Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 1:1 - Bibiliya Yera

1 Yakobo imbata y'Imana n'Umwami Yesu Kristo ndabandikiye, mwebwe abo mu miryango cumi n'ibiri y'abatatanye ndabatashya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Jyewe Yakobo umugaragu w'Imana n'Umwami wacu Yezu Kristo, ndabaramukije ab'imiryango cumi n'ibiri batataniye mu mahanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Jyewe Yakobo umugaragu w'Imana n'Umwami wacu Yezu Kristo, ndabaramukije ab'imiryango cumi n'ibiri batataniye mu mahanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Jyewe Yakobo, umugaragu w’Imana n’uwa Nyagasani Yezu Kristu, ku batoranyijwe n’Imana bo mu miryango cumi n’ibiri, batuye mu mahanga, ndabaramutsa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 1:1
41 Iomraidhean Croise  

Nuko Eliya yenda amabuye cumi n'abiri uko umubare w'imiryango ya bene Yakobo wanganaga, ari we ijambo ry'Uwiteka ryagezeho riti “Isirayeli ni ryo ribaye izina ryawe.”


Ubwo batahaga iyo nzu y'Imana, batambye inka ijana n'amasekurume y'intama magana abiri n'abana b'intama magana ane, kandi batambira Abisirayeli bose amasekurume y'ihene cumi n'abiri, uko umubare w'imiryango y'Abisirayeli wari uri, aba igitambo cyo gukuraho ibyaha.


Hanyuma Hamani abwira Umwami Ahasuwerusi ati “Hariho ubwoko bwatatanye bunyanyagira mu mahanga yo mu bihugu utegeka byose. Amategeko yabwo ntahura n'ay'ayandi mahanga kandi ntibumvira amategeko y'umwami, ni cyo gituma nta cyo byunguye umwami kubihanganira.


Mose yandika amagambo y'Uwiteka yose, azinduka kare yubaka igicaniro hasi y'uwo musozi, n'inkingi z'amabuye cumi n'ebyiri zinganya umubare n'imiryango y'Abisirayeli, uko ari cumi n'ibiri.


Ayo mabuye anganye umubare n'amazina y'abana ba Isirayeli, abe cumi n'abiri nk'uko amazina yabo ari, abe ay'imiryango yabo uko ari cumi n'ibiri, izina ry'umuryango ryandikishwe gukeba ku ibuye, bityo bityo nk'uko bakeba ku ibuye rishyiraho ikimenyetso.


Ayo mabuye anganya umubare n'amazina y'abana ba Isirayeli, aba cumi n'abiri nk'uko amazina yabo ari. Aba ay'imiryango uko ari cumi n'ibiri, izina ry'umuryango ryandikishwa gukeba ku ibuye bityo bityo, nk'uko bakeba ku ibuye rishyiraho ikimenyetso.


“Na bo bazamenya yuko ndi Uwiteka, igihe nzabatataniriza mu mahanga nkabateragana mu bihugu.


Namwe nzabatataniriza mu mahanga mbakurikirane nkuye inkota, igihugu cyanyu kizaba amatongo, imidugudu yanyu izaba imisaka.


na Filipo na Barutolomayo, na Toma na Matayo umukoresha w'ikoro, na Yakobo mwene Alufayo, na Tadayo


Mbese harya si we wa mwana w'umubaji? Nyina ntiyitwa Mariya, na bene se si Yakobo na Yosefu na Simoni na Yuda?


Yesu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri yuko mwebwe abankurikiye, mu gihe cyo guhindura byose ngo bibe bishya, ubwo Umwana w'umuntu azicara ku ntebe y'icyubahiro cye, namwe muzicara ku ntebe cumi n'ebyiri, mucire imiryango cumi n'ibiri y'Abisirayeli imanza.


na Andereya na Filipo, na Barutolomayo na Matayo, na Toma na Yakobo mwene Alufayo, na Tadayo na Simoni Zeloti,


kugira ngo muzarye munywe mwegereye ameza yanjye mu bwami bwanjye. Kandi muzicara ku ntebe z'icyubahiro, mucire imanza imiryango cumi n'ibiri y'Abisirayeli.”


na Matayo na Toma na Yakobo mwene Alufayo, na Simoni witwa Zelote


Umuntu nankorera ankurikire, kuko aho ndi n'umugaragu wanjye ari ho azaba. Umuntu nankorera Data azamuha icyubahiro.


Nuko Abayuda baravugana bati “Mbese uyu agiye kujya he, aho tutazamubona? Aho ntagiye kujya mu batataniye mu Bagiriki akaba ari bo yigisha?


Basohoyeyo barurira bajya mu cyumba cyo hejuru, aho Petero na Yohana na Yakobo, na Andereya na Filipo na Toma, na Barutolomayo na Matayo na Yakobo mwene Alufayo, na Simoni Zelote na Yuda mwene Yakobo babaga.


Arabamama, abasobanurira uko Umwami Imana yamukuye mu nzu y'imbohe, arababwira ati “Mubitekerereze Yakobo na bene Data bandi.” Arasohoka ajya ahandi.


Barangije kuvuga Yakobo aravuga ati “Bagabo bene Data, munyumve.


kuko uhereye kera kose Mose afite mu midugudu yose ababwiriza ibye, bisomerwa mu masinagogi ku masabato yose.”


Bandika urwandiko bararubaha, rwanditsemo ngo “Intumwa na bene Data bakuru turabatashya, bene Data bo mu banyamahanga bari muri Antiyokiya n'i Siriya n'i Kilikiya.


Muri Yerusalemu habaga Abayuda b'abaturage b'abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y'ijuru.


Bukeye bwaho Pawulo yinjirana natwe kwa Yakobo, abakuru bose bari bahari.


“Nyakubahwa Feliki, Mutegeka mukuru, jyewe Kilawudiyo Lusiya ndagutashya cyane.


ibyo imiryango yacu cumi n'ibiri yiringira kuzabona, ikorera Imana n'umwete mwinshi ku manywa na nijoro. Kuko ari byo niringira, none Mwami, ni cyo gitumye ndegwa n'Abayuda.


Uhereye uwo munsi hāduka akarengane gakomeye mu Itorero ry'i Yerusalemu, bose batatanira mu bihugu by'i Yudaya n'i Samariya, keretse intumwa.


Pawulo imbata ya Yesu Kristo, wahamagariwe kuba intumwa, kandi watoranirijwe ubutumwa bwiza bw'Imana,


Ariko mu zindi ntumwa nta wundi nabonye, keretse Yakobo mwene nyina w'Umwami Yesu.


kuko intumwa za Yakobo zitaragerayo yasangiraga n'abanyamahanga, ariko zigezeyo ariyufūra, arabanena kuko yatinyaga abakebwe.


Nuko bamaze kumenya ubuntu nahawe, (abo mvuga ni Yakobo na Kefa na Yohana abashimwa ko ari inkingi), badusezeranira jyewe na Barinaba ko bazafatanya natwe, babihamirishije gukorana mu ntoki ngo twebwe tujye mu banyamahanga, na bo bajye mu bakebwe.


Kandi Uwiteka azabatataniriza mu mahanga yose, uhereye ku mpera y'isi ukageza ku yindi mpera yayo, kandi uzakorererayo izindi mana utigeze kumenya, na ba sekuruza banyu batigeze kumenya, z'ibiti n'amabuye.


Uwiteka Imana yawe izagarura abawe bajyanywe ari imbohe, ikubabarire, isubire guteranya abawe ibakuye mu mahanga yose Uwiteka Imana yawe izaba yarabatatanirijemo.


Naravuze nti ‘Mba mbatatanije ngo bajye kure, Nkabatera kutacyibukwa mu bantu.’


Kandi Uwiteka azabatataniriza mu mahanga, muzasigara muri bake mu mahanga Uwiteka azabimuriramo.


Pawulo na Timoteyo imbata za Kristo Yesu, turabandikiye mwebwe abera bo muri Kristo Yesu b'i Filipi bose, hamwe n'abepisikopi n'abadiyakoni.


Gira umwete wo kuza, igihe cy'imbeho kitarasohora. Ewubulo aragutashya, na Pudenti na Lino na Kilawudiya, na bene Data bose.


Pawulo imbata y'Imana n'intumwa ya Yesu Kristo, mbiherewe kwizeza intore z'Imana no kuzimenyesha ubwenge bw'ukuri guhuje no kubaha Imana,


Petero intumwa ya Yesu Kristo, ndabandikiye mwebwe abimukira b'intore bo mu batataniye i Ponto n'i Galatiya, n'i Kapadokiya no muri Asiya n'i Bituniya,


Simoni Petero imbata ya Yesu Kristo n'intumwa ye, ndabandikiye mwebwe abagabanye kwizera kw'igiciro cyinshi guhwanye n'ukwacu, muguheshejwe no gukiranuka kwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu n'Umukiza.


Yuda imbata ya Yesu Kristo kandi mwene se wa Yakobo, ndabandikiye mwebwe abahamagawe, bakundwa kuko muri mu Mana Data wa twese, mukarindirwa Yesu Kristo.


Numva umubare w'abashyizweho ikimenyetso ngo ni agahumbi n'inzovu enye n'ibihumbi bine. Ni bo bashyizweho ikimenyetso bo mu miryango yose y'Abisirayeli.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan