Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 2:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Nimwegere Nyagasani, ibuye nyabuzima ryajugunywe n’abantu, nyamara ari indobanure kandi rifite agaciro gakomeye mu maso y’Imana;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Nimumwegere ni we Buye rizima ryanzwe n'abantu, ariko ku Mana ryaratoranijwe riba iry'igiciro cyinshi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Nimwegere Nyagasani we buye rizima abantu banze, nyamara rikaba ryaratoranyijwe n'Imana kandi rifite agaciro kuri yo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Nimwegere Nyagasani we buye rizima abantu banze, nyamara rikaba ryaratoranyijwe n'Imana kandi rifite agaciro kuri yo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 2:4
31 Iomraidhean Croise  

Nyamara, Nyagasani Imana avuze atya: Dore nshyize muri Siyoni ibuye rikomeye, ibuye ry’insanganyarukuta kandi ry’agaciro gakomeye, kugira ngo ribabere ifatizo. Uzaryishingikiriza wese, nta bwo azanyeganyega.


Dore umugaragu wanjye nshyigikiye, intore yanjye inyizihira. Namushyizeho umwuka wanjye; azagaragariza amahanga ubutabera,


Nimutege amatwi, nimunsange, mwumve maze muzabeho. Nzagirana namwe isezerano rizahoraho, nzabakomereze ibyiza nasezeranyije Dawudi.


Nimungarukire, mwa birara mwe, ndashaka kubakiza ubwo buhakanyi bwanyu.» (Rubanda:) Ngaha turaje, turagusanze kuko turi abawe; ni wowe Uhoraho, Imana yacu.


Koko rero, dore ibuye nshinze imbere ya Yozuwe. Iryo buye rimwe rukumbi rifite amaso arindwi. Jyewe ubwanjye ngiye kuryandikaho, maze mu munsi umwe mpanagure icyaha cy’iki gihugu, uwo ni Uhoraho, umugaba w’ingabo ubivuze.


Uri iki se, wa musozi we muremure? Uzahinduka ikibaya imbere ya Zorobabeli, azakuramo ibuye ry’ifatizo bashimagiza, bagira bati ’Mbega ibuye ryiza! Ni ryiza rwose!»


Nimungane mwese, abarushye n’abaremerewe, jye nzabaruhura.


«Dore Umugaragu wanjye nitoreye, Inkoramutima yanjye natonesheje rwose. Nzamushyiraho Roho wanjye, na we azamenyeshe abanyamahanga ukuri.


Nuko Yezu arababwira ati «Ntimwigeze musoma mu Byanditswe ngo ’Ibuye ryajugunywe n’abubatsi ryabaye insanganyarukuta; icyo gikorwa cya Nyagasani cyatubereye igitangaza.’


Hasigaye igihe gito isi ntizongere kumbona. Ariko mwe muzambona, kuko ndiho kandi namwe mukazabaho.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


Uko Data yifitemo ubugingo, ni na ko yahaye Mwana kwigiramo ubugingo.


Ariko mwanga kunsanga, ngo mugire ubugingo.


Uwo Data ampa wese angeraho, kandi uza ansanga sinzamujugunya hanze.


Mbese nk’uko Data wantumye ariho, nanjye nkabaho ku bwa Data, bityo undya, na we azabaho ku bwanjye.


Koko rero, niba twariyunze n’Imana mu rupfu rw’Umwana wayo kandi nyamara twari abanzi, ubwo twiyunze, tuzarokorwa mu buzima bwe ku buryo busumbijeho.


Nta kindi kibanza kindi gishobora guhangwa, usibye igisanzwe: Yezu Kristu.


Aho Kristu azigaragariza, We bugingo bwanyu, icyo gihe namwe muzagaragara muri kumwe na We, mu ikuzo ryisesuye.


ahubwo ko mwarokowe n’amaraso y’agaciro gakomeye ya Kristu, nk’ay’intama itagira inenge cyangwa ubwandure.


Uko zahabu bayiyungururisha umuriro, ni na ko bya bigeragezo bigenewe gusukura ukwemera kwanyu gutambukije kure agaciro iyo zahabu y’akanya gato, kugira ngo nikumara guhama, kuzabaheshe ibisingizo, ikuzo n’icyubahiro, igihe Yezu Kristu azaba yigaragaje.


Mwebwe rero abemera, iryo kuzo ni iryanyu, naho ku batemera «ibuye ryajugunywe n’abubatsi ryahindutse ibuye ry’insanganyarukuta,


Jyewe Simoni Petero, umugaragu n’intumwa ya Yezu Kristu, ku bahawe ukwemera gukomeye nk’ukwacu, babikesheje ubuntu bw’Imana yacu n’Umukiza wacu Yezu Kristu:


Bityo duhabwa ibyiza by’igiciro gihanitse twasezeranyijwe, kugira ngo mwinjire muri kamere y’Imana, mumaze kwitandukanya n’ubwononekare bwazanywe mu nsi n’irari.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan