Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 3:14 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 N’iyo kandi mwagira icyo mubabazwaho ku mpamvu y’ubutungane, mwaba mugize amahirwe. Ntimugatinye ababatoteza, ngo muhagarike umutima;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Icyakora, nubwo mwababazwa babahōra gukiranuka, mwaba muhiriwe. Ntimugatinye ibyo babatinyisha kandi ntimugahagarike imitima,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Icyakora nubwo mwababazwa muzira ibikorwa bitunganye, na byo byababera ihirwe. Ntimugatinye abantu kandi ntimugahagarike umutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Icyakora nubwo mwababazwa muzira ibikorwa bitunganye, na byo byababera ihirwe. Ntimugatinye abantu kandi ntimugahagarike umutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 3:14
29 Iomraidhean Croise  

Ntuzatinye icyago cy’impanuka cyangwa igitero cy’abagome,


Ni jyewe, ni jye ubwanjye ubahumuriza: ni iki cyatuma utinya uwagenewe gupfa, mwene muntu, umeze nk’icyatsi?


Ntugire umuntu utinya, humura turi kumwe, ndagutabara. Uwo ni Uhoraho ubivuze.»


Uhoraho, nyibuka, unyiteho, maze umporere abantoteza; sinzarinde gupfa nzize ubwihangane bwawe. Ubimenye neza ko nihanganira ibitutsi kubera wowe.


ngukomeje nka diyama ikomeye kurusha urutare. Ntuzabatinye cyangwa ngo udagadwe imbere yabo, kuko ari inyoko y’ibirara.»


Ntimugatinye abica umubiri, ariko badashobora kwica ubugingo; ahubwo mutinye Ushobora kuroha ubuzima n’umubiri icyarimwe mu nyenga y’umuriro.


Ntimugatinye rero: mwebwe murushije agaciro ibishwi byinshi.


Uwihambira ku bugingo bwe azabubura, naho uzahara ubugingo bwe ari jye agirira, azabuhorana.


Kuko uzashaka gukiza ubugingo bwe, azabubura; naho uzahara ubugingo bwe ari jye agirira, azabukiza.


n’umuntu wese uzaba yararetse amazu, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa se, cyangwa nyina, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, abitewe n’izina ryanjye, azabisubizwa incuro ijana kandi azatunga ubugingo bw’iteka.


Yezu arasubiza ati «Ndababwira ukuri, nta we uzaba yarasize urugo, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa nyina, cyangwa se, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, ari jye abigirira n’Inkuru Nziza,


Kuko uzashaka gukiza ubugingo bwe azabubura, naho uzahara ubugingo bwe kubera jyewe n’Inkuru Nziza, azabukiza.


Ntimugakuke umutima. Nimwemere Imana nanjye munyemere.


Mbasigiye amahoro, mbahaye amahoro yanjye. Sinyabahaye nk’uko isi iyatanga. Ntimukuke umutima kandi ntimugire ubwoba.


Ni jye ubwanjye uzamwereka uburyo bwose azagomba kubabazwa, ahorwa izina ryanjye.»


Bityo mpimbarirwe mu ntege nke zanjye, mu bitutsi, mu mage, mu bitotezo no mu ihagarikamutima, mbigirira Kristu. Kuko igihe cyose mba mfite intege nke, ari bwo nyine mba nkomeye.


Kuko mutahawe gusa kwemera Kristu, mwahawe no kubabara ari We mugirira,


Hahirwa umuntu uba intwari mu bigeragezo, kuko namara kugeragezwa, azahabwa ikamba ry’ubugingo Imana yasezeranyije abayikunda.


Dore ubu turashimira abiyumanganyije. Mwumvise inkuru y’ukwiyumanganya kwa Yobu, kandi mwabonye uko Nyagasani yamugenjereje hanyuma; kuko Nyagasani ari umugwaneza n’umunyambabazi.


twavuga nka Sara wumviraga Abrahamu akamwita umutegetsi. Namwe muri abakobwa be igihe cyose muba mukora icyiza, mudatinya igikangisho icyo ari cyo cyose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan