Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 4:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Koko rero, igihe cyahise cyari kibahagije kugira ngo mukore ibyo abatemera Kristu bifuza, mubeho mu ngeso mbi, mu byifuzo bibi, mu businzi, mu irari ryo kurya no kunywa no mu mihango igayitse y’ibigirwamana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Kuko igihe cyashize cyari gihagije gukora ibyo abapagani bakunda gukora, no kugira ingeso z'isoni nke, n'izo kurarikira no kunywa inzoga nyinshi, no kugira ibiganiro bibi no gusinda, n'imigenzo izira cyane y'abasenga ibishushanyo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Erega mwamaze igihe gihagije mukora ibyo abatazi Imana baharanira! Dore ibyo mwabagamo: ubwomanzi n'irari, ubusinzi n'inkera n'ubunywi, kimwe no gushengerera ibigirwamana kandi icyo ari ikizira ku Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Erega mwamaze igihe gihagije mukora ibyo abatazi Imana baharanira! Dore ibyo mwabagamo: ubwomanzi n'irari, ubusinzi n'inkera n'ubunywi, kimwe no gushengerera ibigirwamana kandi icyo ari ikizira ku Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 4:3
30 Iomraidhean Croise  

Nuko Abusalomu ategeka abagaragu be, ati «Mwitegereze neza! Nimubona Aminoni amaze kunezerezwa na divayi, amaze gusinda, maze nkababwira nti ’Mukubite Aminoni’, ubwo muhite mumwica. Ntimutinye; none se si jyewe ubibategetse? Nimukomere kandi mube intwari!»


Yakoze nabi cyane, yiyegurira ibigirwamana nk’uko Abahemori babigenzaga, ari bo Uhoraho yirukanye imbere y’Abayisraheli.


Asa yumvise ayo magambo n’ubutumwa bw’umuhanuzi Odedi, arakomera maze aca amahano y’ibigirwamana mu gihugu cy’Abayuda n’icy’Ababenyamini, ndetse aba ari na ko abigenza mu migi yigaruriye yo mu musozi wa Efurayimu. Asana urutambiro rw’Uhoraho rwari imbere y’urwinjiriro rw’Ingoro y’Uhoraho.


Abaherezabitambo n’abahanuzi barayobye kubera divayi, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, ibiyobyabwenge birabayobeje na divayi irabatabitse, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, barayoba mu ibonekerwa ryabo, bakibeshya igihe bahanura.


Baragowe! Ababyuka mu gitondo cya kare, biruka inyuma y’inzoga zikaze, bakageza ko bwira bagisinda divayi.


bibera mu marimbi, bakarara amajoro mu buvumo, barya inyama z’ingurube, bagashyira ku mbehe zabo ibyahumanye!


uzabasubize uti ’Impamvu ni uko abasokuruza banyu bantaye — uwo ni Uhoraho ubivuze — bakiruka inyuma y’ibigirwamana kugira ngo babikorere kandi babipfukamire. Jyewe barantaye, n’Itegeko ryanjye ntibarikomeza.


Nzabanza mbaryoze incuro ebyiri ibyaha byabo n’ibicumuro byabo; kuko igihugu cyanjye bagihindanyishije ibigirwamana byabo na byo bitibereyeho, maze umurage wanjye bakawuzuza ibiterashozi byabo.


Uzabwire ibyo birara by’umuryango wa Israheli, uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze. Narambiwe amahano yanyu, muryango wa Israheli;


Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Ibyo rwose birahagije, bami ba Israheli! Nimusigeho urwo rugomo rwanyu n’ubujura bwanyu; nimukurikize ubutabera n’ubutungane — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — murekere aho gutera hejuru umuryango wanjye, muwaka ibirenze urugero.


ubuhabara, umururumba, ubugome, uburyarya, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi, n’amafuti.


Imana rero yirengagije ibyo bihe by’ubujiji, none irahamagara abantu bose iyo bava bakagera ngo bisubireho,


Tugendane umurava nk’abagenda ku mugaragaro amanywa ava, nta busambo, nta businzi, nta busambanyi, nta biterasoni, nta ntonganya, nta shyari.


Mwibuke ko igihe mwari mutarayoboka Imana, mwagendaga mutwawe n’ibigirwamana bijunjamye.


Nguko uko bamwe muri mwe bari bameze. None, mwarasukuwe, mwaratagatifujwe muba intungane ku bw’izina rya Nyagasani Yezu Kristu, no ku bwa Roho w’Imana yacu.


Ndatinya rwose ko, igihe nzagaruka iwanyu, Imana yanjye izankoza isoni imbere yanyu, nkarizwa na benshi muri mwe bacumuye, ariko ntibisubireho ngo biyake ingeso mbi, ubusambanyi n’ubuhabara.


Ibikorwa by’umubiri birigaragaza : ubusambanyi, ubuhabara, ubwomanzi,


inzika, ubusinzi, ubusambo, n’ibindi nk’ibyo. Ndababuriye nk’uko nigeze kubibabwira : abakora bene ibyo, nta murage bazahabwa mu Ngoma y'Imana.


Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu.


yange gutwarwa n’irari nk’abanyamahanga batazi Imana.


Koko rero natwe kera twari ibicucu, n’intumvira, n’ibirara; twari twaratwawe n’irari ry’ibibi bitagira ingano, tukibera mu bugizi bwa nabi n’ishyari, dufite n’icyangiro, kandi natwe ubwacu tuzirana.


Nimube nk’abana bumvira, mureke gukurikiza irari mwari mufite kera, mukiri mu bujiji;


Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan