Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 3:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 ahubwo nimwubahe Kristu mu mitima yanyu, kuko ari We Nyagasani. Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza ku byerekeye ukwizera kwanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 ahubwo mwubahe Kristo mu mitima yanyu ko ari we Mwami, kandi mube mwiteguye iteka gusubiza umuntu wese ubabajije impamvu z'ibyiringiro mufite, ariko mufite ubugwaneza, mwubaha

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Ahubwo mwubahe Kristo abe Umugenga w'imitima yanyu. Muhore kandi mwiteguye gusubiza umuntu wese wabasaba gusobanura ibyo mwiringira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Ahubwo mwubahe Kristo abe Umugenga w'imitima yanyu. Muhore kandi mwiteguye gusubiza umuntu wese wabasaba gusobanura ibyo mwiringira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 3:15
34 Iomraidhean Croise  

Nzatangariza ibyemezo byawe, imbere y’abami, nta soni mfite.


Umutima w’intungane uzirikana icyo uri busubize, naho umunwa w’abagiranabi uvundereza ubugome.


ngira ngo nkumenyeshe amagambo y’ukuri, bityo nawe ukayageza yose ku wagutumye?


Uhoraho avuze atya: Nimuze, tuburane! N’aho ibyaha byanyu byatukura nk’indubaruba, bizahinduka urwererane nk’urubura. Naho niba byatukuraga nk’umuhemba, bizererana nk’ubwoya bw’intama.


Kuko abana babo, babonye ibyo nakoreye muri bo, bazatagatifuza izina ryanjye, batagatifuze Nyirubutagatifu wa Yakobo, bityo bazatinye Imana ya Israheli.


Ngaho (bigirwamana by’amahanga), nimugaragaze ingingo zanyu, ni ko Uhoraho avuze. Nimukomeze mwisobanure, uwo ni Umwami wa Yakobo ubivuga.


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, azakuzwa igihe azacira imanza, maze Imana Nyirubutagatifu izigaragarize mu butabera bwayo.


Ntimukite ubugambanyi, ibyo uwo muryango wita ubugambanyi byose. Ntimugaterwe ubwoba n’ibyo batinya, kandi ntibikabakange.


Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati «Nta bwo mwanyemeye ngo muhamye ubutungane bwanjye imbere y’Abayisraheli. Kubera iyo mpamvu ntimuzageza iriya mbaga mu gihugu nayisezeranije.»


Impamvu y’ibyo ni uko mwansuzuguriye mu butayu bwa Sini, igihe imbaga yanshakagaho urwiyenzo. Nabategetse kugaragaza ubutungane bwanjye imbere y’Abayisraheli, muvubura amazi mu rutare, nyamara musuzugura ijambo ryanjye.» Ayo mazi ni ya yandi y’i Meriba ya Kadeshi mu butayu bwa Sini.


Pawulo ni ko kumusubiza ati «Jyewe ndi Umuyahudi, ukomoka i Tarisi ho muri Silisiya, nkaba umuturage w’uwo mugi w’ikirangirire. None ndakwinginze ngo ureke ngire icyo mbwira iyi mbaga.»


Ariko ngo ikiganiro kigere ku byerekeye ubutabera, ukwifata n’urubanza ruzaza, Feligisi agira ubwoba, ni ko kuvuga ati «Ba urekeye aho wigendere, ninongera kubona igihe nzagutumaho.»


Cyakora mukomere mu kwemera, ntimugahungabane, ngo muteshuke ku mizero mwasezeranyijwe n’Inkuru Nziza mwumvise, ari yo yamamarijwe ikiremwa cyose kiri mu nsi y’ijuru, akaba ari na yo jyewe Pawulo ndahwema kuruhira.


Ni bo Imana yishakiye kumenyesha ikuzo n’ibyiza bitagereranywa iryo banga rizanira abanyamahanga: Kristu ari muri mwe, We uzaduhesha ikuzo twizeye!


mubitewe no kwizera ibyiza bibagenewe mu ijuru. Ayo mizero mwayamenyeshejwe n’ijambo ry’ukuri, ari yo Nkuru Nziza yageze iwanyu.


Amagambo muvuze ahore arangwa n’ineza, amere nk’asize umunyu; uwo muvuganye wese mumenye kumusubiza uko bikwiye.


mu bwizere bwo kuzabona ubugingo buhoraho, ubwo Imana itabasha kubeshya yasezeranye mbere y’ibihe bya kera na kare,


Naho Kristu We yashinzwe inzu yayo, ari Umwana bwite. Iyo nzu yayo ni twebwe, niba twikomejemo ubwiringire buhamye, kandi tugaterwa ishema n’ukwizera dufite.


Nuko rero, tube turetse inyigisho z’ibanze zerekeye Kristu, maze tujye mu byisumbuye bikwiriye abakuze. Ntitugaruka ku mahame y’ishingiro ariyo y’aya: gutandukana n’ibikorwa bikurura urupfu, kwemera Imana,


Niba mwiyambaza Imana nk’Umubyeyi wanyu, Yo itagira aho ibogamira, kandi igacira buri muntu urubanza ikurikije ibikorwa bye, nimugendere mu gitinyiro igihe cyose muri ku isi;


bamaze kwitegereza imigenzereze yanyu myiza kandi ishyira mu gaciro.


ahubwo imirimbire yanyu ibe iy’imbere mu mutima, imirimbire idashanguka y’umutima utuje kandi ukagwa neza, ufite agaciro kanini mu maso y’Imana.


None rero, nimuhaguruke mbasubirire mu bikorwa by’ubudahemuka Uhoraho yujurije imbere yanyu n’imbere y’abasokuruza banyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan