Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 1:3 - Bibiliya Yera

3 nzatsembaho abantu n'amatungo, nzatsembaho ibiguruka mu kirere n'amafi yo mu nyanja, n'abakiranirwa n'ibisitaza byabo, nzaca abantu ku isi. Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 nzatsemba abantu n'amatungo, nzatsemba ibiguruka n'amafi, nzatsemba abagome n'ibitera abantu gucumura, nzamara abantu ku isi.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 nzatsemba abantu n'amatungo, nzatsemba ibiguruka n'amafi, nzatsemba abagome n'ibitera abantu gucumura, nzamara abantu ku isi.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nzatsemba abantu n’inyamaswa, inyoni zo mu kirere n’amafi yo mu nyanja, n’abagome bose mbatere gutsitara; koko, nzarimbura abantu ku isi! Uwo ni Uhoraho ubivuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 1:3
22 Iomraidhean Croise  

Uwiteka aravuga ati “Nzarimbura abantu naremye, mbatsembe mu isi uhereye ku muntu n'inyamaswa n'amatungo n'ibikururuka n'inyoni n'ibisiga byo mu kirere, kuko nicujije yuko nabiremye.”


Ibyo ni byo bizatuma gukiranirwa kwa Yakobo kuzatwikīrwa, kandi iyo ni yo mbuto yose yo kumukuraho icyaha, ubwo amabuye y'igicaniro yose azayahindura ibishonyi bihondagurwa, bituma Ashera n'ibishushanyo by'izuba bisengwa bitazongera kubyuka.


Ndayibaza nti “Nyagasani, ibyo bizageza he?” Iransubiza iti “Bizageza aho imidugudu izabera imyirare ari nta wuyibamo, n'amazu ari nta wuyabamo, n'igihugu kigahinduka amatongo rwose,


Uwiteka akarangiza kwimurira abantu kure, kandi amatongo akaba menshi muri iki gihugu.


Mbese igihugu kizageza he kikiboroga, kandi ibyatsi byo mu gasozi na byo byuma? Amatungo n'ibiguruka birahashira bizize ibyaha by'abagituyemo, kuko bavuga bati “Ntazabona iherezo ryacu.”


“Kuko ikasikazi haturutse ishyanga rimuteye, rizahindura igihugu cye amatongo kandi nta wuzakibamo, si abantu si amatungo, byose byahunze.


Nuko Umwami Uwiteka avuga atya ati: Dore uburakari bwanjye n'umujinya wanjye bigiye gusukwa aha hantu, ku bantu no ku matungo, no ku biti byo ku gasozi no ku myaka y'igihugu, kandi bizagurumana ubutazazima.


“I Yerusalemu nzahahindura ibirundo habe ubuturo bw'ingunzu, n'imidugudu y'u Buyuda nzayigira amatongo habe ikidaturwa.”


Kuko babakoreye bari imbere y'ibigirwamana byabo, bakabera ab'inzu ya Isirayeli igisitaza cyo kubacumuza, ni cyo cyatumye mbaramburiraho ukuboko kwanjye, kandi bazagibwaho n'ibibi byabo. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.


Bazajugunya ifeza yabo mu nzira, n'izahabu yabo izababera nk'ikintu cyanduye. Ifeza yabo n'izahabu yabo ntabwo bizashobora kubarokora ku munsi w'uburakari bw'Uwiteka, ntabwo bizahaza ubugingo bwabo habe n'amara yabo, kuko byababereye igisitaza cyo kubagusha mu byaha.


Mujyane amagambo mugarukire Uwiteka mumubwire muti “Udukureho gukiranirwa kose, utwakirane ineza maze tuzagutambire ishimwe ry'iminwa yacu.


Ababa mu gicucu cye bazagaruka, bazashibuka nk'ingano batohe nk'umuzabibu, impumuro yabo izaba imeze nka vino y'i Lebanoni.


Ni cyo kizatera igihugu kurira kandi ugituyemo wese akiheba, n'inyamaswa zo mu ishyamba na zo ni uko, n'ibisiga byo mu kirere, ndetse n'amafi yo mu nyanja azapfa.


Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Uwo munsi nzatsemba amazina y'ibigirwamana mu gihugu bye kuzibukwa ukundi, kandi nzirukana abahanuzi n'umwuka wanduye mu gihugu.


Umwana w'umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n'inkozi z'ibibi babikure mu bwami bwe,


Ndababwira yuko mutazambona uhereye none ukageza ubwo muzavuga muti ‘Hahirwa uje mu izina ry'Uwiteka.’ ”


Ariko rero mfite bike nkugaya, kuko iwanyu ufite abakomeza inyigisho za Balāmu, wigishije Balaki gushyira igisitaza imbere y'Abisirayeli kugira ngo barye intonōrano kandi basambane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan