Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 4:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Niba se byaranditswe ngo «Intungane ikizwa biruhanyije», hazacura iki ku mugome n’umunyabyaha?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Kandi niba biruhije ko abakiranutsi bakizwa, utubaha Imana n'umunyabyaha bazaba he?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ubwo intungane zirokoka biziruhije, bizagendekera bite abatubaha Imana n'abanyabyaha?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ubwo intungane zirokoka biziruhije, bizagendekera bite abatubaha Imana n'abanyabyaha?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 4:18
27 Iomraidhean Croise  

Abantu b’i Sodoma bari inkozi z’ibibi, bahoraga bacumura kuri Uhoraho.


Niba intungane ihabwa ibiyikwiye ikiri ku isi, hazacura iki ku bagome n’abanyabyaha?


None se ko ngiye guteza amakuba mpereye ku mugi witiriwe izina ryanjye, mwebwe mwarokoka mute? Oya, ntimuzarokoka, kuko ngiye kwahura inkota mu baturage bose bo ku isi. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo ubivuze!»


Ariko se niba uwari intungane aretse ubutungane bwe, agakora icyaha akurikiza amahano yose umugiranabi akora, ubwo se murabona yazabaho? Ntibazibuka ukundi ko yakurikizaga ubutabera, ahubwo kubera ubuhemu bwe n’ibyaha yakoze, azapfa.


Abo barokotse nzabanyuze mu muriro, mbasukure nk’uko basukura feza, mbasuzume nk’uko basuzuma zahabu; bityo baziyambaze izina ryanjye, nanjye nzabababarire. Nzavuga nti «Ni umuryango wanjye», na bo bavuge bati «Uhoraho ni we Mana yacu».


Nuko abasoresha n’abanyabyaha basanga Yezu bose, bashaka kumwumva.


None se niba bagiriye batya igiti kibisi, icyumye bazakigenzereza bate?»


Bakomezaga umutima w’abigishwa, bakabatera umwete ngo bakomere mu kwemera, bababwira bati «Ni ngombwa ko tunyura mu magorwa menshi, kugira ngo tubone kwinjira mu Ngoma y’Imana.»


arambwira ati ’Pawulo, witinya! Ni ngombwa ko ugera imbere ya Kayizari, kandi Imana ikugiriye ubuntu bwo kugukiriza ubuzima, hamwe n’abo mufatanyije urugendo bose.’


Pawulo abwira umutegeka w’abasirikare n’ingabo ze, ati «Aba bantu nibataguma mu bwato, mwebwe ntimushobora kurokoka.»


Koko rero uburakari bw’Imana bwihishura buva mu ijuru burwanya abagomeramana bose, n’abagizi ba nabi bose bapfukirana ukuri muri iyo nabi.


Koko rero igihe twari tugifite intege nke, Kristu yapfiriye abanyabyaha ku munsi wagenwe.


Imana rero yerekanye urukundo idufitiye kuko Kristu yadupfiriye kandi twari abanyabyaha.


Bityo rero uwibwira ko ahagaze, aritonde atagwa.


umuntu akamenya ko Itegeko ritabereyeho intungane, ahubwo ko ryashyiriweho abantu b’ibigande n’ibyigomeke, abananira Imana n’abanyabyaha, inkorashyano n’inkozi z’ibibi, abica ba se cyangwa ba nyina, n’abandi bicanyi,


Bityo rero, ubwo isezerano ryo kwinjira mu buruhukiro bwayo rikiri ryose, turamenye ntihazagire uwibwira ko we arihejweho.


Mwaciriye urubanza rubi intungane, maze murayica, nyamara itabarwanyije.


Murabe maso, mumenye kwiramira, kuko umwanzi wanyu Sekibi ariho azerera nk’intare itontoma, ashaka uwo yaconshomera.


Naho ku byerekeye ijuru n’isi biriho ubu ngubu, iryo Jambo nyine ribizigamiye umuriro, bikaba birindiriye umunsi w’urubanza n’uw’ukurimbuka kw’abagomeramana.


kugira ngo acire abantu bose urubanza, maze ahane abagomeramana base abaziza ibikorwa byabo bibi, n’amagambo agayitse abanyabyaha batiyubaha bavuze, barwaya Imana.»


Uhoraho yakohereje ku rugamba, maze arakubwira ati ’Genda urimbure bariya Bamaleki b’abanyabyaha! Ubarwanye kugeza igihe ubatsembye bose, hatasigara n’umwe’.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan