Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 3:10 - Bibiliya Yera

10 Yesu aramusubiza ati “Ukaba uri umwigisha w'Abisirayeli ntumenye ibyo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Yezu aramusubiza ati: “Ukaba uri umwigisha mu Bisiraheli ntumenye ibyo?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Yezu aramusubiza ati: “Ukaba uri umwigisha mu Bisiraheli ntumenye ibyo?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Yezu aramusubiza ati «Ukaba umwigisha muri Israheli, maze ibyo ntubimenye?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 3:10
28 Iomraidhean Croise  

Kandi umuhungu wanjye Salomo, umuhe umutima utunganye wo kwitondera amategeko yawe n'ibyo wahamije n'amateka yawe, kandi akore ibyo byose, yubake n'inzu y'inyumba niteguriye kuyubaka.”


Unyumvishe umunezero n'ibyishimo, Kugira ngo amagufwa wavunnye yishime.


Ni wowe, ni wowe ubwawe nacumuyeho, Nakoze icyangwa n'amaso yawe. Byabereye bityo kugira ngo uboneke ko ukiranuka nuvuga, Kandi uboneke ko uboneye nuca urubanza.


Zaburi iyi ni iya Asafu. Ni ukuri Imana igirira neza Abisirayeli, Bafite imitima iboneye.


Abarinzi be ni impumyi bose nta cyo bazi, bose ni nk'imbwa z'ibiragi zitabasha kumoka; bararota bakaryama bagakunda guhunikira.


Bizatuma Uwiteka atishimira abasore babo, ye kubabarira impfubyi zabo n'abapfakazi babo, kuko umuntu wese asuzugura Imana akaba ari inkozi y'ibibi, kandi akanwa kose kavuga ibinyabapfu. Nyamara uburakari bw'Uwiteka ntiburashira, ahubwo ukuboko kwe kuracyabanguye.


Ariko isezerano nzasezerana n'inzu ya Isirayeli hanyuma y'iyo minsi ngiri, ni ko Uwiteka avuga ngo ‘Nzashyira amategeko yanjye mu nda yabo kandi mu mitima yabo ni ho nzayandika, nzaba Imana yabo na bo bazaba ubwoko bwanjye.’


Nanjye nzabaha umutima uhuye kandi mbashyiremo umwuka mushya, umutima w'ibuye nzawukura mu mubiri wabo mbahe umutima woroshye,


Muri iyo minsi Yesu aravuga ati “Ndagushima Data, Mwami w'ijuru n'isi, kuko wahishe ibyo abanyabwenge n'abahanga, ukabimenyesha abana bato.


Nimubareke ni abarandata impumyi kandi na bo bahumye. Ariko impumyi iyo irandase indi zombi zigwa mu mwobo.”


Yesu arabasubiza ati “Mwarahabye kuko mutamenye ibyanditswe cyangwa imbaraga z'Imana.


Hashize iminsi itatu bamubona mu rusengero yicaye hagati y'abigisha, abateze amatwi kandi ababaza.


Nuko ku munsi umwe muri iyo yarigishaga, Abafarisayo n'abigishamategeko bari bicaye aho bavuye mu birorero byose by'i Galilaya n'i Yudaya n'i Yerusalemu, kandi imbaraga z'Umwami Imana zari muri we zo kubakiza.


Nikodemo aramusubiza ati “Ibyo byashoboka bite?”


Ariko mu rukiko Umufarisayo witwaga Gamaliyeli, wari umwigishamategeko wubahwa n'abantu bose, arahaguruka ategeka ko baheza intumwa akanya gato.


Kuko ugaragara ko ari Umuyuda atari we Muyuda nyakuri, kandi gukebwa kugaragara ko ku mubiri, atari ko gukebwa nyakuri.


Nuko mukūre mu mitima yanyu ibituma iba nk'imibiri itakebwe, kandi ntimukomeze kutagonda amajosi.


Kandi ibyo mu mutima wawe no mu y'urubyaro rwawe bituma iba nk'imibiri itakebwe, Uwiteka Imana yawe izabikuriramo kugira ngo ukundishe Uwiteka Imana yawe umutima wawe wose n'ubugingo bwawe bwose, ubone uko ubaho.


kuko twebwe turi abakebwe gukebwa kwiza, abasenga mu buryo bw'Umwuka w'Imana, tukishimira Kristo Yesu ntitwiringire iby'umubiri, nubwo jyeweho nabasha kubyiringira.


Muri we ni na mo mwakebewe gukebwa kutari ukw'intoki, ahubwo ni ugukebwa kuva kuri Kristo, ari ko kwiyambura umubiri w'ibyaha bya kamere.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan