Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:18 - Bibiliya Yera

18 Kandi ab'inzu ya Yakobo bazaba umuriro, n'ab'inzu ya Yosefu babe ikirimi cyawo, n'ab'inzu ya Esawu bazaba nk'umurama, bazabatwika bakongoke, ndetse ab'iyo nzu nta wuzasigara, kuko byavuzwe n'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Abakomoka kuri Yakobo bazamera nk'umuriro, abakomoka kuri Yozefu bazamera nk'ibirimi byawo, naho abakomoka kuri Ezawu bazamera nk'umurama, bazatwikwa bakongoke, ntihazasigara n'uwo kubara inkuru.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Abakomoka kuri Yakobo bazamera nk'umuriro, abakomoka kuri Yozefu bazamera nk'ibirimi byawo, naho abakomoka kuri Ezawu bazamera nk'umurama, bazatwikwa bakongoke, ntihazasigara n'uwo kubara inkuru.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Nuko bene Yakobo bazahinduke nk’umuriro, bene Yozefu babe nk’ikirimi cy’umuriro, naho bene Ezawu bazahinduke umurama! Iyo miriro yombi izabatwika maze bakongoke, ku buryo nta n’umwe uzacika ku icumu wo kwa Ezawu. Ng’uko uko Uhoraho avuze!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:18
23 Iomraidhean Croise  

Abwira umwami ati “Mwami nyagasani, we kumbaraho gukiranirwa, kandi we kwibuka ibyo umugaragu wawe nakoranye ubugome, umunsi waviriye i Yerusalemu, ngo bikubabaze mu mutima,


Nuko abantu bakwizwa mu gihugu cya Egiputa cyose no kwishakira ibitsinsi by'inganagano mu cyimbo cy'inganagano.


Umucyo wa Isirayeli uzaba umuriro, kandi Uwera we azaba ikirimi, bazatwika bamareho imifatangwe n'amahwa bye umunsi umwe.


Igitare cye kizakurwaho no kwishisha, kandi abatware bazihebeshwa n'ibendera.” Ni ko Uwiteka avuga ufite umuriro we i Siyoni, akagira ikome rye muri Yerusalemu.


“Dore bazamera nk'ibishingwe umuriro ubatwike, ntibazikiza imbaraga z'ibirimi byawo. Uwo muriro ntuzaba amakara yo kotwa, cyangwa icyotero cyo kwicarwa iruhande.


Nuko rero nk'uko ibirimi by'umuriro bikongora ibitsinsi, kandi nk'uko ubwatsi bwumye buhwama mu muriro, ni ko igishyitsi cyabo kizaba ikibore, n'uburabyo buzuma butumuke nk'umukungugu, kuko banze amategeko y'Uwiteka Nyiringabo, bagahinyura ijambo ry'Uwera wa Isirayeli.


Uburakari bw'Uwiteka Nyiringabo ni bwo butumye igihugu gikongoka abantu bakamera nk'inkwi zicana umuriro, nta wubabarira mwene se.


Umuntu azahubuza ibyokurya iburyo bwe ariko agumye asonze, azarya n'iby'ibumoso na bwo ye guhaga. Umuntu wese azarya inyama yo ku kuboko kwe.


kandi ntihazagira urokoka wo muri bo kuko nzateza abantu bo mu Anatoti ibyago, mu mwaka bazahanirwamo.”


“Nuko mwana w'umuntu, wishakire inkoni maze uyandikeho uti ‘Ni iya Yuda, n'iy'Abisirayeli bagenzi be.’ Maze ushake indi nkoni uyandikeho uti ‘Ni iya Yosefu, inkoni ya Efurayimu n'iy'inzu y'Abisirayeli bose bagenzi be.’


Uzababwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kwenda inkoni ya Yosefu iri mu kuboko kwa Efurayimu, n'imiryango y'Abisirayeli bagenzi be, maze mbashyire hamwe n'inkoni ya Yuda mbagire inkoni imwe, babe umwe mu kuboko kwanjye.’


Gusimbuka kwabo kumeze nko guhurura kw'amagare y'intambara ari mu mpinga z'imisozi, nko kugurumana nk'ibirimi by'umuriro bikongora ibishakashaka, nk'ubwoko bukomeye iyo bugabwe mu ntambara.


Nzatsembaho abatuye muri Ashidodi, kandi n'uwitwaje umuringiso w'inkoni y'ubwami wo muri Ashikeloni. Nzahindura ukuboko kwanjye ntere Ekuroni, ni bwo abasigaye bo mu Bafilisitiya bazarimbuka.” Ni ko Umwami Imana ivuga.


Mwange ibibi mukunde ibyiza, mukomeze imanza zitabera mucira ku irembo, ahari aho Uwiteka Imana Nyiringabo izagirira imbabazi abasigaye b'inzu ya Yosefu.”


bakanywera vino mu nzuho, bakihezura imbiribiri, ariko ntibababazwe n'ibyago bya Yosefu.


Uko mwanywereye ku musozi wanjye wera, ni ko abanyamahanga bose bazajya banywa iteka. Ni ukuri bazanywa bagotomere, kandi bazamera nk'abatigeze kubaho.


Ukuboko kwawe kuramburirwe ku banzi bawe, ababisha bawe bose bacibwe.


Kuko na bo bamera nk'amahwa asobekeranye cyangwa nk'abinamye mu nzoga zabo, bazatwikwa nk'ibikūri byumye.


“Uwo munsi abatware b'u Buyuda nzabahindura nk'urujyo ruriho umuriro bashyira mu nkwi, cyangwa ifumba bashyize mu miba y'ingano. Bazakongora amahanga yose abakikije iburyo n'ibumoso, kandi bazabona i Yerusalemu hongeye kubakwa aho hahoze.


Ariko umuntu niyubaka kuri urwo rufatiro izahabu cyangwa ifeza, cyangwa amabuye y'igiciro cyinshi cyangwa ibiti, cyangwa ibyatsi cyangwa ibikenyeri,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan