Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 1:3 - Bibiliya Yera

3 Ariko mu bihe yatoranije, yumvikanishije ijambo ryayo ubutumwa nahawe nk'uko Imana Umukiza wacu yategetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Mu gihe kigenwe igaragaza Ubutumwa bwayo, maze inshinga umurimo wo kubutangaza nkurikije itegeko ry'iyo Mana Umukiza wacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Mu gihe kigenwe igaragaza Ubutumwa bwayo, maze inshinga umurimo wo kubutangaza nkurikije itegeko ry'iyo Mana Umukiza wacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 maze amagingo yagennye yagera ikamenyekanya ijambo ryayo ibigirishije iyamamazabutumwa nashinzwe ku bushake bw’Imana Umukiza wacu:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 1:3
39 Iomraidhean Croise  

Dore Imana ni yo gakiza kanjye nzajya niringira ne gutinya, kuko Uwiteka Yehova ari we mbaraga zanjye n'indirimbo yanjye agahinduka agakiza kanjye.”


Mana ya Isirayeli Umukiza, ni ukuri ni wowe Mana yihisha.


Mwamamaze mubyigize hafi bijye inama. Ni nde werekanye ibyo uhereye mu bihe byashize? Ni nde wabibwirije uhereye kera? Si jyewe Uwiteka? Kandi nta yindi mana ibaho itari jye, Imana idaca urwa kibera kandi ikiza, nta yindi ibaho itari jye.


Abo bami bombi imitima yabo izaba iyo gukora ibyaha, bazajya babeshyana bari ku meza amwe ariko imigambi yabo ntizuzura, kuko imperuka izaza mu gihe cyategetswe.


“Igihe ubwo bwami buzaba bwenda gushirira, abanyabyaha bamaze gukabya, umwami w'umunyamwaga umenya ibitamenyekana azima.


“Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n'umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n'ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw'iteka, ibyerekanywe n'ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta.


Kuko ibyerekanywe bifite igihe byategekewe, ntibizatinda kukigeraho kandi ntibizabeshya, naho byatinda ubitegereze, kuko kuza ko bizaza ntibizahera.


“Igihe kirasohoye, ubwami bw'Imana buri hafi. Nuko mwihane, mwemere ubutumwa bwiza.”


Ubutumwa bwiza bukwiriye kubanza kumara kwamamazwa mu mahanga yose.


Arababwira ati “Mujye mu bihugu byose, mwigishe abaremwe bose ubutumwa bwiza.


N'ubugingo bwanjye bwishimiye Imana umukiza wanjye,


Ijambo ry'ubutumwa bwiza bw'amahoro Imana yatumye ku bana ba Isirayeli ivugishije Yesu, ari we Mwami wa bose,


Kandi yaremye amahanga yose y'abantu bakomoka ku muntu umwe, ibakwiza mu isi yose. Ni na yo yashyizeho ibihe by'imyaka ko bikuranwa uko yategetse, igabaniriza abantu ingabano z'aho batuye,


Yampaye amagambo n'imirimo, n'imbaraga z'ibimenyetso bikomeye, n'ibitangaza n'imbaraga z'Umwuka Wera. Ibyo byatumye nsohoza ubutumwa bwiza bwa Kristo, uhereye i Yerusalemu, ukazenguruka ukagera muri Iluriko.


Imana ibasha kubakomeresha ubutumwa bwiza no kubwiriza ko ibya Yesu Kristo nababwirije bihuza n'ibanga ryahishwe uhereye kera kose,


ariko noneho rikaba rihishuwe ku bw'itegeko ry'Imana ihoraho, kugira ngo ibyanditswe n'abahanuzi bimenyeshwe n'abanyamahanga, bibayobore inzira yo kumvira no kwizera.


Tukiri abanyantegenke, mu gihe gikwiriye Kristo yapfiriye abanyabyaha.


Iyo mbikora mbikunze ndagororerwa, ariko iyo mbikora ngononwa mbitewe gusa n'uko mpawe ubusonga,


Maze igihe gikwiriye gisohoye Imana yohereza Umwana wayo wabyawe n'umugore, kandi wavutse atwarwa n'amategeko


kugira ngo ibihe nibisohora ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi.


Yaraje ababwira ubutumwa bwiza bw'amahoro mwebwe abāri kure, kandi abāri bugufi na bo ababwira iby'amahoro,


kuko byamenyekanye mu basirikare barinda Kayisari bose no mu bandi bose, yuko ari ku bwa Yesu naboshywe.


niba muguma mu byo twizera mwubatswe neza ku rufatiro, mutanyeganyega kandi mutimurwa ngo muvanwe mu byiringiro biheshwa n'ubutumwa mwumvise, bwabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y'ijuru, ari bwo jyewe Pawulo nahindukiye umubwiriza wabwo.


bwabagezeho namwe, nk'uko bwageze no mu isi yose bukera imbuto bugakura, nk'uko no muri mwe bwazeze uhereye wa munsi mwumviyemo mukamenya ubuntu bw'Imana by'ukuri,


ahubwo nk'uko Imana yatwemereye kugira ngo tube abo guhabwa ubutumwa bwiza, ni ko tubuvuga. Ntituvuga nk'abashaka kunezeza abantu, keretse Imana igerageza imitima yacu.


Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu, ku bw'itegeko ry'Imana Umukiza wacu na Kristo Yesu ari we byiringiro byacu,


zihuje n'ubutumwa bwiza bw'ubwiza bw'Imana ihimbazwa, ubwo nahawe.


Ibyo ni byo byiza byemerwa imbere y'Imana Umukiza wacu,


kuko igituma tugoka tukarwana ari uko twiringiye Imana ihoraho, ari yo Mukiza w'abantu bose ariko cyane cyane w'abizera.


Nyamara Umwami wacu yarampagarikiye arankomeza, kugira ngo ubutumwa bubwirizwe n'akanwa kanjye butagabanije, abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkira akanwa k'intare.


batiba, ahubwo bakiranuke neza rwose kugira ngo muri byose bizihize inyigisho z'Imana Umukiza wacu.


dutegereje ibyiringiro by'umugisha, ari byo kuzaboneka k'ubwiza bwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu ikomeye n'Umukiza


Nuko uwicaye ku gicu yahura umuhoro we mu isi, isi irasarurwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan