Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:15 - Bibiliya Yera

15 “Kuko umunsi w'Uwiteka uri hafi uziye amahanga yose, uko wagenje ni ko uzagenzwa, ibyo wagize bizagusubira ku mutwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Uhoraho aravuga ati: “Umunsi nzacira amahanga yose imanza uregereje, uko mwagenje ni ko muzagenzerezwa, ibibi mwakoze bizabagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Uhoraho aravuga ati: “Umunsi nzacira amahanga yose imanza uregereje, uko mwagenje ni ko muzagenzerezwa, ibibi mwakoze bizabagaruka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 Ni koko, umunsi w’Uhoraho uregereje, umunsi wo kurimbura amahanga yose! Uko wagenjeje nawe ni ko uzagenzerezwa, ibikorwa byawe birakugaruke!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:15
28 Iomraidhean Croise  

Ariko ijambo rigeze ku mwami, umwami atuma inzandiko zo gutegeka yuko ubugambanyi bwe yagambaniye Abayuda bumugaruka, kandi ngo ubwe n'abahungu be bamanikwe ku giti.


“Ubwo ibihe bidahishwa Ishoborabyose, Ni iki gituma abayizi batareba iminsi yayo?


Wa mukobwa w'i Babuloni we, utazabura kurimburwa, Hazahirwa uzakwitura ibihwanye n'ibyo watugiriye.


Umunyabyaha azafatwa no gukiranirwa kwe, Kandi azakomezwa n'ingoyi z'icyaha cye.


Uku ni ko Uwiteka aburira abaturanyi banjye babi, bakoze ku mwandu naraze ubwoko bwanjye Isirayeli ati “Dore ngiye kubaca mu gihugu cyabo, inzu ya Yuda na yo nzayibakuramo.


Kuko Uwiteka avuga ngo “Dore abatari bakwiriye kunywera kuri icyo gikombe ni ukuri bazakinyweraho. Mbese harya ni wowe wagenda udahanwe? Ntuzagenda udahanwe, ahubwo uzakinyweraho ni ukuri.


Nimuhamagare abarashi batere i Babuloni, abafozi b'imiheto bose. Muteze urugamba muhagote ntihagire n'umwe waho usimbuka, muhiture ibihwanye n'imirimo yaho, uko hagenje kose abe ari ko muhagenzereza, kuko hagize ubwibone hagasuzugura Uwiteka, Uwera wa Isirayeli.


kuko umurimbuzi ageze i Babuloni, kandi intwari zaho zirafashwe, n'imiheto yabo iravunaguritse kuko Uwiteka ari Imana yitūra, ni ukuri izitūra.


Kuko umunsi ugeze bugufi, ni ukuri umunsi w'Uwiteka uri hafi, uzaba umunsi w'ibicu, ube igihe cy'abanyamahanga.


Ni cyo gitumye nirahirira yuko nzagenza nk'uko uburakari bwanjye buri, nguhoye ishyari wabagiriye ry'urwango wabangaga, kandi nzabimenyesha mu gihe nzabaciraho iteka.


Uko wishimye yuko gakondo yanyu y'inzu ya Isirayeli ibaye umwirare ni ko nzakugenzereza, nawe uzaba umwirare wa musozi wa Seyiri we, ndetse na Edomu yose. maze bazamenye yuko ndi Uwiteka.’ ”


Tubonye ishyano, kuko umunsi w'Uwiteka ugeze hafi, uzaza ari uwo kurimbura kuvuye ku Ishoborabyose!


Nimuvugirize impanda i Siyoni, muvugirize induru ku musozi wanjye wera, abatuye mu gihugu bose bahinde umushyitsi kuko umunsi w'Uwiteka uje, ugeze hafi


Uwiteka arangurura ijwi imbere y'ingabo ze, urugerero rwe ni runini cyane. Uwo usohoza ijambo rye arakomeye, kandi umunsi w'Uwiteka ni mukuru uteye ubwoba cyane. Ni nde wabasha kuwihanganira?


“Muzabona ishyano mwa bifuza umunsi w'Uwiteka mwe! Mbese uwo munsi w'Uwiteka murawushakira iki? Uzaba ari umwijima, si umucyo.


Mbese umunsi w'Uwiteka ntuzaba ari umwijima atari umucyo, ndetse ari umwijima w'icuraburindi utagira icyezezi?


Ubwo wanyaze amahanga menshi, amoko yose yasigaye nawe azakunyaga aguhoye amaraso y'abantu n'urugomo igihugu cyagiriwe, n'umurwa n'abawutuyemo bose.


kuko urubanza muca ari rwo muzacirwa namwe, urugero mugeramo ari rwo muzagererwamo namwe.


kuko utagira imbabazi atazababarirwa mu rubanza, nyamara imbabazi ziruta urubanza zikarwishima hejuru.


Adonibezeki aravuga ati “Abami mirongo irindwi baciwe ibikumwe n'amano manini, bajyaga batoragura ibyokurya munsi y'ameza yanjye, uko nabagize ni ko Uwiteka anyituye.” Nuko bamuzana i Yerusalemu, agwayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan