Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 5:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Nimwicishe bugufi rero mu nsi y’ukuboko kw’Imana kwuje ububasha; kugira ngo igihe nikigera, izabashyire ejuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Nuko mwicishe bugufi muri munsi y'ukuboko gukomeye kw'Imana, kugira ngo ibashyire hejuru mu gihe gikwiriye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Nuko rero mwicishe bugufi imbere y'Imana igira amaboko, kugira ngo izabakuze igihe kigeze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Nuko rero mwicishe bugufi imbere y'Imana igira amaboko, kugira ngo izabakuze igihe kigeze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 5:6
41 Iomraidhean Croise  

«Wabonye uko Akabu yicishije bugufi imbere yanjye? Kubera ko yicishije bugufi mu maso yanjye, sinzamuteza ibyago akiri ku ngoma, ahubwo nzabiteza inzu ye ku ngoma y’umuhungu we.»


nuko umaze kubyumva umutima wawe uricuza, wicisha bugufi imbere y’Uhoraho, kandi ushishimura imyambaro yawe ndetse usuka amarira imbere yanjye . . . ubu rero nanjye ubwanjye nakumvise!


Kubera ko umwami yari yicishije bugufi, Uhoraho ntiyakomeje kumurakarira maze areka kubatsemba, kuko mu Bayuda hari harimo bamwe na bamwe bagikora neza.


Nyamara abantu bamwe b’i Asheri, Manase, na Zabuloni, biyumvamo ikosa, bajya i Yeruzalemu.


Icyakora Hezekiya yicishije bugufi, we n’abaturage b’i Yeruzalemu, nuko Uhoraho ntiyabatsemba ku ngoma ye.


Ageze mu kaga, Manase yinginga Uhoraho Imana ye, yicisha bugufi cyane imbere y’Imana y’abasekuruza be.


Naho ugusenga kwe n’ukuntu Imana yamwumvise, ibyaha bye byose n’ubuhemu bwe, hamwe n’ahantu hirengeye yubatse amasengero kandi akahashyira inkingi za Ashera n’amashusho mbere y’uko yicisha bugufi, byose byanditswe mu gitabo cy’Ibyakozwe na Hozayi.


Icyakora we ntiyicisha bugufi imbere y’Uhoraho nk’uko se Manase yari yaricishije bugufi, ahubwo arushaho guhemuka.


Yakoze ibidatunganiye Uhoraho, Imana ye. Ntiyicishije bugufi imbere y’umuhanuzi Yeremiya wamubwiraga iby’Uhoraho.


Ni koko, Imana ifite ububasha bw’ikirenga, ni uwuhe mutware wayigereranya?


Naho jyewe, nzahora nsabagizwa n’ibyishimo, kandi nzacurangira Imana ya Yakobo,


Amajyaruguru n’amajyepfo, ni wowe wabiremye, Taboru na Herimoni birasingiza izina ryawe.


Musa na Aroni basanga Farawo, maze baramubwira bati «Uhoraho Imana y’Abahebureyi aravuze ngo: Uzanga kwiyoroshya imbere yanjye uzahereze hehe? Rekura umuryango wanjye kugira ngo ujye kunsenga;


Nzi neza ko umwami wa Misiri atazareka mugenda, keretse hagize ukuboko kw’ingufu kumucogoza.


Musa yurura Uhoraho Imana ye, avuga ati «Mbese Uhoraho, kuki uburakari bwawe bwagurumanira umuryango wawe, wivaniye ubwawe mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bukaze bw’ukuboko kwawe?


Ubwirasi bw’umuntu buzamutesha agaciro, naho ufite umutima wiyoroshya azakuzwa.


Ubwibone bw’abantu buzacogozwa, abikuza biyoroshye: uwo munsi hakuzwe Uhoraho wenyine.


Akabande kose gasibanganywe, umusozi wose n’akanunga kose bisizwe, n’imanga ihinduke ikibaya.


Kuko avuze atya, Usumba byose, agahoraho iteka, n’izina rye rikaba ritagatifu: Jyewe ndi Nyir’ubutagatifu ngasumba byose, nkaba no hafi y’uwicuza n’uwiyoroshya, kugira ngo nsubize ubuzima abasuzuguwe, mpembure imitima yashengutse.


Bwira umwami n’umugabekazi uti «Nimuce bugufi noneho! Ikamba ryanyu ry’agatangaza ryahanantutse ku mutwe wanyu.


Kugeza uyu munsi, ntimwigeze mwisubiraho, ntimwigeze mwubaha cyangwa ngo mukurikize amategeko n’amabwiriza nabagejejeho, mwebwe n’abasokuruza banyu.


Ab’ingenzi mu ngabo ze bose bazicwa n’inkota, abacitse ku icumu bakwirwe imishwaro; maze muzamenye ko ari jyewe Uhoraho wabivuze.’


Uhoraho ni ko kumbwira ati


Bazumva ko nanjye byandakaje maze nkabacira mu gihugu cy’abanzi. Cyangwa se nanone, umunsi umwe umutima wabo utagenywe uzicisha bugufi maze bemere igihano bahawe.


— Mwana w’umuntu, bakumenyesheje ikiri cyiza, ari cyo Uhoraho agushakaho: nta kindi uretse kubahiriza ubutabera, gukunda ubudahemuka, no kugendana n’Imana yawe mu bwiyoroshye.


Uzikuza wese azacishwa bugufi, naho uzicisha bugufi azakuzwa.


yahanantuye abakomeye abakura ku ntebe zabo, maze akuza ab’intamenyekana;


Kuko uwikuza wese azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi akazakuzwa.»


Ndabibabwiye: uwo musoresha yasubiye iwe ari intungane, naho ureke undi! Kuko uwikuza wese azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi akazakuzwa.»


Koko rero igihe twari tugifite intege nke, Kristu yapfiriye abanyabyaha ku munsi wagenwe.


Cyangwa se twaba dushaka kwikururira ishyari ry ’Imana? Twaba se tuyirusha amaboko?


Kumara inzigo no gutanga inyiturano ni jye nyirabyo, nkabizigamira igihe ibirenge byabo bizateshuka inzira; koko rero umunsi w’ibyago uri bugufi, ibihano byabateganyirijwe ntibigitinze.»


witanze ngo abe incungu ya bose. Ngicyo icyemezo cy’ugukizwa kwacu cyatanzwe igihe cyabigenewe kigeze,


maze amagingo yagennye yagera ikamenyekanya ijambo ryayo ibigirishije iyamamazabutumwa nashinzwe ku bushake bw’Imana Umukiza wacu:


Nimwicishe bugufi imbere ya Nyagasani, maze azabashyire ejuru.


Nimuyoboke rero Imana; mwiyime Sekibi, maze azabahungire kure.


Bavandimwe, ku byerekeye ububabare n’ubwiyumanganye, nimufatire urugero ku bahanuzi bavuze mu izina rya Nyagasani.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan