Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:5 - Bibiliya Yera

5 Uwiteka uri muri wo arakiranuka ntazakora ibibi, uko bukeye agaragaza gukiranuka kwe mu mucyo ntabwo asiba, ariko ibigoryi nta soni bigira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nyamara Uhoraho ari mu murwa rwagati, ni intungane ntiyigera akora ibibi. Uko bukeye ntasiba kwerekana ko ari intabera, nyamara inkozi z'ibibi ntizibura gukora ibiteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nyamara Uhoraho ari mu murwa rwagati, ni intungane ntiyigera akora ibibi. Uko bukeye ntasiba kwerekana ko ari intabera, nyamara inkozi z'ibibi ntizibura gukora ibiteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Mu mugi rwagati, Uhoraho ni we Ntungane, ntiyigera akora ikibi; uko bukeye atangaza ubutabera bwe, nta munsi n’umwe asiba. Nyamara abagome bo ntibakorwa n’ikimwaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:5
41 Iomraidhean Croise  

Ntibikaguturukeho kugira utyo, kurimburana abakiranutsi n'abanyabyaha, abakiranutsi bagahwana n'abanyabyaha kirakazira! Umucamanza w'abari mu isi bose ntiyakora ibyo kutabera.”


“Nuko rero nimuntegere amatwi, Mwa bantu bajijutse mwe, Ntibikabeho ko Imana ikora ibyaha, N'Ishoborabyose ngo ikore ibyo gukiranirwa,


Ukamugenderera uko bukeye, Ntutuze kumugerageza?


Mbese Imana igoreka urubanza? Ishoborabyose igoreka gukiranuka?


Uwiteka akiranuka mu nzira ze zose, Ni umunyarukundo mu mirimo ye yose.


Kandi azerekana gukiranuka kwawe nk'umucyo, N'ukuri k'urubanza rwawe nk'amanywa y'ihangu.


Bazagumya kwera no mu busaza, Bazagira amakakama menshi n'itoto,


Wa muturage w'i Siyoni we, shyira ejuru uvuge cyane, kuko Uwera wa Isirayeli uri hagati yawe akomeye.”


Uko bizajya binyuramo bizabafata, kuko bizajya binyuramo uko bukeye ku manywa na nijoro, kandi kumenya ubutumwa kuzaba gutera ubwoba gusa.


Uwiteka, utubabarire ni wowe twategereje, ujye utubera amaboko uko bukeye kandi utubere agakiza mu bihe tuboneramo amakuba.


Mwamamaze mubyigize hafi bijye inama. Ni nde werekanye ibyo uhereye mu bihe byashize? Ni nde wabibwirije uhereye kera? Si jyewe Uwiteka? Kandi nta yindi mana ibaho itari jye, Imana idaca urwa kibera kandi ikiza, nta yindi ibaho itari jye.


Umwami Imana impaye ururimi rw'abigishijwe kugira ngo menye gukomeresha urushye amagambo, inkangura uko bukeye, ikangurira ugutwi kwanjye kumva nk'abantu bigishijwe.


“Wa nzu ya Dawidi we, uku ni ko Uwiteka avuze ngo: Mujye muca imanza zitabera mu gitondo, kandi abanyazwe ibyabo mubakize amaboko y'uburenganije, kugira ngo uburakari bwanjye butaza bugurumana nk'umuriro, bugatwika ntihagire ubasha kubuzimya, mbahoye ibyaha by'imirimo yanyu mukora.


Ni cyo gituma imvura yimanwa kandi nta mvura y'itumba yabonetse, ariko ufite mu maso ha maraya wanga kugira isoni.


Mbese nta soni bagize bamaze gukora ibizira? Oya, ntabwo bakozwe n'isoni haba no guhonga mu maso. Ni cyo gituma bazagwa mu bagwa, igihe nzabahagurukira bazaba imirara.” Ni ko Uwiteka avuga.


Mbese hari isoni bagize bamaze gukora ibizira? Oya, ntabwo bakozwe n'isoni, haba no guhonga mu maso. Ni cyo gituma bazagwa mu bagwa, igihe nzabahagurukira nzabagira imirara. Ni ko Uwiteka avuga.


Zihora zunguka uko bukeye, Umurava wawe ni munini.


“Ariko muravuga muti ‘Imigenzereze y'Uwiteka ntitunganye.’ Nimwumve mwa b'inzu ya Isirayeli mwe, mbese imigenzereze yanjye ntitunganye? Imigenzereze yanyu si yo idatunganye?


Ahawukikije hose hazabe imbingo ibihumbi cumi n'umunani, kandi uhereye uwo munsi uwo murwa uzitwa ngo ‘Uwiteka ni ho ari.’ ”


Efurayimu azavuga ati ‘Ndacyahuriye he n'ibigirwamana kandi?’ Narayumviye kandi nzayitaho, meze nk'umuberoshi utoshye, imbuto zawe ni jye ziturukaho.”


Ni cyo gituma nabahanishije abahanuzi. Nabicishije amagambo y'akanwa kanjye, kandi imanza nabaciriye zimeze nk'umucyo ukwira hose.


Abatware baho bacira imanza impongano, n'abatambyi baho bigishiriza ibihembo, n'abahanuzi baho baragurira ingemu, nyamara bisunga Uwiteka bakavuga bati “Mbese Uwiteka ntari muri twe? Nta kibi kizatuzaho.”


Nzihanganira uburakari bw'Uwiteka kuko namugomeye, kugeza ubwo azamburana akantsindira. Azansohora anjyane mu mucyo, mbone kureba gukiranuka kwe.


Ni iki gituma unyereka gukiranirwa, ukareba iby'ubugoryi? Kuko kurimbuka n'urugomo biri imbere yanjye. kandi hari n'intonganya, hadutse n'umuvurungano.


Nimuteranire hamwe, ni ukuri muterane mwa bwoko butagira isoni mwe,


Abarokotse bo muri Isirayeli ntibazakora ibibi habe no kuvuga ibinyoma, n'ururimi ruriganya ntiruzababonekaho mu kanwa kabo, kuko bazagaburirwa, bakaryama ari nta wubakanga.


Uwiteka yagukuyeho imanza yari yaguciriye, abanzi bawe yabajugunye hanze. Umwami wa Isirayeli, ari we Uwiteka ari muri wowe imbere, ntabwo uzongera gutinya ibibi ukundi.


Uwiteka Imana yawe iri muri wowe imbere, ni intwari kandi irakiza. Izakwishimana inezerewe. izaruhukira mu rukundo rwayo, izakunezererwa iririmba.’


Nuko nubura amaso, ngiye kubona mbona umuntu ufite umugozi mu ntoki wo kugera.


Nezerwa cyane wa mukobwa w'i Siyoni we, rangurura wa mukobwa w'i Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri. Ni we mukiranutsi kandi azanye agakiza, yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.


kuko ari nta cyatwikiriwe kitazatwikururwa, cyangwa icyahishwe kitazamenyekana.


Ariko kuko ufite umutima unangiwe utihana, wirindirije umujinya uzaba ku munsi w'uburakari, ubwo amateka y'ukuri y'Imana azahishurwa,


kandi yabikoreye kugira ngo no muri iki gihe yerekane gukiranuka kwayo, ngo ibe Ikiranuka kandi Itsindishiriza uwizeye Yesu.


Ni cyo gituma mudakwiriye guca urubanza rw'ikintu cyose igihe cyarwo kitarasohora, kugeza ubwo Umwami wacu azaza agatangaza ibyari byahishwe mu mwijima, kandi akagaragaza n'imigambi yo mu mitima. Ubwo ni bwo umuntu wese azahabwa n'Imana ishimwe rimukwiriye.


kandi mu bintu byawe uzajyanemo igihōsho, nusohoka ukicara ugicukuze, uhindukire utwikīre aho uhagurutse.


Icyo Gitare umurimo wacyo uratunganye rwose, Ingeso zacyo zose ni izo gukiranuka. Ni Imana y'inyamurava itarimo gukiranirwa, Ica imanza zitabera, iratunganye.


Kandi ubwo uwo mwambaza mumwita So, ari ucira umuntu wese urubanza rukwiriye ibyo yakoze ntarobanure ku butoni, mumare iminsi y'ubusuhuke bwanyu mutinya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan