Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 2:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kuko icyo Imana ishaka ari uko mwacubya ubujiji bw’abantu b’ibiburabwenge, kubera ibikorwa byanyu byiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Kuko ibyo Imana ishaka ari uko mujibisha abantu b'abapfapfa batagira icyo bamenya, gukora neza kwanyu

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Koko rero Imana ishaka ko mukora neza, ku buryo injiji z'ibipfayongo zibura icyo zibavugaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Koko rero Imana ishaka ko mukora neza, ku buryo injiji z'ibipfayongo zibura icyo zibavugaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 2:15
23 Iomraidhean Croise  

Ariko aramusubiza ati «Uravuga nk’umugore w’igicucu. Ko twakira nk’umugisha ihirwe Imana iduhaye, ni kuki tutakwakira neza ibyago itwoherereza?» Muri ayo makuba yose, umunwa wa Yobu ntiwigera umutera gucumura.


Ni uko umunyantege nke agira icyizere, maze umugome akamanjirwa.


Abantu b’intungane barabireba, bakishima, naho abagizi ba nabi bakaruca bakarumira.


Nta bwo uri Imana yuzura n’ikibi, umugome ntiyakirwa iwawe.


Nimureke ubupfayongo, muboneze inzira y’ubwenge maze muzabeho!»


Umuryango wanjye ni ibigoryi, koko nta bwo banzi. Ni abana badatekereza, nta cyo bashobora kwiyumvisha. Bashoboye kugira nabi, ariko kugira neza byo ntibabizi. (Yeremiya:)


Batanu muri bo bari abapfayongo, abandi batanu ari abanyamutima.


Naho uwumva wese ayo magambo maze kuvuga, ntayakurikize, ameze nk’umuntu w’umusazi wubatse inzu ye ku musenyi.


kuko bamenye Imana, ariko ntibayiha ikuzo, ngo bayishimire uko bikwiriye Imana; ahubwo babaye abapfu bishinga ibitekerezo by’amanjwe, maze umutima wabo w’igipfapfa ucura umwijima.


Mbega ngo muraba abapfu, Banyagalati ! Ni nde wabararuye kandi mwareretswe uko Kristu yabambwe ?


Mbe bwoko bw’ibipfapfa, mbe bwoko bw’abanyabwenge buke! Uko ni ko mwitura Uhoraho? Si we so wakubyaye, si we wakuremye, akagukomeza intege?


Dore icyo Imana ibashakaho: ni uko mwaba intungane, mukirinda ubusambanyi.


mushimire Imana muri byose, kuko ari byo ibashakaho muri Yezu Kristu.


jyewe wahoze ndi umuntu utuka Imana, ngatoteza abayo, nkaba umunyarugomo. Ariko nagiriwe imbabazi, kuko ibyo nakoraga nabiterwaga n’ubujiji, ntaragira ukwemera.


cyangwa mu magambo aboneye kandi adahinyuka; bityo umubisha azabure ikibi yatuvugaho, maze amware.


Koko rero natwe kera twari ibicucu, n’intumvira, n’ibirara; twari twaratwawe n’irari ry’ibibi bitagira ingano, tukibera mu bugizi bwa nabi n’ishyari, dufite n’icyangiro, kandi natwe ubwacu tuzirana.


Nimugire imyifatire myiza imbere y’abatemera Imana nyakuri, kugira ngo n’ubwo babasebya nk’aho muri abagiranabi, bazamurikirwe n’ibikorwa byanyu, maze basingize Imana ku munsi izaziraho.


Nyamara ariko, mujye mubikorana ubugwaneza n’icyubahiro kandi mufite umutima utaryarya, kugira ngo nibanababeshyera, abasebya imigenzereze yanyu muri Kristu bazakorwe n’ikimwaro.


Koko rero, icyaruta ni ukubabazwa mukora neza, niba ari ko Imana ibishaka, aho kubabazwa mukora nabi.


kugira ngo abeho adakurikije irari ry’abantu, ahubwo agakora icyo Imana ishaka, igihe cyose ashigaje kubaho mu mubiri.


Ariko abo bantu, bakoreshwa na kamere yabo nk’inyamaswa zitagira ubwenge, zivukira gufatwa mu mutego no kubora, bagatuka ibyo batazi, bazabora nk’izo nyamaswa nyine;


Nyamara abo bantu bo, icyo batazi baragituka; n’ibyo bazi kandi ku buryo bw’inyamaswa itazi ubwenge, nta kindi bibamarira usibye kuboreka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan