Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 3:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ntimukiture undi inabi yabagiriye, cyangwa ngo nabatuka mumusubize; ahubwo mwifurizanye umugisha, kuko ari cyo mwahamagariwe, kugira ngo muzahabwe umugisha ho umurage.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha kuko ari byo mwahamagariwe, kugira ngo namwe muragwe umugisha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha, kuko namwe Imana yabasezeranyije umugisha wayo igihe yabahamagaraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha, kuko namwe Imana yabasezeranyije umugisha wayo igihe yabahamagaraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 3:9
26 Iomraidhean Croise  

Hanyuma Yozefu ategeka ko buzuza ingano mu mifuka yabo, na feza bari batanzeho ikiguzi bakazisubiza mu mufuka wa buri muntu, nyuma bakabaha impamba y’urugendo. Ni uko yabagenjereje.


Uwitura ineza inabi, ibyago ntibizava mu nzu ye.


Ntuzavuge ngo «Nzitura inabi!» iyumanganye, Uhoraho azagukiza.


Uyobya intabera mu nzira mbi, azagwa mu rwobo yicukuriye ubwe, naho ab’intungane bazahirwa.


n’umuntu wese uzaba yararetse amazu, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa se, cyangwa nyina, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, abitewe n’izina ryanjye, azabisubizwa incuro ijana kandi azatunga ubugingo bw’iteka.


Nuko rero Umwami azabwire abari iburyo bwe, ati ’Nimuze, abahawe umugisha na Data, muhabwe Ingoma mwateguriwe kuva isi ikiremwa;


Jyeweho mbabwiye kudashyamirana n’umugiranabi; ahubwo nihagira ugukubita urushyi mu musaya w’iburyo, mutegeze n’uwundi.


Jyeweho ndababwira ngo ’Nimukunde ababanga, musabire ababatoteza’.


Yezu agihaguruka aho, umuntu aza yiruka amupfukama imbere, aramubaza ati «Mwigisha mwiza, nkore iki kugira ngo nzabone ubugingo bw’iteka ho umurage?»


Nuko umwigishamategeko arahaguruka, amubaza amwinja ati «Mwigisha, ngomba gukora iki kugira ngo ndonke ubugingo bw’iteka?»


Nuko haza umunyacyubahiro, abaza Yezu ati «Mwigisha mwiza, nkore iki kugira ngo nzabone ubugingo bw’iteka ho umurage?»


Musabire umugisha ababatoteza, mubasabire umugisha aho kubavuma.


Ntihakagire uwo mwitura inabi; «mwihatire kugaragariza abantu bose ibyiza mukora.»


Tuzi kandi ko byose bihira abakunda Imana, ari bo yihamagariye ku bwende bwayo.


Abo yabigeneye kandi, abo ngabo yarabahamagaye; abo yahamagaye kandi, abo ngabo yabahaye kuba intungane; abo yahaye kuba intungane, abo ngabo yanabahaye ikuzo.


Ibyo ari ukugira ngo umugisha wa Abrahamu usesekare ku mahanga muri Kristu Yezu, kandi duhabwe mu kwemera Roho twasezeranijwe.


Ahubwo nimugirirane ineza n’impuhwe, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababariye muri Kristu.


Mumenye ntihakagire uwitura undi inabi, ahubwo muharanire iteka kugirirana ineza, ndetse muyigirire bose.


Muzi kandi ko, hanyuma yashatse kuragwa umugisha, akabihakanirwa, akabura n’uburyo yabihindura, n’ubwo yatakambaga kandi asuka amarira!


«Rwose nzaguhundazaho imigisha, kandi nzaguha inkomoko nyamwinshi.»


Nyamara nimumara kubabazwa igihe kigufiya, Imana nyir’ubuntu bwose, Yo yabahamagariye ikuzo rihoraho muri Kristu, izabasubiza imbaraga, ibatere inkunga, ibakomeze kandi ibagire indatsimburwa.


Uhoraho azabimpore, nindamuka nkojeje ikiganza ku uwo yiyimikiye! None rero, fata ririya cumu riri ku musego we n’igicuma cy’amazi, maze twigendere.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan