Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:4 - Bibiliya Yera

4 Abahanuzi bawo ni incacanya n'abariganya, abatambyi bawo baziruye ubuturo bwera, kandi bagomeye amategeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Abahanuzi baho ni abirasi n'ababeshyi, abatambyi baho bahumanya ibyeguriwe Imana, bagoreka n'Amategeko yayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Abahanuzi baho ni abirasi n'ababeshyi, abatambyi baho bahumanya ibyeguriwe Imana, bagoreka n'Amategeko yayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Abahanuzi bawo ni abirasi n’ababeshyi; abaherezabitambo bawo bahindanyije ibintu bitagatifu, barenga no ku mategeko!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:4
33 Iomraidhean Croise  

Abayobora aba bantu barabayobya, kandi abo bayoboye bararimbuka.


Dore mpagurukiye abahanura iby'inzozi by'ibinyoma, ni ko Uwiteka avuga, bakabyamamaza kandi bakayobesha ubwoko bwanjye ibyo binyoma byabo no kwirarira kwabo k'ubusa. Nyamara sinabatumye, sinabategetse kandi nta cyo bamariye rwose ubu bwoko. Ni ko Uwiteka avuga.


ibikomangoma by'i Buyuda n'ibikomangoma by'i Yerusalemu, n'inkone n'abatambyi na rubanda rwose rwo mu gihugu banyuze hagati y'ibice by'ikimasa.


Abahanuzi bahanura ibinyoma, abatambyi bategeka uko bishakiye, kandi abantu banjye bashima ko bagenza batyo. Amaherezo yabyo se muzabigira mute?”


Ni cyo gituma abagore babo ngiye kubaha abandi, n'imirima yabo nzayiha abazayizungura, kuko uhereye ku muto ukageza no ku mukuru bose bihaye gushaka indamu mbi, uhereye ku muhanuzi ukageza no ku mutambyi bose bakora iby'uburiganya.


Abahanuzi bawe beretswe iby'ubusa n'iby'ubupfu ku bwawe, Kandi ntibakugaragarije igicumuro cyawe, Kugira ngo bagarure abawe bajyanywe ari imbohe. Ahubwo beretswe ibiguhanurira ibinyoma, Byatumye ucibwa.


Abatambyi bacyo bishe amategeko yanjye ku rugomo, banziruriye ibintu byanjye byera. Ntibashyize itandukaniro hagati y'ibyera n'ibitejejwe, ntibamenyesheje abantu gutandukanya ibyanduye n'ibitanduye, kandi n'amasabato yanjye barayirengagije maze nsuzugurirwa muri bo.


Dore ibikomangoma bya Isirayeli, kimwe kimwe muri wowe, umurimo w'amaboko yabyo ni ukuvusha amaraso.


“ ‘Bajye bigisha ubwoko bwanjye gutandukanya ibyera n'ibitejejwe, kandi babumenyeshe ibyanduye n'ibitanduye.


Iminsi yo guhanwa irageze, iminsi yo guhōrwa irashyitse, Isirayeli azabimenya. Umuhanuzi yabaye umupfu, n'uhanzweho n'umwuka yarasaze, basarishijwe no gukiranirwa kwawe kwinshi, n'uko ubwanzi bwawe bugwiriye.


“Umuntu ugendana umwuka w'umuyaga n'ururimi rubeshya akavuga ati ‘Ngiye kubahanurira ibya vino n'ibisindisha’, ni we muhanuzi ukwiriye ubu bwoko.


Abatware baho bacira imanza impongano, n'abatambyi baho bigishiriza ibihembo, n'abahanuzi baho baragurira ingemu, nyamara bisunga Uwiteka bakavuga bati “Mbese Uwiteka ntari muri twe? Nta kibi kizatuzaho.”


“Umwana yubaha se n'umugaragu akubaha shebuja, none niba ndi so mwanyubashye mute? Cyangwa se niba ndi shobuja, igitinyiro cyanjye kiri he mwa batambyi mwe, basuzugura izina ryanjye? Ni ko Uwiteka Nyiringabo abaza. Nyamara murabaza muti ‘Izina ryawe twarisuzuguye dute?’


Kuko akanwa k'umutambyi gakwiriye guhamya iby'ubwenge, kandi abantu bakwiriye kuba ari we bashakiraho amategeko, kuko ari we ntumwa y'Uwiteka Nyiringabo.


“Ariko mwebwe murateshutse muyoba inzira, mwagushije benshi mu by'amategeko, mwishe isezerano rya Lewi. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.


“Mwirinde abahanuzi b'ibinyoma baza aho muri basa n'intama, ariko imbere ari amasega aryana.


Bene abo ni intumwa z'ibinyoma, ni abakozi bariganya bigira nk'intumwa za Kristo.


Bakundwa, ntimwizere imyuka yose ahubwo mugerageze imyuka ko yavuye ku Mana, kuko abahanuzi b'ibinyoma benshi badutse bakaza mu isi.


Iyo nyamaswa ifatwa mpiri, na wa muhanuzi w'ibinyoma wakoreraga ibimenyetso imbere yayo, akabiyobesha abashyizweho ikimenyetso cya ya nyamaswa n'abaramya igishushanyo cyayo, na we afatanwa na yo. Bombi bajugunywa mu nyanja yaka umuriro n'amazuku ari bazima.


Nuko bamuha ibice by'ifeza mirongo irindwi bakuye mu ndaro ya Bāliberiti, Abimeleki abigurira abantu b'inguguzi bakubagana, baramukurikira.


Icyo gihe Eli yari ageze mu za bukuru, yumva ibyo abahungu be bakoreraga Abisirayeli bose, kandi n'uko basambanaga n'abagore bakoraga ku muryango w'ihema ry'ibonaniro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan