Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 7:7 - Bibiliya Yera

7 Ab'isi ntibabasha kubanga, ariko jyewe baranyanga kuko mpamya ibyabo, yuko imirimo yabo ari mibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Ab'isi ntibashobora kubanga, ariko jye baranyanga kuko nemeza ko ibyo bakora ari bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Ab'isi ntibashobora kubanga, ariko jye baranyanga kuko nemeza ko ibyo bakora ari bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Isi ntishobora kubanga, ariko jye iranyanga, kuko mpamya ko ibyo ikora ari bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 7:7
27 Iomraidhean Croise  

Ahabu abwira Eliya ati “Urambonye ga wa mwanzi wanjye we?” Na we ati “Ndakubonye koko, kuko wiguriye gukora ibyangwa n'Uwiteka.


Umwami w'Abisirayeli asubiza Yehoshafati ati “Hasigaye undi mugabo twabasha kugisha Uwiteka inama, ariko ndamwanga kuko atampanurira ibyiza, keretse ibibi. Uwo ni Mikaya mwene Imula.” Yehoshafati aramusubiza ati “Mwami, wivuga utyo.”


Ku neza nabagiriye banyituye inabi, Ku rukundo banyituye urwango.


Umukobanyi ntakunda gucyahwa, Kandi ntagenderera abanyabwenge.


Ariko uncumuraho aba yononnye ubugingo bwe, Abanyanga bose baba bakunze urupfu.”


Ni bo bacumuza umuntu mu ijambo, kandi ūburanira mu muharuro bamutega umutego, umukiranutsi bakamuyobesha ikitagira umumaro.


Ibi ni ibyo Uwiteka, Umucunguzi wa Isirayeli, Uwera we abwira uwo abantu basuzugura, uwo ishyanga ryanga urunuka, ikiretwa cy'abatware ati “Abami bazabireba bahagurukane n'ibikomangoma baramye ku bw'Uwiteka ugira umurava, Uwera wa Isirayeli wagutoranije.”


Kuko iyo mvuze hose mba ntaka gusa, nkarangurura mvuga iby'urugomo n'ibyo kurimbuka, kuko ijambo ry'Uwiteka rimbayeho igitutsi no gushinyagurirwa bukarinda bwira.


uwo mutambyi amusuzume, nihaboneka ikibyimba cyera ku mubiri we kikaba gihinduye ubwoya bwaho kuba umweru, kikabaho igisebe cy'inyama


Mu kwezi kumwe nirukana abo bashumba batatu kuko bari banduhije, kandi na bo bari banzinutswe.


“Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n'abasambanyi n'abarahira ibinyoma, n'abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n'impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.


“Muzabona ishyano abantu nibabavuga neza, kuko ari ko ba sekuruza wabo bagenje abahanuzi b'ibinyoma.


Nabahaye ijambo ryawe, kandi ab'isi barabanga kuko atari ab'isi, nk'uko nanjye ntari uw'isi.


Uko gucirwaho iteka ni uku: ni uko umucyo waje mu isi, abantu bagakunda umwijima kuwurutisha umucyo babitewe n'uko ibyo bakora ari bibi,


kuko umutima wa kamere ari umwanzi w'Imana, kuko utumvira amategeko y'Imana, ndetse ntushobora kuyumvira.


Mbese mpindujwe umwanzi wanyu n'uko mbabwira ukuri?


Yemwe basambanyi, namwe basambanyikazi, ntimuzi yuko ubucuti bw'iby'isi butera kwangwa n'Imana? Nuko rero umuntu wese ushaka kuba incuti y'iby'isi, aba yihinduye umwanzi w'Imana.


Abo ni ab'isi: ni cyo gituma bavuga iby'isi ab'isi bakabumvira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan