Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 4:3 - Bibiliya Yera

3 murasaba ntimuhabwe kuko musaba nabi mushaka kubyayisha irari ryanyu ribi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 N'iyo musabye ntimuhabwa kuko musaba nabi, mushaka ibyo gutagaguza mu byo murarikiye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 N'iyo musabye ntimuhabwa kuko musaba nabi, mushaka ibyo gutagaguza mu byo murarikiye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Murasaba ariko ntimuronke, kuko ugusaba kwanyu nta kindi kugamije uretse gutagaguza ibyifuzo byanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 4:3
25 Iomraidhean Croise  

Imana iherako ibwira Salomo iti “Kuko ibyo ari byo usabye ukaba udasabye kurama, ntusabe n'ubutunzi cyangwa ko abanzi bawe bapfa, ahubwo ukisabira ubwenge bwo kumenya guca imanza zitabera,


Nuko barataka ariko ntihagira ubasubiza, Bitewe n'ubwibone bw'abanyabyaha.


Watumye ababisha banjye bampa ibitugu, Kugira ngo ndimbure abanyanga.


“Ni bwo bazantakambira nkabihorera, Bazanshakana umwete ntibazambona.


Igitambo cy'umunyabyaha ni ikizira ku Uwiteka, Ariko gusenga k'umukiranutsi kuramunezeza.


Uwica amatwi ngo atumva gutaka k'umukene, Na we azataka kandi ntazumvwa.


Igitambo cy'umunyabyaha ni ikizira, Nkanswe noneho iyo agitanganye umutima mubi.


Ni cyo gituma Uwiteka avuga atya ati ‘Dore ngiye kubateza ibyago batazabasha kurokoka, bazantakira ariko sinzabumvira.


Nuko we gusabira ubu bwoko, ntukarangurure ijwi ku bwabo cyangwa ngo ubasabire, kuko ntazabumvira ubwo bazantakira ku bw'amakuba yabo.’ ”


Naho bakwiyirize ubusa sinzumvira gutaka kwabo, kandi nibatamba ibitambo byoswa n'amaturo y'ifu sinzabyemera ahubwo nzabarimbuza inkota n'inzara n'icyorezo.”


Ni bwo bazatakira Uwiteka ariko ntazabasubiza, ni ukuri icyo gihe azabima amaso, abihwanye n'inabi bakoze mu mirimo yabo yose.


Maze kuko yaranguruye bakanga kumva, ni ko bizaba, bazarangurura nange kumva, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga,


Yesu aramusubiza ati “Ntimuzi icyo musaba. Mwabasha kunywera ku gikombe nzanyweraho?” Bati “Turabibasha.”


Maze Yesu arababwira ati “Ntimuzi icyo musaba. Mwashobora kunywera ku gikombe nzanyweraho, cyangwa kubatizwa umubatizo nzabatizwa?”


kuko umuntu wese usaba ahabwa, ushatse abona, n'ukomanga agakingurirwa.’


Iminsi mike ishize umuhererezi ateranya ibintu bye byose, aragenda ajya mu gihugu cya kure, yayisha ibintu bye ubugoryi bwe.


Maze uyu mwana wawe yaza, wamaze ibyawe abisambanisha, akaba ari we ubagira ikimasa kibyibushye!’


Mbese muri mwe intambara ziva he, n'intonganya ziva he? Ntibiva ku byo mwishimira bibi, birwanira mu ngingo zanyu?


kandi icyo dusaba cyose tugihabwa na yo, kuko twitondera amategeko yayo tugakora ibishimwa imbere yayo.


Kandi iki ni cyo kidutera gutinyuka imbere ye: ni uko atwumva iyo dusabye ikintu nk'uko ashaka,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan