Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 10:3 - Bibiliya Yera

3 Umurinzi w'irembo aramwugururira, kandi intama zumva ijwi rye. Ahamagara intama ze mu mazina yazo akazahura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 umuraririzi aramwugururira. Intama zumva ijwi ry'umushumba maze agahamagara ize mu mazina, akazahura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 umuraririzi aramwugururira. Intama zumva ijwi ry'umushumba maze agahamagara ize mu mazina, akazahura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Uwugarira irembo, aramwugururira, n’intama zikumva ijwi rye; maze agahamagara intama ze mu mazina yazo, nuko akazahura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 10:3
32 Iomraidhean Croise  

Zaburi iyi yahimbiwe umutware w'abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Ibyahamijwe ni nk'amarebe”. Ni Zaburi ya Asafu.


Uwiteka abwira Mose ati “N'icyo uvuze icyo ndagikora, kuko wangiriyeho umugisha nkakumenya izina.”


Gira umwete wo kumenya uko imikumbi yawe imeze, Kandi ufate neza amashyo yawe,


Yewe uba mu mirima, Bagenzi banjye bategere ijwi ryawe amatwi, Urinyumvishe.


Izaragira umukumbi wayo nk'umushumba, izateraniriza abana b'intama mu maboko ibaterurire mu gituza, kandi izonsa izazigenza neza.


“Impumyi nzaziyobora inzira zitazi, nzinyuze mu tuyira zitigeze kumenya. Umwijima nzawuhindurira umucyo imbere yazo, n'ahagoramye nzahagorora. Ibyo nzabibakorera kandi sinzabahāna.


Ni jye mwungeri mwiza kandi menya izanjye, izanjye zikamenya


Mfite n'izindi ntama zitari izo muri uru rugo, na zo nkwiriye kuzizana. Zizumva ijwi ryanjye kandi zizaba umukumbi umwe, zigire umwungeri umwe.


Iyo amaze kwahura ize zose azijya imbere, intama zikamukurikira kuko zizi ijwi rye.


Ni jye rembo, umuntu niyinjira muri jye azakizwa, azinjira asohoke kandi azabona urwuri.


Uwo Data yampaye wese aza aho ndi, kandi uza aho ndi sinzamwirukana na hato.


Byanditswe mu byahanuwe ngo ‘Bose bazigishwa n'Imana.’ Umuntu wese wumvise ibya Data akabyiga aza aho ndi.


Abo yatoranije kera yarabahamagaye, kandi abo yahamagaye yarabatsindishirije, n'abo yatsindishirije yabahaye ubwiza.


kuko nugururiwe irembo rinini rijya mu mirimo ikomeye kandi abandwanya bakaba benshi.


Kandi nawe, uwo dufatanije uwo murimo by'ukuri, ndakwinginze ujye ufasha abo bagore kuko bakoranaga nanjye, bakamfasha kurwanira ubutumwa bwiza bo na Kilementi n'abandi bafatanyaga nanjye, amazina yabo yanditswe mu gitabo cy'ubugingo.


Kandi natwe mudusabire kugira ngo Imana idukingurire urugi rwo kuvuga ijambo ryayo, tuvuge ubwiru bwa Kristo, ubwo nabohewe


Nyamara urufatiro rukomeye rw'Imana ruracyahagaze, rwanditsweho iki kimenyetso ngo “Uwiteka azi abe”, kandi ngo “Umuntu wese uvuga izina ry'Uwiteka ave mu bidatunganye.”


Kandi bahishurirwa yuko batabyiyerekewe ahubwo ko ari mwe babyerekewe. Ibyo none mumaze kubibwirwa n'ababwirije ubutumwa bwiza, babwirijwe n'Umwuka Wera woherejwe ava mu ijuru, kandi ibyo abamarayika babigirira amatsiko bashaka kubirunguruka.


Ariko twebweho turi ab'Imana kandi uzi Imana aratwumvira, naho utari uw'Imana ntatwumvira. Icyo ni cyo kitumenyesha umwuka w'ukuri n'umwuka uyobya uwo ari wo.


ahubwo niringiye kuzakubona vuba tukavugana duhanganye.


Kandi umuntu wese utabonetse ko yanditswe muri cya gitabo cy'ubugingo, ajugunywa muri iyo nyanja yaka umuriro.


Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire.’


kuko Umwana w'Intama uri hagati y'intebe y'ubwami, azabaragira akabuhira amasōko y'amazi y'ubugingo, kandi Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan