi agomba kuba ari umuntu w’inyangamugayo, washyingiwe rimwe risa, ntagire inda nini, agacisha make, akagira ubupfura, akamenya kwakira neza abamugana, kandi akaba ashoboye ibyo kwigisha,


Naho Nyagasani we yambaye hafi, maze antera imbaraga kugira ngo mbashe kuhamamariza ubutumwa nshize amanga, kandi ngo abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkizwa urwasaya rw’intare.


ahubwo akamenya kwakira abamugana, agakunda ibiboneye, akitonda, akaba intabera n’umuyoboke ku Mana, akamenya kwitsinda,


itwigisha kureka kugomera Imana no gutwarwa n’irari ry’iby’iyi si, kugira ngo guhera ubu ngubu tubeho turangwa n’ubwitonzi, ubutungane, n’ubusabaniramana,


Abasaza nibajye birinda isindwe, biyubahe, bashyire mu gaciro, bakomere mu kwemera, mu rukundo, n’ubudacogora.


bityo bigishe abagore bakiri bato gukunda abagabo babo n’abana babo,


Jya ushishikaza n’abasore ngo bashyire mu gaciro.


Nimuyoboke rero Imana; mwiyime Sekibi, maze azabahungire kure.


Nimuhore rero mwiteguye, mube maso kandi mushyire amiringiro yanyu yose mu ngabire muzahabwa igihe Yezu Kristu azaba yigaragaje.


Nyamara iherezo rya byose riregereje. Murabe rero abashishozi n’abizige, kugira ngo muhugukire gusenga.


Hanyuma numva ijwi riranguruye rituruka mu ijuru riti «Ngiki igihe cy’ubucunguzi kirageze, igihe cy’ububasha n’ubwami by’Imana yacu, n’ubutegetsi bwa Kristu wayo: kuko Kareganyi, wahoraga arega abavandimwe bacu ku Mana yacu amanywa n’ijoro, ahanantuwe.


Kubera iyo mpamvu, ijuru niryishime, namwe abarituye munezerwe! Naho mwebwe, isi n’inyanja mwiyimbire, kuko Sekibi yamanutse abasanga n’uburakari bwinshi, kandi akaba azi ko ashigaje igihe gito.»


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Na Sekibi wabayobyaga, arohwa mu nyenga y’umuriro n’ubujeni, aho cya Gikoko na wa muhanurabinyoma bari. Bazababara amanywa n’ijoro, uko ibihe bizahora bisimburana iteka.


Afata cya Gikoko, Inzoka ya kera na kare, ari yo Sekibi na Sekinyoma, maze arakiboha ngo kigume ku ngoyi imyaka igihumbi.


Samusoni aramanuka ajya i Timuna. Ageze ku mizabibu y’i Timuna, ahura n’icyana cy’intare kiza kimutontomera.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan