Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Abakorinto 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Igihe nari kumwe namwe, nari mfite intege nke, ntinya kandi ndagadwa,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Nabanaga namwe mfite intege nke, ntinya mpinda umushyitsi mwinshi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Igihe nazaga iwanyu nari mfite intege nke, ndetse ntinya mpinda umushyitsi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Igihe nazaga iwanyu nari mfite intege nke, ndetse ntinya mpinda umushyitsi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Abakorinto 2:3
22 Iomraidhean Croise  

Uwo munsi, Abanyamisiri bazamera nk’abagore, bazahahamuka kandi batengurwe, nibabona Uhoraho Umugaba w’ingabo, abanguye ukuboko kugira ngo abatsembe.


Banyura Amfipoli n’i Apoloniya, bagera i Tesaloniki, aho hakaba isengero ry’Abayahudi.


Nyuma y’ibyo, Pawulo ava Atene ajya i Korinti.


Mu gihe Galiyo yatwaraga Akaya, Abayahudi bahuza umugambi wo gufata Pawulo, bamujyana mu rukiko,


Nyamara bo bakamurwanya kandi bakamutuka, ni ko gukunguta imyambaro ye, ababwira ati «Amaraso yanyu azabahame! Jye ndi umwere, ndetse no kuva ubu nigiriye mu banyamahanga.»


Ni jyewe Pawulo ubibisabiye ubwanjye, mu bugwaneza n’ituze bya Kristu. Muvuga ko iyo turi kumwe niyoroshya, naba ndi kure nkabisha.


— kuko hari abavuga ngo «Inzandiko ze zifite ireme kandi zirakaze, nyamara iyo ari muri twe, usanga agayitse n’ijambo rye ari nta ryo.» —


Ni koko yabambwe ku musaraba bishingiye ku ntege nke ze, ariko ubu ni muzima bishingiye ku bubasha bw’Imana. Natwe kandi muri We turi abanyantege nke, ariko nk’uko muzabyibonera, tuzabana na We ku bw’ububasha bw’Imana buzabagaragarizwa.


Duhora twishimye iyo twe ducogoye ariko mwe mukaba mukomeye. Impamvu y’amasengesho yacu ni uko mwatera imbere.


Ku mpuhwe zayo, Imana yatweguriye uwo murimo, bigatuma tudacika intege.


Ni cyo gituma tudacogora; kabone n’ubwo umubiri ugenda uyonga, umutima wo wivugurura buri munsi.


Ahubwo twihatira kugaragaza muri byose ko turi abagaragu b’Imana, turihangana bihagije, ari mu magorwa, mu mage no mu ishavu,


Na we yarushijeho kubakunda, iyo abona ukuntu mumwumvira mwese, n’ukuntu mwamwakiranye icyubahiro n’igitinyiro.


Mu by’ukuri, kuva twagera muri Masedoniya, nta gahenge twigeze tugira, ahubwo twahuye n’ingorane zitabarika, ari intambara zo hanze, ari n’inkeke zo ku mutima.


Bacakara namwe, nimwumvire ba shobuja ba hano ku isi; mujye mububaha kandi mubatinye, nta buryarya ku mutima, nk’aho mwakumviye Kristu ubwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan