Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 4:14 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 Muzishime nibabatuka babaziza izina rya Kristu, kuko Roho nyir’ikuzo, ari na we Roho w’Imana, azaba ari kumwe namwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Ubwo mutukwa babahōra izina rya Kristo murahirwa, kuko Umwuka w'ubwiza aba kuri mwe, ari we Mwuka w'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Murahirwa niba babatuka babahōra Kristo, kuko biba byerekana ko Mwuka nyir'ikuzo ari we Mwuka w'Imana, aguma kuri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Murahirwa niba babatuka babahōra Kristo, kuko biba byerekana ko Mwuka nyir'ikuzo ari we Mwuka w'Imana, aguma kuri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 4:14
37 Iomraidhean Croise  

Hahirwa abantu bawe, hahirwa abagaragu bawe, bo bahora iteka imbere yawe bumva ubuhanga bwawe.


Abahanuzi bo mu itorero ry’i Yeriko bamurebaga bamwitegeye, baravuga bati «Umwuka w’ubuhanuzi bwa Eliya winjiye muri Elisha.» Nuko baramusanganira, baramupfukamira, bakoza umutwe ku butaka.


Hahirwa uwo Imana ya Yakobo ibereye umuvunyi, maze akiringira gusa Uhoraho, Imana ye!


N’uwatanga ibingana bite ngo agure ubuzima, namenye ko amaherezo buzazima burundu.


Uhoraho, uzirikane ukuntu basuzugura umugaragu wawe, hamwe n’iyi mbaga yose ndagijwe.


Umwuka w’Uhoraho uzamwururukiraho, umwuka w’ubuhanga n’uw’ubushishozi, umwuka w’ubujyanama n’uw’ubudacogora, umwuka w’ubumenyi n’uw’ukubaha Uhoraho,


Azatsemba burundu icyitwa urupfu, Uhoraho Imana, ahanagure amarira ku maso yose, avaneho ikimwaro cy’umuryango we, mu gihugu cyose. Ibyo ni Uhoraho ubwe wabivuze.


Nimuntege amatwi, mwe abazi ubutabera, muryango w’abashyinguye amategeko yanjye mu mutima: mwitinya amenyo y’abasetsi, cyangwa ngo ibitutsi byabo bibakangaranye,


Murahirwa nibabatuka, bakabatoteza, bakanababeshyera ku buryo bwose, ari jye babahora.


Urumuri rwanyu niruboneshereze rutyo abantu kugira ngo barebe ibyiza mukora, bakurizeho gusingiza So uri mu ijuru.


Murahirwa igihe cyose abantu babanga, bakabaca, bakabatuka, bakabahindura ruvumwa, babaziza Umwana w’umuntu.


Ibyo byose bazabibagirira babaziza izina ryanjye, kuko batazi Uwantumye.


Abayahudi baramusubiza bati «Si ngaha twavuga ukuri, ko uri Umunyasamariya kandi ko wahanzweho na Sekibi?»


Nuko bamuhunda ibitutsi, bati «Urakaba umwigishwa we, twe turi abigishwa ba Musa.


Baramusubiza bati «Wazikamye wese mu byaha ukivuka, none ni wowe ugiye kutwigisha?» Nuko bamusuka hanze.


Abayahudi rero, ngo babone icyo kivunge cy’abantu, bagira ishyari, ni ko guhinyura ibyo Pawulo yavugaga, babisebya.


Nyamara bo bakamurwanya kandi bakamutuka, ni ko gukunguta imyambaro ye, ababwira ati «Amaraso yanyu azabahame! Jye ndi umwere, ndetse no kuva ubu nigiriye mu banyamahanga.»


Ariko rero, turashaka kumva icyo wowe ubwawe ubitekerezaho, kuko tuzi ko hose barwanya izo nyigisho z’ako gatsiko urimo.»


Intumwa ngo zive mu Nama nkuru, zigenda zishimye kuko zagize ihirwe ryo kugirirwa nabi, zizira izina rya Yezu.


Bityo mpimbarirwe mu ntege nke zanjye, mu bitutsi, mu mage, mu bitotezo no mu ihagarikamutima, mbigirira Kristu. Kuko igihe cyose mba mfite intege nke, ari bwo nyine mba nkomeye.


Igihe cyose tugendana imibabaro y’urupfu rwa Kristu, kugira ngo n’ubuzima bwe bwigaragaze mu mubiri wacu.


Ni cyo gituma tudacogora; kabone n’ubwo umubiri ugenda uyonga, umutima wo wivugurura buri munsi.


Nuko zigasingiza Imana kubera jye.


Yiyumvisha ko kwifatanya n’ugusuzugurwa k’umuryango watowe bitambukije kure agaciro ubukire bwose bwo mu Misiri, kuko amaso ye yari arangamiye indi ngororano.


Hahirwa umuntu uba intwari mu bigeragezo, kuko namara kugeragezwa, azahabwa ikamba ry’ubugingo Imana yasezeranyije abayikunda.


Dore ubu turashimira abiyumanganyije. Mwumvise inkuru y’ukwiyumanganya kwa Yobu, kandi mwabonye uko Nyagasani yamugenjereje hanyuma; kuko Nyagasani ari umugwaneza n’umunyambabazi.


Nimugire imyifatire myiza imbere y’abatemera Imana nyakuri, kugira ngo n’ubwo babasebya nk’aho muri abagiranabi, bazamurikirwe n’ibikorwa byanyu, maze basingize Imana ku munsi izaziraho.


N’iyo kandi mwagira icyo mubabazwaho ku mpamvu y’ubutungane, mwaba mugize amahirwe. Ntimugatinye ababatoteza, ngo muhagarike umutima;


Nyamara ariko, mujye mubikorana ubugwaneza n’icyubahiro kandi mufite umutima utaryarya, kugira ngo nibanababeshyera, abasebya imigenzereze yanyu muri Kristu bazakorwe n’ikimwaro.


Nihagira uhorwa ko ari umukristu, ntibikamutere isoni, ahubwo ajye akuza Imana ku mpamvu y’iryo zina.


Hari benshi kandi bazabakurikira muri ubwo buyobe bwabo, maze batume inzira y’ukuri isuzugurika.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan