Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 1:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Nimuhore rero mwiteguye, mube maso kandi mushyire amiringiro yanyu yose mu ngabire muzahabwa igihe Yezu Kristu azaba yigaragaje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Nuko mukenyere mu mitima yanyu, mwirinde ibisindisha, mwiringire rwose impano y'ubuntu muzazanirwa, ubwo Yesu Kristo azahishurwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Nuko rero nimuhaguruke mwitegure, mwirinde gutegekwa n'inda, mwiringire rwose ubuntu muzagirirwa igihe Yezu Kristo azahishurwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Nuko rero nimuhaguruke mwitegure, mwirinde gutegekwa n'inda, mwiringire rwose ubuntu muzagirirwa igihe Yezu Kristo azahishurwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 1:13
35 Iomraidhean Croise  

Naho Eliya yuzura imbaraga z’Uhoraho, aracebura maze yiruka imbere ya Akabu, kugera mu marembo ya Yizireyeli.


Elisha abwira Gehazi, ati «Kenyera, ufate inkoni yanjye mu ntoki maze ugende; nuhura n’umuntu ntumuramutse kandi nihagira ukuramutsa ntumusubize. Iyi nkoni yanjye uzayishyira ku ruhanga rw’umwana.»


Kenyera kigabo rero ukomeze, maze nkubaze, unsubize.


«Kenyera kigabo rero ukomeze, maze nkubaze unsubize.


Iryo tungo muzarirya mutya: muzabe mukenyeje umukoba, mwambaye inkweto mu birenge, mufite inkoni mu ntoki; kandi muzarye mugira bwangu, kuko ari Pasika y’Uhoraho.


Azakindikirisha ubutabera nk’umukandara, akenyeze ubudahemuka nk’umweko.


Naho wowe kenyera ukomeze, uhaguruke maze ubamenyeshe ibyo ngutegetse kubabwira. Ntuzareke bagutera ubwoba, kuko nubugira ari wowe, nzagutera guhinda umushyitsi imbere yabo.


Arababwira ati ’Namwe nimujye mu mizabibu yanjye, ndi bubahe igihembo gikwiye.’


Nimukenyere kandi muhorane amatara yaka.


Ni ko bizamera ku munsi Umwana w’umuntu azigaragazaho.


Ahubwo ntazamubwira ati ’Banza ujye kuntekera, ukenyere umpereze, kugeza ndangije kurya no kunywa; hanyuma nawe ubone kurya no kunywa’?


Tugendane umurava nk’abagenda ku mugaragaro amanywa ava, nta busambo, nta businzi, nta busambanyi, nta biterasoni, nta ntonganya, nta shyari.


Ndetse n’ibiremwa byose birarekereje ngo birebe igaragazwa ry’abana b’Imana:


ku buryo nta ngabire n’imwe y’Imana mubuze, mu gihe mugitegereje ukwigaragaza kwa Yezu Kristu Umwami wacu.


Kugeza ubu, ukwemera, ukwizera n’urukundo uko ari bitatu, birabangikanye; ariko icy’ingenzi muri byo ni urukundo.


Ngaho rero, nimuhagarare gitwari! Ukuri mukugire nk’umukandara mukenyeje, ubutungane mubwambare nk’ikoti ry’icyuma,


Aho Kristu azigaragariza, We bugingo bwanyu, icyo gihe namwe muzagaragara muri kumwe na We, mu ikuzo ryisesuye.


naho mwebwe abagowe, ikabaha kuruhukana natwe, igihe cy’ukwigaragaza kwa Nyagasani Yezu, uzava mu ijuru ashagawe n’abamalayika be mu bubasha bwinshi,


Wowe rero urabe maso muri byose, wiyumanganye ibitotezo, ushishikarire kogeza Inkuru Nziza, urangize neza ubutumwa bwawe.


None dore ikamba rigenewe intungane rirantegereje, iryo Nyagasani umucamanza utabera azangororera kuri wa Munsi we, ariko atari jyewe jyenyine, ahubwo n’abandi bose bazaba barakunze Ukwigaragaza kwe.


Amizero yanyu ntagacogore, azabahesha ingororano ikomeye.


Naho Kristu We yashinzwe inzu yayo, ari Umwana bwite. Iyo nzu yayo ni twebwe, niba twikomejemo ubwiringire buhamye, kandi tugaterwa ishema n’ukwizera dufite.


Ayo mizero ni nk’inkingi umutima wacu wegamiye, kandi akaba ari yo atugeza hirya y’umubambiko,


ni na ko Kristu yatuweho igitambo rimwe rizima kugira ngo avaneho ibyaha by’abantu batabarika, nyuma akazaza ubwa kabiri, bitagifite amahuriro n’icyaha, azaniye uburokorwe abamutegereje bose.


Iby’uwo mukiro, abahanuzi bagerageje kubikurikirana no kubisobanuza, maze bahanura ibyerekeye ineza mwari mugiye kugirirwa n’Imana.


ahubwo nimwubahe Kristu mu mitima yanyu, kuko ari We Nyagasani. Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza ku byerekeye ukwizera kwanyu.


Nyamara iherezo rya byose riregereje. Murabe rero abashishozi n’abizige, kugira ngo muhugukire gusenga.


Mbandikiye muri make, nifashishije Silivani mbonamo umuvandimwe w’indahemuka, kugira ngo mbashishikaze kandi mbemeze ko ari ingabire nyakuri y’Imana mwihambiriyeho.


Murabe maso, mumenye kwiramira, kuko umwanzi wanyu Sekibi ariho azerera nk’intare itontoma, ashaka uwo yaconshomera.


Umuntu wese kandi umufiteho ayo mizero, arisukura nk’uko na We ari umuziranenge.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan