Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 4:10 - Bibiliya Yera

10 Yesu aramusubiza ati “Iyaba wari uzi impano y'Imana, ukamenya n'ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y'ubugingo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Yezu aramusubiza ati: “Iyaba wari uzi ubuntu Imana igira n'ugusabye amazi uwo ari we, wajyaga kumusaba akaguha amazi y'ubugingo!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Yezu aramusubiza ati: “Iyaba wari uzi ubuntu Imana igira n'ugusabye amazi uwo ari we, wajyaga kumusaba akaguha amazi y'ubugingo!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Yezu aramusubiza ati «Iyaba wari uzi ingabire y’Imana, ukamenya n’ukubwira ati ’Mpa amazi yo kunywa’, wajyaga kuyamusaba ari wowe, maze akaguha amazi atanga ubugingo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 4:10
49 Iomraidhean Croise  

Uwiteka, wumvise ibyo abanyamubabaro bashaka, Uzakomeze imitima yabo, uzatyarize ugutwi,


Naho amazi yaho yahorera akībirindura, Naho imisozi yatigiswa no kwihinduriza kwayo. Sela.


Nanjye ndahagarara imbere yawe hariya ku gitare cy'i Horebu, ukubite icyo gitare amazi aravamo abantu bayanywe.” Mose abigenzereza atyo imbere y'abakuru b'Abisirayeli.


Uri iriba ryo hagati y'imirima, Uri isōko y'amazi abeshaho, N'imigezi itemba ituruka i Lebanoni. Umugeni:


Ni cyo gituma muzavomana ibyishimo mu mariba y'agakiza.


Icyo gihe ikirema kizasimbuka nk'impara, ururimi rw'ikiragi ruzaririmba kuko amazi azadudubiriza mu butayu, imigezi igatembera mu kidaturwa.


“Jyewe Uwiteka naguhamagariye gukiranuka, nzagufata ukuboko, nzakurinda nguhe kuba isezerano ry'abantu no kuba umucyo uvira abanyamahanga,


Inyamaswa zo mu gasozi, ingunzu n'imbuni bizanyubaha, kuko ntanga amazi mu butayu, ngatembesha imigezi mu kidaturwa, kugira ngo nuhire ubwoko bwanjye natoranije,


“Uwishwe n'inyota nzamusukiraho amazi, nzatembesha imigezi ku butaka bwumye, urubyaro rwawe nzarusukaho Umwuka wanjye n'abana bawe nzabaha umugisha.


Ntibazicwa n'inzara cyangwa inyota kandi icyokere ntikizabageraho, n'izuba ntirizabica kuko uwabagiriye imbabazi azabajya imbere, akabajyana ku masōko y'amazi.


Gutegeka kwe n'amahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi n'ubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose. Ibyo ngibyo Uwiteka Nyiringabo azabisohoresha umwete we.


Kuko abantu banjye bakoze ibyaha bibiri: baranyimūye kandi ari jye sōko y'amazi y'ubugingo, kandi bikorogoshoreye ibitega mu rutare, ndetse ni ibitega bitobotse bitabasha gukomeza amazi.”


“ ‘Nuko rero wa musambanyi we, umva ijambo ry'Uwiteka.


“Uwo munsi ab'inzu ya Dawidi n'abaturage b'i Yerusalemu bazaziburirwa isōko yo kuboza ibyaha n'imyanda.”


Kandi uwo munsi amazi y'ubugingo azava i Yerusalemu, amazi amwe azatembera mu nyanja y'iburasirazuba, ayandi azatembera mu nyanja y'iburengerazuba. Bizaba bityo mu cyi no mu itumba.


None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So wo mu ijuru ntazarushaho rwose guha Umwuka Wera abamumusabye?”


Kandi ibyo bazabikorera batyo kuko batamenye Data, nanjye ntibamenye.


Ubu ni bwo bugingo buhoraho, ko bakumenya ko ari wowe Mana y'ukuri yonyine, bakamenya n'uwo watumye ari we Yesu Kristo.


Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w'ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.


ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y'amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.”


Yesu arababwira ati “Ni jye mutsima w'ubugingo, uza aho ndi ntazasonza na hato, n'unyizera ntabwo azagira inyota na hato.


Ni jye mutsima muzima wavuye mu ijuru. Umuntu narya uwo mutsima azabaho iteka ryose, kandi umutsima nzatanga ku bw'abari mu isi kugira ngo babone ubugingo, ni umubiri wanjye.”


Umwami aramubwira ati “Haguruka ujye mu nzira yitwa Igororotse, ushakire mu nzu ya Yuda umuntu witwa Sawuli w'i Taruso, kuko ubu ngubu asenga.


Mbese ubwo itimanye Umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose?


Ni yo ibaha kuba muri Kristo Yesu waduhindukiye ubwenge buva ku Mana, no gukiranuka no kwezwa no gucungurwa,


kuko banywaga ku gitare cy'Umwuka cyabakurikiraga, kandi icyo gitare cyari Kristo.


Imana ishimirwe impano yayo nziza itarondoreka.


Mwakijijwe n'ubuntu ku bwo kwizera, ntibyavuye kuri mwe ahubwo ni impano y'Imana.


Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n'umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,


Kandi tuzi yuko Umwana w'Imana yaje akaduha ubwenge, ngo tumenye Iy'ukuri kandi turi mu Y'ukuri, kuko turi mu Mwana wayo Yesu Kristo. Iyo ni yo Mana y'ukuri n'ubugingo buhoraho.


Kandi iti “Birarangiye. Ni jye Alufa na Omega, itangiriro n'iherezo. Ufite inyota nzamuhera ubuntu kunywa ku isoko y'amazi y'ubugingo.


Umwuka n'umugeni barahamagara bati “Ngwino!” Kandi uwumva nahamagare ati “Ngwino!” Kandi ufite inyota naze, ushaka ajyane amazi y'ubugingo ku buntu.


kuko Umwana w'Intama uri hagati y'intebe y'ubwami, azabaragira akabuhira amasōko y'amazi y'ubugingo, kandi Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan