Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 1:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Koko ni We mukunda mutamurora, mukamwemera mutarigeze mumubona; akaba ari na cyo gituma mwasazwe n’ibyishimo bitagira ivugiro kandi by’agatangaza,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Uwo mumukunda mutaramubona, kandi nubwo none mutamureba muramwizera, ni cyo gituma mwishima ibyishimo byiza bitavugwa,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 We muramukunda mutamubonye, mukanamwemera mutaramuca iryera. Ni yo mpamvu muhimbarwa mugasimbagizwa n'ibyishimo bitavugwa, byuzuye ikuzo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 We muramukunda mutamubonye, mukanamwemera mutaramuca iryera. Ni yo mpamvu muhimbarwa mugasimbagizwa n'ibyishimo bitavugwa, byuzuye ikuzo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 1:8
37 Iomraidhean Croise  

Mbwira se, wowe umutima wanjye ukunda, aho ujyana umukumbi wawe kurisha, mbwira aho uwujyana kubyagira, ntava aho nsa n’ubwerabwera, hafi y’imikumbi ya bagenzi bawe.


Mu kanwa ke ni uburyohere busa, uko aremye wese atera kwifuza. Nguwo uwo nkunda, ngiyo incuti yanjye, bari ba Yeruzalemu.


Mbese uwo ukunda arusha iki abandi, wowe gitego mu bakobwa? Rwose ni iki uwo ukunda arusha abandi, ngo urinde kutwinginga utyo?


Ukunda se cyangwa nyina kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu cyangwa umukobwa we kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye.


Niba munkunda koko, muzubaha amategeko yanjye.


Umenya amategeko yanjye kandi akayubaha, ni we unkunda. Kandi rero unkunda, azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka.»


Utankunda ntamenya n’ijambo ryanjye; kandi rero ijambo mwumvise si iryanjye, ni irya Data wantumye.


Namwe ubu koko mufite ishavu, ariko nzongera mbabone, maze imitima yanyu inezerwe; kandi ibyishimo byanyu he kugira ubibavutsa.


Yezu aramubwira ati «Wemejwe n’uko umbonye; hahirwa abemera batabanje kwirebera.»


Yezu arababwira ati «Iyaba Imana yari so mwankunze, kuko nkomoka ku Mana, nkaba naraje. Sinaje ku bwanjye, ni We wantumye.


Hanyuma ajyana Pawulo na Silasi iwe arabazimanira, yishimana n’abo mu rugo rwe bose, kubera ko yemeye Imana.


Kuko Ingoma y’Imana itagizwe n’ibiribwa n’ibinyobwa, ahubwo irangwa n’ubutungane, amahoro n’ihirwe muri Roho Mutagatifu.


Imana, Yo soko y’amizero, nibuzuze ihirwe ryose n’amahoro mu kwemera kugira ngo musenderezwe ukwizera ku bw’ububasha bwa Roho Mutagatifu.


Niba hari udakunda Nyagasani, uwo arakaba ikivume. Marana ta! Ngwino, Nyagasani!


idushyiramo ikimenyetso cyayo, ikaduha no gutunga Roho wayo mu mitima yacu kugira ngo atubere ingwate y’ibyiza yatugeneye.


uwo muntu yajyanywe mu ijuru maze ahumvira amagambo arengeje imivugirwe, umuntu ndetse adafitiye uruhusa rwo gusubiramo.


Bityo tukaba tutarangamiye ibigaragara, ahubwo ibitagaragara, kuko ibigaragarira amaso bihitana n’igihe, naho ibitagaragara bigahoraho iteka.


— Kuko ubu tugendera mu kwemera, tutayobowe n’uko tubona neza. —


Imana ishimirwe ubuntu bwayo butagereranywa!


Naho imbuto ya Roho ni urukundo: ibyishimo, amahoro, kwihangana, ubugwaneza, ubuntu, ubudahemuka,


Kuko, ku muntu uri muri Kristu, nta cyo bivuze kuba yaragenywe cyangwa atagenywe; igifite akamaro ahubwo, ni ukwemera kujyana n’urukundo.


Ni bwo muzagera ku bumenyi busumba byose bw’urwo rukundo, maze musenderezwemo mutyo ubukungahare bw’Imana.


Abakunda Umwami wacu Yezu Kristu bose baragahorana ineza ye mu rukundo rudatezuka.


Mu by’ukuri, nzi neza ko nzakomeza kubaho, kandi nkagumana namwe, kugira ngo mujye mbere kandi mushimishwe n’ukwemera kwanyu;


Burya ni twe twagenywe by’ukuri, twe dusenga Imana ku bwa Roho wayo, twe dufite ikuzo ryacu muri Yezu Kristu, aho kwiringira umubiri.


Muhore mwishima muri Nyagasani; mbisubiyemo, nimwishime.


Ukwemera ni ishingiro ry’ibyo twizeye, kukatubera n’icyemezo cy’ibitagaragara.


Ukwemera kwatumye yimuka mu Misiri ntiyakangwa n’uburakari bw’umwami, nuko ntiyahindagana amera nk’umuntu wizigiye Utaboneshwa amaso.


Nimwishime kandi munezerwe, kabone n’ubwo mukigomba mu gihe gito kubabazwa n’amagorwa y’amoko yose.


Mwebwe rero abemera, iryo kuzo ni iryanyu, naho ku batemera «ibuye ryajugunywe n’abubatsi ryahindutse ibuye ry’insanganyarukuta,


maze igihe Umushumba mukuru azigaragariza, muzahabwe ikamba ridashanguka ry’ikuzo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan