Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:3 - Bibiliya Yera

3 Bakundwa, ubwo nagiraga umwete wo kubandikira iby'agakiza dusangiye niyumvisemo ko mpaswe no kubahugura, kugira ngo mushishikarire kurwanira ibyo kwizera abera bahawe rimwe, bakazageza iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Ncuti nkunda, nari nsanzwe mfite ishyaka ryo kubandikira ibyerekeye agakiza dusangiye, none mbonye ko ari ngombwa kubikora ngo mbatere umwete wo kurwanira ibyerekeye Kristo twemera, ibyo Imana yabishinze intore zayo rimwe rizima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Ncuti nkunda, nari nsanzwe mfite ishyaka ryo kubandikira ibyerekeye agakiza dusangiye, none mbonye ko ari ngombwa kubikora ngo mbatere umwete wo kurwanira ibyerekeye Kristo twemera, ibyo Imana yabishinze intore zayo rimwe rizima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nkoramutima zanjye, nifuje cyane kubandikira ku byerekeye ugucungurwa twese dusangiye; none nsanze ari ngombwa kubikora, kugira ngo mbashishikarize kurwanira ukwemera kwashyikirijwe burundu abatagatifujwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:3
44 Iomraidhean Croise  

Maze ndabatonganya ndabavuma, ndetse bamwe muri bo ndabakubita mbapfura umusatsi mbarahiza Imana nti “Ntimugashyingirane na bo kandi namwe ntimukabarongoremo.


Ariko Isirayeli azakirishwa n'Uwiteka agakiza gahoraho, ntimuzakorwa n'isoni, ntimuzamwara iteka ryose.


“Nimumpugukire mukizwe, mwa bari ku mpera z'isi mwese mwe, kuko ari jye Mana nta yindi ibaho.


Umuntu wese muri mwe ajye yirinda umuturanyi we, kandi ntimukiringire uwo muva inda imwe kuko abavandimwe bazahemukirana rwose, kandi umuturanyi wese azajya asebanya.


abibasobanurira abamenyesha yuko Kristo akwiriye kubabazwa no kuzuka mu bapfuye, kandi ati “Yesu uwo mbabwira ni we Kristo.”


kuko yatsindiraga Abayuda cyane imbere y'abantu, abereka mu byanditswe yuko Yesu ari we Kristo.


kuko ntikenze mbabwira ibyo Imana yagambiriye byose.


“Nuko mumenye yuko abanyamahanga bohererejwe ako gakiza k'Imana, kandi abo bazakumvira.” [


Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y'ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”


Nuko ijambo ry'Imana rikomeza kwamamara, umubare w'abigishwa ugwira cyane i Yerusalemu, abatambyi benshi bumvira uko kwizera.


Ananiya aramusubiza ati “Mwami, uwo muntu numvise benshi bamuvuga, uko yagiriraga nabi abera bawe bari i Yerusalemu,


Ariko Sawuli arushaho kugwiza imbaraga, atsinda Abayuda batuye i Damasiko arabamwaza, abahamiriza yuko Yesu ari we Kristo.


Muzi ko nabanje kubaha ibyo nanjye nahawe kumenya, yuko Kristo yapfiriye ibyaha byacu nk'uko byari byaranditswe,


Abo ntitwabumviye na hato ngo dutegekwe na bo, kugira ngo ukuri k'ubutumwa bwiza kugume muri mwe.


None ntihakiriho Umuyuda cyangwa Umugiriki, ntihakiriho imbata cyangwa uw'umudendezo, ntihakiriho umugabo cyangwa umugore, kuko mwese muri umwe muri Kristo Yesu.


Murebe namwe uburyo mbandikishirije inyuguti nini n'ukwanjye kuboko:


Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk'uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,


Uko ni ko amaraso y'utacumuye muzayakūza hagati muri mwe, gukora ibyo Uwiteka abona ko ari byiza.


Uwiteka ampa ibyo bisate bibiri by'amabuye byandikishijweho urutoki rw'Imana, byanditsweho amagambo yose Uwiteka yababwiriye kuri uwo musozi ari hagati mu muriro, kuri wa munsi w'iteraniro.


Pawulo na Timoteyo imbata za Kristo Yesu, turabandikiye mwebwe abera bo muri Kristo Yesu b'i Filipi bose, hamwe n'abepisikopi n'abadiyakoni.


Icyakora, ingeso zanyu zimere nk'uko bikwiriye ubutumwa bwiza bwa Kristo, kugira ngo ninza kubasura cyangwa nintaza, nzumve ibyanyu yuko mushikamye mu Mwuka umwe muhuje umutima, kandi murwanira hamwe ku bwo kwizera ubutumwa bwiza,


turabandikiye bene Data bo muri Kristo bera bo kwizerwa, bari i Kolosayi. Ubuntu n'amahoro bibe muri mwe, biva ku Mana Data wa twese.


ahubwo tumaze kubabarizwa i Filipi no kuhahemurirwa nk'uko mubizi, duhabwa n'Imana yacu gushira amanga ngo tubabwire ubutumwa bwiza bw'Imana turi mu ntambara nyinshi.


Mwana wanjye Timoteyo, ndakwihanangiriza nkurikije ubuhanuzi bwa kera bwahanuye ibyawe, kugira ngo buduheshe kurwana intambara nziza,


Ujye urwana intambara nziza yo kwizera usingire ubugingo buhoraho, ubwo wahamagariwe ukabwaturira kwatura kwiza imbere y'abahamya benshi.


Ujye ukomeza icyitegererezo cy'amagambo mazima wanyumvanye, ugikomeresha kwizera n'urukundo rubonerwa muri Kristo Yesu.


Ndakwandikiye Tito, umwana wanjye nyakuri ku bwo kwizera dusangiye. Ubuntu n'amahoro bibe kuri wowe, biva ku Mana Data wa twese no kuri Kristo Yesu Umukiza wacu.


Bene Data, ndabinginga kugira ngo mwihanganire uku guhugura kwanjye, kuko dore nkubandikiye mu magambo make.


Ariko bakundwa nubwo tuvuze dutyo, twiringiye tudashidikanya yuko ibyanyu birusha ibyo kuba byiza n'uko bizazana agakiza,


Mbandikiye uru rwandiko rw'amagambo make, rwanditswe n'ukuboko kwa Siluwano, mwene Data wo kwizerwa, uko ntekereza mbahugura, mpamya, yuko ubuntu bw'Imana navuze ari ubw'ukuri, nimubuhagararemo mushikamye.


Simoni Petero imbata ya Yesu Kristo n'intumwa ye, ndabandikiye mwebwe abagabanye kwizera kw'igiciro cyinshi guhwanye n'ukwacu, muguheshejwe no gukiranuka kwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu n'Umukiza.


Icyajyaga kubabera cyiza, iyaba batigeze kumenya inzira yo gukiranuka, biruta ko basubira inyuma bamaze kuyimenya, bakareka itegeko ryera bahawe.


Yuda imbata ya Yesu Kristo kandi mwene se wa Yakobo, ndabandikiye mwebwe abahamagawe, bakundwa kuko muri mu Mana Data wa twese, mukarindirwa Yesu Kristo.


Ariko mwebweho bakundwa, mwibuke amagambo yavuzwe kera n'intumwa z'Umwami wacu Yesu Kristo,


Ariko mwebweho bakundwa, mwiyubake ku byo kwizera byera cyane, musengere mu Mwuka Wera,


Na bo bamuneshesheje amaraso y'Umwana w'Intama n'ijambo ryo guhamya kwabo, ntibakunda amagara yabo, ntibanga no gupfa.


Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa. Dore Satani agiye gushyirisha bamwe muri mwe mu nzu y'imbohe kugira ngo mugeragezwe, kandi muzamara iminsi cumi mubabazwa. Ariko ujye ukiranuka uzageze ku gupfa, nanjye nzaguha ikamba ry'ubugingo.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan