Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 4:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Koko igihe kirageze cy’uko urubanza rutangira, kandi rugahera ku muryango w’Imana. Ruramutse se ari twe rutangiriyeho, amaherezo yazaba ayahe ku banze kwemera Inkuru Nziza y’Imana?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 Kuko igihe kigiye gusohora urubanza rukazabanziriza mu b'inzu y'Imana. Ariko se niba rubanziriza kuri twe, iherezo ry'abatumvira ubutumwa bwiza bw'Imana rizamera rite?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Koko rero igihe cy'urubanza kirageze kandi rubanjirije kuri twebwe ab'inzu y'Imana. None se ubwo rubanjirije kuri twe, iherezo ry'abatumvira Ubutumwa bwiza bw'Imana rizaba irihe?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Koko rero igihe cy'urubanza kirageze kandi rubanjirije kuri twebwe ab'inzu y'Imana. None se ubwo rubanjirije kuri twe, iherezo ry'abatumvira Ubutumwa bwiza bw'Imana rizaba irihe?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 4:17
26 Iomraidhean Croise  

Ariko rero, igihe Uhoraho azaba arangije gukora icyo yagambiriye cyose ku musozi wa Siyoni no kuri Yeruzalemu, azahindukirira guhana umwami wa Ashuru kubera ubwirasi n’ubwibone bwe,


None se ko ngiye guteza amakuba mpereye ku mugi witiriwe izina ryanjye, mwebwe mwarokoka mute? Oya, ntimuzarokoka, kuko ngiye kwahura inkota mu baturage bose bo ku isi. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo ubivuze!»


Ni koko Uhoraho avuze atya: Dore n’abatagombaga kunywa ku nkongoro, bahanishijwe kuyinywaho, none ngo ni wowe uzarokoka? Oya, ntuzarokoka, uzayinywaho nta shiti.


baba abasaza, abasore n'amasugi, abana n'abagore, mwice kandi mubatsembe bose. Ariko umuntu wese ufite ikimenyetso ku gahanga, uwo ntimumukoreho. Ndetse ahubwo nimutangirire ku Ngoro yanjye.» Nuko bahera ku basaza bari mu Ngoro.


Ni mwebwe mwenyine namenye mu miryango yose yo ku isi; ni yo mpamvu nzabibaryoza mbaziza ibicumuro byanyu byose.


Nzabegera mbacire imanza; nzashinja abapfumu, abasambanyi n’abarahira ibinyoma, nzashinje abacuza abakozi igihembo cyabo, n’abarenganya umupfakazi n’impfubyi, kimwe n’abashikamira umusuhuke, n’abandi bose batanyubaha. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze.


None se niba bagiriye batya igiti kibisi, icyumye bazakigenzereza bate?»


Jyewe Pawulo, umugaragu wa Yezu Kristu, ndabaramutsa. Koko natorewe kuba intumwa, nteganyirizwa kwamamaza Inkuru Nziza


Impagarara n’ishavu birakokama buri mutima w’umuntu ukora ikibi, uhereye ku Muyahudi ukageza ku Mugereki;


Mbega ngo muraba abapfu, Banyagalati ! Ni nde wabararuye kandi mwareretswe uko Kristu yabambwe ?


Ko mwirukaga neza, ni nde ubabambiye ngo mudakurikiza ukuri?


Nuko rero, ubwo tukibifitiye umwanya, nitugirire neza abantu bose, cyane cyane abo dusangiye ukwemera.


kandi ari hagati y’umuriro ugurumana, kugira ngo ahane abatazi Imana bakanga kumvira Inkuru Nziza y’Umwami wacu Yezu Kristu


Nyamara ariko ndamutse ntinze, ni ngombwa ko umenya uko wifata mu nzu y’Imana: ndashaka kuvuga Kiliziya y’Imana nzima, yo nkingi ishyigikiye ukuri.


Ukwemera kwatumye Abrahamu yumvira Imana, agenda agana igihugu yari agiye guhabwa ho umurage, kandi agenda atazi iyo ajya.


Tuzirikane ukuntu ijambo ryavuzwe kera n’abamalayika ryabaye impamo, n’ukuntu abarirenzeho bakarisuzugura bikururiye igihano kibakwiye.


kandi Imana ubwayo iwukomeresha ibimenyetso, ibitangaza n’ibikorwa by’impangare by’amoko yose, n’ingabire Roho Mutagatifu atanga nk’uko abishaka.


Naho Kristu We yashinzwe inzu yayo, ari Umwana bwite. Iyo nzu yayo ni twebwe, niba twikomejemo ubwiringire buhamye, kandi tugaterwa ishema n’ukwizera dufite.


maze aho amariye kuba intagereranywa, abamwumvira bose abaviramo isoko y’ubucungurwe bw’iteka.


bityo namwe mube nk’amabuye mazima, mwubakwemo ingoro ndengakamere, kugira ngo mube imbaga ntagatifu y’abaherezabitambo, mwitureho ibitambo ndengakamere bishimisha Imana ku bwa Yezu Kristu.


ariko kandi ribabera ibuye basitaraho n’urutare batembaho.» Barisitaraho kuko banze kwemera ijambo ry’Imana, kandi ni na cyo bagenewe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan