Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 1:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Niba mwiyambaza Imana nk’Umubyeyi wanyu, Yo itagira aho ibogamira, kandi igacira buri muntu urubanza ikurikije ibikorwa bye, nimugendere mu gitinyiro igihe cyose muri ku isi;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 Kandi ubwo uwo mwambaza mumwita So, ari ucira umuntu wese urubanza rukwiriye ibyo yakoze ntarobanure ku butoni, mumare iminsi y'ubusuhuke bwanyu mutinya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Ubwo mwiyambaza Imana muyita So yo ifata abantu bose kimwe, igacira umuntu wese urubanza ikurikije ibyo yakoze, mujye muyitinya mu minsi musigaranye mugicumbitse ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Ubwo mwiyambaza Imana muyita So yo ifata abantu bose kimwe, igacira umuntu wese urubanza ikurikije ibyo yakoze, mujye muyitinya mu minsi musigaranye mugicumbitse ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 1:17
33 Iomraidhean Croise  

Nuko Yakobo asubiza Farawo, ati «Imyaka maze ngenda ni ijana na mirongo itatu. Iyo myaka yanjye ni mike, kandi nayigizemo ingorane, nta n’ubwo igeze ku myaka ba sokuruza bamaraga mu ngendo zabo.»


Kuko, kimwe na ba sogokuruza bose, turi abasuhuke n’abashyitsi imbere yawe; iminsi tumara ku isi ni nk’igicucu gihita, kandi nta cyizere.


None rero nimuhorane igitinyiro cy’Uhoraho! Muramenye ibyo mukora, kuko Uhoraho Imana yacu ari indahemuka, intabera kandi ntashukishwa amaturo!»


Nta bwo arengera abatware, ntabera umukire ngo arenganye umukene, kuko bose ari we wabaremye.


Igihe uhana umuntu wacumuye, burya uba umukosora, maze ibyo ararikiye ukabiteza imungu: kuko buri muntu ari nk’umwuka w’akanya gato! (guceceka akanya gato)


Nzamuha kugenga inyanja, azagire n’ububasha ku nzuzi.


Umunyabuhanga atinya ikibi kandi akagihunga, naho igicucu kirirakaza kandi kikiyemera.


Hahirwa umuntu uhora akenga, naho unangira umutima we azagwa mu makuba.


Jyewe nahoze nibwira nti «Icyampa ngo nshobore kugutandukanya n’abandi bana, nguhe igihugu gitoshye, n’umurage uhebuje andi mahanga ubwiza.» Naribwiraga nti «Muzajya munyita ’Dawe’, kandi ntimuzongera kwitandukanya nanjye ukundi.»


Koko rero, nzahindura abanyamahanga bazire ubwandure, kugira ngo bose bazambaze izina ry’Uhoraho, bamukorere n’amatwara amwe.


Kandi Umwana w’umuntu agomba kuzagaruka mu ikuzo rya Se, ashagawe n’abamalayika, maze ubwo akagororera umuntu wese akurikije imigirire ye.


Nuko bamutumaho abigishwa babo n’Abaherodiyani. Baramubaza bati «Mwigisha, tuzi ko uvuga ukuri kandi ukigisha inzira y’Imana nta cyo wikanga, kuko udatinya amaso y’abantu.


Mwebwe rero mujye musenga, mugira muti: Dawe uri mu ijuru, izina ryawe ryubahwe,


Ni byo koko. Yatemwe ku mpamvu y’ukutemera, naho wowe uhahagaritswe n’ukwemera. Ntukitere hejuru rero, ahubwo tinya.


tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana, Umubyeyi wacu no kuri Nyagasani Yezu Kristu.


N’ubwo ariko duhorana icyizere, tuzi neza ko igihe tuzaba dutuye muri uyu mubiri, tuzasa n’abari ishyanga, kure ya Nyagasani.


Ncuti nkunda, ubwo twashyikirijwe ayo masezerano nitwivaneho ubwandu bwose bw’umubiri n’ubw’umutima; twirundurire ubutungane, mu gitinyiro cy’Imana.


Nimwirebere namwe icyo akababaro kanyu kanyuze Imana, kabagejejeho! Mbega umwete mwagize! Ukuntu mwitwaye! Ukuntu mwigaye, mwagize igishyika! Mbega ubushake, ukuntu mwagize isyaka, mwifuza gucyaha ikibi! Muri ibyo byose mwerekanye ko muri abere ku byabaye.


Naho abayobozi — icyo bari cyo nticyari kinshishikaje kuko Imana itareba ubusumbane bw’abantu — abo bayobozi nta kindi bantegetse.


Imana y’Umwami wacu Yezu Kristu, Yo Mubyeyi wuje ikuzo, nibahe umutima w’ubwenge n’ubujijuke, maze muyimenye rwose.


Ngiyo impamvu itumye mpfukama imbere y’Imana Data,


Namwe ba shebuja, mujye mubagenzereza mutyo, mureke kubakangisha ibihano; muzi neza ko Shebuja wabo n’uwanyu ari mu ijuru, We utarobanura abantu.


kuko Uhoraho Imana yawe ari we Mana ihatse izindi, Umutegetsi w’abategetsi, Imana nkuru, y’igihangange kandi itinyitse, itarenganya kandi itagurirwa,


None rero nkoramutima zanjye, ubwo mutahwemye kumvira igihe nari mpari, n’ubu ngubu ndahari mubikomeze ndetse murusheho; ngaho nimushishikarire uburokorwe bwanyu mufite ubwoba kandi mudagadwa,


Ugira inabi wese azayiturwa, kandi bose bazagenzerezwa kimwe.


Ubwo rero duhawe Ubwami budahindagurika, nidukomere kuri iyo ngabire, dukorere Imana ku buryo buyinogeye, mu cyubahiro n’igitinyiro,


Bityo rero, ubwo isezerano ryo kwinjira mu buruhukiro bwayo rikiri ryose, turamenye ntihazagire uwibwira ko we arihejweho.


Nkoramutima zanjye, mwebwe muri nk’abagenzi n’abanyamahanga, ndabasaba ngo mwirinde irari ry’umubiri rirwanya umutimanama.


ahubwo nimwubahe Kristu mu mitima yanyu, kuko ari We Nyagasani. Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza ku byerekeye ukwizera kwanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan